Urubyiruko runywa inzoga nyinshi rwibasiwe n’uburwayi bwo mutwe

Urubyiruko ruri mu byiciro bitandukanye by’abanyarwanda byibasiwe n’Uburwayi bwo mu mutwe buterwa no kunywa inzoga nyinshi bigatuma ubuzima bwabo n’iterambere muri rusange bidindira.

Dr. Ndacyayisenga Dynamo Umuyobozi ushinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge muri RBC, aho yasobanuraga uko urubyiruko ruhagaze muri ikigihe mu gukoresha ibiyobyabwenge

Nkurunziza Jean Jacques ufite imyaka  23 y’amavuko ko yari imbata y’inzoga kandi zamugizeho ingaruka nyinshi zirimo kutarangiza amashuri ye ndetse no guhora yigunze adashaka kwegera abandi.

Nkurunziza ni umwe mu baturage batuye Akarere Ka Bugesera, urubyiruko runywa inzoga  muri aka karere rukaba ruri hagati y’imyaka 15-25 aho usanga rwibasiwe n’uburwayi bwo  mu mutwe

 Yagize  ati”Natangiye kunywa inzoga mfite imyaka 15 niga mu mashuri yisumbuye kubera bagenzi bange twiganaga  ubwo nari ngeze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri asoza icyiciro cya kabiri naratsinzwe  bimviramo kubura  impamyabumenyi , ndetse na bamwe mu bo twagendanaga ni uko byabagendekeye.”

Nkurunziza avuga ko yakomeje kwitekerazaho akabona ko ataranywa inzoga yagiraga umurava yewe akanatsina.

Nkurunziza ahamya ko  mu myaka  itatu yanyweyemo inzoga zamwangirije igihe kandi zikamutera igikomere  n’ipfunwe aho yarasigaye ataha mu kiruhuko akanga gusangira n’umuryango  no kubarebana mu maso kuko yari yuzuye inkovu  ku mubiri bityo akumva ntawamubona kumanywa.

Kuri ubu, Nkurunziza arashima Imana ko amaze imyaka itatu aretse inzoga  akaba abikesha umuntu wamugiriye inama yo guhindura inshuti.

Mukakabano Ange, Umuturage w’intarama  mu Karere ka Bugesera  nawe yagarutse k’urubyiruko runywa  inzoga aho yagize Ati.”Mfite abana bane b’abahungu ariko babiri muri bo bafata  ku musemburo w’inzoga  bagataha basinze barwana ugasanga babujije  abaturanyi umutekano,”

Akomeza avuga ko yabaye igisebo  kubera abahungu be kandi ko akenshi usinga mu mudugudu batuyemo bakunda kugaruka kumuryango we ndetse n’igihe cy’umuganda  bawuganiraho.

Ati “ Ibi bikambabaza  cyane  nagiye no kwihisha mu barokore naho byaranze nirirwa mu misozi nagiye kubasengera ngo ndebe ko bahinduka ariko byaranze,”

Dr. Ndacyayisenga Dynamo Umuyobozi ushinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge muri RBC yabwiye abanyamakuru bitabiriye amahugurwa  bandika inkuru z’ubuzima bibumbiye mw’ishyirahamwe ry’Abasirwa aho yerekanye imibare mi nini y’urubyiruko  rwabaswe no kunywa ibiyobyambwenge aho inzoga ziza ku mwanya wa mbere.

Dr. Ndacyayisenga Dynamo Umuyobozi ushinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge muri RBC

Yagarutse ku mateka yaranze u Rwanda mbere  ya Jonoside yakorewe  Abatutsi  mu 1994 aho yagize  Ati ” Ubuzima bwo  mu mutwe ni isomo rishyashya rititaweho mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi”  hari  ikigo cy’indera gusa, abarwaye bose bafite ibibazo byo mu mutwe  hari hashyizweho gahunda zo  kubatwarayo  bakavurirwayo,”

Akomeza agira ati “ Nyuma ya Yonoside yakorewe Abatutsi muri1994 hagaragaye abantu benshi bafite ihungabana  biba ngombwa ko leta igenda yubaka ibigo byinshi  kuko baje gusanga hari n’abitera imiti cyangwa bakanywa inzoga nabo bashyira mu kaga  ubuzima bwabo  aho usanga abatangiye kunywa inzoga  bari kukigero  k’imyaka 12-25 y’amavuko baba baratangiye gusomaho.”

Dr. Ndacyayisenga avuga ko abatanywa inzoga usanga bari  kukigero 43,9% naho abatarasomyeho na rimwe bakaba ari 31,6% mu gihe ababaye imbata zayo bakaba bari ku kigero cya 3,6% abari mu mujyi wa Kigali bari ku kigero cya 22,8%.

MU Rwanda hari ibibazo by’indwara zo mu mutwe bikomeye cyane abafite ibibazo byo mu mutwe barenga 11%. Ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi usanga indwara zo mu mutwe ziri kuri 27%. Muri rusange ubushakashatsi bwa RBC bugaragaza ko umuntu umwe muri batanu (1/5) by’abanyarwanda aba afite ibibazo byo mu mutwe.

By: Uwamaliya Florence 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *