Mu Karere Ka Rusizi, Umurenge wa Kamembe, mu bikorwa byo gutegura aho bazatorera, bazirikanye ababyeyi bafite abana bato babategurira ibyumba bashobora konkerezamo ndetse babategurira n’amata n’igikoma.
Uwimana Asia, umujyanama w’ubuzima mu Kagali Ka Kamashangi avuga ko mu myaka 12 amaze ari umujyanama batari barigeze bakora igikorwa nk’iki cyo kwibuka gushyiriraho ibyumba abantu bafite intege nke ndetse n’ababyeyi bonsa.
Uwimana yakomeje agira ati. “Si ibyo gusa kandi twateguye n’ikindi cyumba cy’abakobwa ku buryo abaye aje hano kuri site y’itora akumva ntameze neza, twamuha icyumba yaba ari kuruhukiramo yewe tukamuha n’ibikoresho by’isuku nka cotex, isume n’imyenda yo guhindura mu gihe indi yaba yanduye.”
Yongeyeho ko bafite n’umuganga wo kureba abagize ibindi bibazo kuburyo ashobora kumuha ubuvuzi bw’ibanze.
Umuyobozi wa site y’itora ya Kamashangi, Mbarushimana Abdulla-Saidi, yavuze ko bategura site yo gutoreraho bakoze ku buryo buri muntu wese ashobora gusa agatora nta mbogamizi.
Abantu ibihumbi 7 na 332 nibo bari bitezwe ko bari butorere Kuri site ya Kamashangi, gusa nyuma haje kwiyongeraho abandi nubwo mugitondo hari abarenga 150 basubijweyo.
Hari kandi n’umukecuru witwa Kabera Nazaliya, wangiwe gutora kubera ko yari abaruye ahandi.
Nazaliya Kabera Ati. “Nazindutse ngera kuri site y’itora ariko sinabonye amahirwe yo kwitorera umuyobozi kuko ntagiye kwiyimura kuri liste y’itora nsanga byararangiye, niko kuza nziko ndibutorere ku mugereka ariko byanze.”
Akagali Ka Kamushange gafite imidugudu 11, akaba ari nako buri mudugudu warufite icyumba cyawo.
15 Nyakanga 2024 ni umunsi udasanzwe kubanyarwanda Bose bari mugihugu aho bitoreye umukuru w’igihugu ndetse n’abadepite.
Mukarere ka bugesera umurenge wa mayange kuri site y’ikigo cyamashuri cya mayange B abaturage bazindutse kare bafite akanyamuneza bitorera perezida ndetse naba depite.
Abaturage bo mu Karere Ka Rusizi mu Murenge wa Nkombo, Bamwe muri bo ntibazi abakandida uko bayimamaje ndetse n’myanya bahatanira.
Nyiraminani Rachel afite imyaka 24, akaba atuye mu Murenge wa Nkombo Akagali Ka Bwoga, bwo yaganiraga na Imena yavuzeko nta mukandida azi usibye uwishyaka rya FPR Inkotanyi, ariko akanaba aziko hari nuwitwa Phillip Mpayimana, kuko yigeze kuza ku nkombo mu bikorwa byo kwiyamamaza ariko akaba atazi ngo n’umukandida kuwuhe myanya.
Umuyobozi Nshigwabikorwa w’ Umurenge wa Nkombo, Ndagijimana Damien, akomoza ku kuba abaturage bamwe na bamwe batazi neza abakandida biyamamaje, yavuzeko ibyo Atari ikibazo kireba ubuyobozi bw’umurenge kuko bo nta hantu bahurira n’amashyaka.
Je suis très excitée parce que je vais voter pour la première fois, lundi je suis en retard”, dit Sylvia Umutoni, tenant son téléphone dans sa main gauche, elle commence immédiatement à le regarder et lève le pouce pour voir ce qu’il y a. nouveau pendant que je lui pose la prochaine question.
Mutoni, 20 ans, fait partie des deux millions de personnes qui vont voter pour la première fois aux élections générales de lundi, où 9 millions de personnes voteront, dont 42% de jeunes, soit le plus grand nombre dans l’histoire du Rwanda.
Des campagnes se sont déroulées dans tout le pays ces dernières semaines, mais cette année, il y a quelque chose de différent qu’auparavant, à savoir l’utilisation des téléphones portables et des réseaux sociaux par les jeunes pour les élections et la publicité.
Les médias sociaux sont une arme puissante à l’ère d’aujourd’hui, les jeunes du Kenya qui appartiennent au groupe Génération Z (Gen-Z) ont récemment utilisé leurs « téléphones » et les médias sociaux pour se connecter et inciter le gouvernement à opérer de grands changements. Cela se produit maintenant.
Au Rwanda, les jeunes et les militants “utilisent les médias sociaux d’une manière sans précédent comme outil pour fournir des informations”, lors des élections, ce qui “fait une grande différence par rapport aux élections précédentes “, selon des analyses politiques.
La Commission électorale nationale a également largement utilisé les médias sociaux et un langage que les jeunes comprennent, pour transmettre le message des programmes électoraux, ce qui a rendu les jeunes plus conscients d’eux-mêmes lors de ces élections, selon Eric Ndushabandi, un responsable des élections. Chercheur et expert en politique, dit-il.
Ndushabandi a déclaré que.”Les jeunes d’aujourd’hui ont accès à la technologie et aux médias sociaux, ce qui leur permet de voir ce qui se passe ailleurs, et cela a accru leur participation à la politique davantage que lors des élections précédentes.”
In Rwanda, the campaign for the legislative and presidential elections on Monday July 15 is coming to an end. President Paul Kagame, in power for 24 years, is holding his last major political rally in Kigali this Saturday. Two other candidates are in the race against him: the independent Philippe Mpayimana and the deputy of the Democratic Green Party, Franck Habineza. This Friday, he was campaigning in the Burera district, close to the Ugandan border, in the north of the country.
A painting representing the eagle, a symbol of the Democratic Green Party, is placed at the foot of a modest platform. Microphone in hand, Frank Habineza unfolds his program in front of a hundred curious people.
“We are going to create a reparations fund, which will be used as compensation for people who were wrongfully arrested and then judged innocent. And if you give us a chance, it will be retroactive over two years. »
In the event of victory, Frank Habineza also promises to provide more inputs to farmers or to initiate a reform of land ownership in Rwanda.
Despite the low turnout, the opposition candidate’s campaign went well according to Athanasie Mukeshimana, who heads the women of the Green Party:
“Some activists were prevented from participating in our rally in Ngoma, but otherwise everything went very well. I have confidence in our victory! When you join an opposition party, people sometimes think you are making a mistake. So I was afraid of having problems, but that wasn’t the case. »
But the chances of winning remain slim. In 2017, Frank Habineza obtained less than 0.5% of the vote, compared to more than 98% for President Paul Kagame and Gaspard has not forgotten this.
“No one can replace Paul Kagame, because he fought for this country, liberated it and gave it a vision. All those who come after him are his subordinates. Maybe when he gets old, someone like Frank Habineza can replace him. But as long as he remains strong, Rwanda is counting on him.”
In his speeches, Frank Habineza does not fail to recall that his entry into Parliament in 2018 allowed his party to influence certain political orientations in Rwanda.
While Rwandans are waiting to vote for the president of the republic on July 15, 2024, the campaign continues until July 13, on the 14th, people will rest and on the 15th they will turn to the election.
Dr. Frank Habineza from Green Party
During his campaign in Bugesera and Kicukiro District, the Green Party Presidential Candidate, Dr. Frank Habineza said that he will create a special budget to help the people get enough clean water.
In Bugesera District, the Green Party campaigned in Juru Sector, near the area where the airport is being built, while in Kicukiro District, Frank Habineza and the Green Party deputy candidates campaigned in the commercial area. that in the Gahanga Sector, where Green Party activists say they had a special participation.
Paul Kagame From RPF Inkotanyi
The candidate of RPF Inkotanyi, Paul Kagame, campaigned in Nyagatare District, stressing that he does not want Rwandans to flee their country again but should go abroad of their own choice.
This is the message he gave this Sunday, July 7, 2024, when Paul Kagame campaigned at Nsheke Site in Nyagatare District.
He reminded the participants of the activities to understand his intentions and intentions that Nyagatare has the distinction of being the gateway to escape from a bad regime but also the entrance of the RPA Forces that liberated the country in the movement that started on October 1, 1990.
The Chairman of the RPF Inkotanyi, Paul Kagame, said that although history shows that there were times when people were wrong, that every Rwandan must live in safety.
He said, “What we have heard about history and so on, let me have history and tell you. Don’t you know that they told you that this area is where people entered in 1990, it is where people entered that we will come to liberate our country. It’s not just where we came in, some of us are also where we came out.”
“Some of us are going to be refugees, at that time we were children, others were taken by the hand or betrayed, where we crossed, we are going to be refugees in the neighboring country also in this region. Do you understand that history? Where we left is where we entered.”
Paul Kagame said that when they lived in the refugee camp, people did not believe that they would live.
Philippe Mpayimana ,Independent Candidat
The independent candidate for the position of the President of the Republic, Mpayimana Philippe, ran in the Rubavu and Nyabihu Districts, among his goals and objectives focused on increasing fish production, community development and creating ways for Rwandans living abroad to participate in the governance of the country. Country.
In the town of Rubavu on the site of Gisenyi, the independent candidate for the position of the President of the Republic, Mpayimana Philippe ran before noon.
The supreme commander in Chief of RDF says that liberation begins when the sound of gunfire is completely silenced or reduced and the Peace Stadium, where the 30th Independence Day celebrations were held.
On Thursday, July 4, 2024, the President of the Republic and Commander-in-Chief of the Rwandan Armed Forces, Paul Kagame says that the image of this operation has been updated in a way that is suitable for the eye and clearly shows how the country is rebuilding.
It was after the military coup that consisted of 12 days led by Brig.Gen Mutembe Frank, in his public address in few words, President Paul Kagame thanked the RPA/Inkotanyi forces for liberating Rwanda and especially those who lost their lives.
He said, “The struggle for independence is not an accident that happened to us, because it was important, since it was not easy, but the RPA forces worked professionally and humanely in saving people, but all this was based on the tradition we had and we believed that it is a strong pillar that we have to accept in Rwanda .”
President Kagame continues to say that until today, Rwanda knows the value of peace and where it is needed for reasonable reasons, he does not give it and he asks all those who want to cooperate with Rwandans to come but interfere in what is not allowed.
He said, “We learned a great lesson that we should stand up and solve problems because if it didn’t happen, we would always be under the United Nations, that’s why we will continue to strive for peace in Rwanda no matter what happens, no matter what the cost.”
He emphasizes that the RPF/Inkotanyi has always wanted to build a country where every Rwandan can find himself, and he takes the opportunity to ask the youth, especially those born after 1994 and a little before, to improve the achievements.
He gave a great deal of time and value to this topic, saying: “Young people, you must prepare to serve your country to make it better, but it is important to be a fighter.”
On the theme of “Rwanda’s Journey continues” in Kinyarwanda, it means that Rwanda is determined to continue, President Kagame says that when the noise of gunfire stops or decreases, then the liberation journey begins.
President Kagame said, “We are finishing the first 100 days of commemoration of the Genocide against the Tutsis in 1994, we are also commemorating 30 years since our liberation, but now Rwanda is in a state that has never been seen before, I remember clearly that here {Amahoro Stadium} was a shelter for refugees “The Tutsis were running to the outskirts of the city to save their lives.”
workers of the New Bugarama Mining Company located in the Kagogo sector in Burera District app The reciate the measures taken to protect them from the spread of the HIV virus.
New Bugarama Mining Company employs between nine hundred and fifty thousand workers, and their workplaces are located in the vicinity of a busy street mainly due to other road workers.
The large number of people living and working in the area also increases the risk of HIV infection and other sexually transmitted diseases.
Despite these concerns, they appreciate the help they receive in preventing new HIV infections and sexually transmitted diseases because they are given advice on how to prevent these diseases and the spread of new infections. In addition to the advice they receive, there is also a plan to put condoms in the company where every employee can take them secretly in case of need and for free.
Mwiza Angelique is a worker in this mining company, and she is one of those who are proud of the way to prevent HIV infection. He said, “There are more than a thousand workers who work for daily wages, the fact that it is characterized by prostitution is not a secret because there are also girls and businesswomen who come from other areas because it is hot here. Since we are next to the health center, they often come to train us and talk to us about how to prevent the AIDS virus.
Another employee who works in this center said: We have people from the health center who come here to check us for HIV infection and other non-infectious diseases. They advise the person who is infected to avoid further spreading the infection, and they advise him to go to the doctor and take the appropriate medicine and follow him up.”
The head of Gitare health center, Urimubenshi Francois Xavier, says that they are working closely with the mining company and the community in general in order to prevent the spread of HIV infection.
He said: “Those who dig precious stones in Bugarama mining, we work closely together. We have many services that we meet, and we talk to them whether it’s about HIV or tuberculosis, we help them get condoms as protection.”
Urimubenshi continued to say that in this area, no one can say that the AIDS virus has been eradicated at the rate of 100 percent. He said that there is no one here who can say that the new infection has been completely eradicated, but in cooperation with other agencies, we continue to encourage people to get tested and if we find that they are infected, we help them. He started medication and we gave him advice on how to behave.
The director of Gitare Health Center says that they have 179 people with HIV infection of different categories and that they are not being treated properly.
In the latest report by the Ministry of Health in Rwanda, it shows that regions like Burera, Gakenke, Nyabihu, Nyagatare, Kamonyi, Nyamasheke, Huye, Kayonza, Ngoma, and Kirehe have an HIV infection rate between 1.58% and 2.11%.
Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zigaragaza indwara y’igituntu nk’imwe mu ndwara zihangayikishije, nubwo imibare y’abakirwara itarimo kwiyongera cyane ugereranyije n’imyaka yatambutse.
Abaturage ndetse n’inzego z’ubuzima bishimira ko imyumvire ku ndwara y’igituntu yahindutse, abantu batakibifata nk’amarozi ahubwo basigaye bihutira kugana inzego z’ubuzima no gufata imiti neza. Ibi ngo bikaba byaragize uruhare mu kugabanuka kwacyo.
Mukankusi Marina wo mu kagali ka Ruhengeri, umudugudu wa Buhoro, twamusanze ku kigo nderabuzima cya Muhoza yaje gufata shisha kibondo. We avuga ko nta bumenyi bwinshi afite ku gituntu. Ariko akavuga ko hari abajyaga kwivuza mu bavuzi gakondo aho kujya kwa muganga , ati “bene aba bamwe binabaviramo gupfa”. Nyirandorinziza Chantal avuga ko umugabo we bamaranye imyaka 17 yigeze kurwara igituntu biturutse ku mvune z’imizigo iremereye yajyaga yikorera akiri umusore. Ati “Byatangiye ari umugabo akorora, byanze gukira ajya kwa muganga basanga ibihaha byarangiritse ndetse afite igituntu cy’igikatu. Gusa yaravuwe arakira ubu ni muzima”. Akomeza agaragaza ko igituntu ari indwara ivurwa igakira kuko umugabo we nubwo yari arembye yamufasjije kujya kwa muganga ndetse akamufasha kumufatira imiti kwa muganga akanamwibutsa kuyinywera igihe.
Umwe mu bajyanama b’ubuzima twaganiriye yatubwiye ko bahuguwe mu gutanga ubutabazi bw’ibanze ku ndwara zandura n’izitandura. Agira Ati “Ku byerekeye igituntu, iyo tumenye kon umuntu ufite inkorora ikamara ibyumweru 3, tumwihutisha kwa muganga bityo agasuzumwa neza. Iyo basanze yaranduye, ahabwa imiti natwe tukajya tumukurikiranira hafi uko ayifata ndetse yaba atanafite imbaraga tukayimufatira tukayimusangisha mu rugo”.
Ibi byashimangiwe n’Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Muhoza, Mbarushimana Emmanuel. Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru bibumbiye muri ABASIRWA, yavuze ko hagiye hafatwa ingamba zo kurwanya igituntu harimo kwisuzumisha no gufata imiti nk’uko bikwiriye bigizwemo uruhare n’ubukangurambaga bukorwa n’inzego z’ubuzima n’abajyanama b’ubuzima. Yagize ati “Ubusanzwe hano mu kigo nderabuzima cya Muhoza dukurikirana abarwayi 36 bafite igituntu, harimo bane bari bafite icy’igikatu boherejwe ku bitaro bya Kabutare bafite ubuhanga mu kuvura igituntu cy’igikatu”. Avuga ko abo bandi bavurwa bataha imiti bakayifatira mu ngo zabo. Mbarushimana Emmanuel akomeza avuga ko igituntu cyagabanutse ku kigero gishimishije nubwo kikigaragara, agashima ko abaturage bagenda bagira imyumvire yo kucyivuza kare no gufata imiti neza babifashijwemo n’ubujyanama butangwa n’abajyanama b’ubuzima.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), igaragaza ko abarwaye iyo ndwara biyongereyeho hafi 4,000 mu gihe cy’umwaka, kubera ko bavuye ku 5,538 bariho muri 2021/2022, bagera 9,417 muri 2022/2023. Bivuze ko biyongereyeho 3879, naho mu mwaka wawubanjirije wa 2020/2021 bari 5435. Muri iyi mibare abibasiwe cyane ni abatuye mu Ntara y’Iburasirazuba, kubera ko mu bantu 9,417 bagaragayeho igituntu muri 2022/2023, abagera 3,713 ari ab’Iburasirazuba. Abagaragaweho n’iyo ndwara mu Mujyi wa Kigali bari 2,239, mu Majyepfo hari hagaragaye 1682, Iburengerazuba bari 1,114, mu gihe mu ntara y’Amajyaruguru ari ho hagaragaye bake kuko ari 669.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata abaturarage ntibavuga rumwe ku gufata inguzanyo zabateza imbere bisunze amabanki, kuko hari bamwe baba babona bayisunze bikarangira umutungo wabo utejwe cyamunara igihe cyo kwishyura kitaragera.
Uwihirwe Fabiolla ni umwe mu batuye mu Murenge wa Gatsata mu Kagali ka Nyamugali Umudugudu wa Kamwongozi ni umwe mu baterejwe cyamunara igihe kitaragera.
Uwihirwe Fabiola, Umucuruzi watse inguzanyo bikarangira aguye mu gihombo
Uwihirwe Fabiolla ni umwe mu batuye mu Murenge wa Gatsata mu Kagali ka Nyamugali Umudugudu wa Kamwongozi ni umwe mu baterejwe cyamunara igihe kitaragera.
Yagarutse ku nguzanyo amabanki atanga avugako bya mugoye kuyibona naho ayiboneye bimuteza igihombo atari yiteze abitewe na banki.
Uwihirwe akomeza agaragaza akarengane yakorewe na Atlantic Micro finance iherereye Kimironko mu Karere ka Gasabo aho yafashe umwanzuro wo ku mutereza ibye igihe kitaragera kandi yari yaberetse impamvu atashoboye kwishyura neza.
Yabamenyesha mu nyandiko ko yari afunzwe muri gereza nabo ngo bakaza kumusura bumvikanye ko nasohoka azahita ayashaka dore ko ngo yari afite indi mitungo yabonamo ubwishyu.
Fabiolla kandi nawe yemeza ko yagannye ikigo cya BuysellorRent ashaka ko bamufasha mu buryo bwihuse agashiduka amadeni yiyongereye ku buryo na n’ubu atarabona ubwishyu abereyemo abantu na ma banki.
Avuga ko magingo aya yabuze amafaranga yatanze abura nabaguzi bamugana bari bamwijeje, yababaza impamvu bamubeshye bakamubwira ko amafaranga yatanze ko adasubizwa ko yasomye amasezerano avugako batayasubiza.
Ndahiro Jean Bosco n’Umuyobozi wa BuySellorRent yabwiye ikinyamakuru Imena agira ati “tugurishiriza abantu ibibanza ndetse n’ibindi bikoresho byose abantu bifuza muri make duhuza abaguzi na bagurisha’’.
Ndahiro Jean Bosco, Umuyobozi wungirije wa Buysellorrent
Yongeyeho ko ntawe bakura amafaranga mu mufuka ngo kuko barabanza bakabasobanurira ubundi bakabona kugirana amasezerano bitabujije bamwe bagaruka bababwira ko batinze kubona abakiriya ariko nabo ngo baba bagerageje kubabashakira.
Twagerageje kumubaza abakiriya bavuga ko babafatirana avuga ko bo batitaye ku kababaro kabo kuko baba basobanuriye bihagije uko bakora kandi ngo bafite itsinda rinini rishinzwe gusobanurira.
Ku bijyanye nuko abakiriya bamwe muri bo bakemanga ubunyangamugayo bwabo, Bosco abuga ko “ibyo tuba twababwiye birahagije. Navuga ko ari ubujiji gushyira umukono ku nyandiko utabanje gusoma”.
iki kandi abakiriya bombi babigarukaho ko izi kampani zikorana na banki kuko ujyakumva ukumva abashinzwe gushaka amasoko baraguhamagaye ukibaza aho bakuye inomero zawe bikagucanga.
Claude Niyonsenga ashinzwe umutungo wa banki ya Atlantic Microfinance ya Nyabugogo twamubajije ibijyanye n’inguzanyo baha babakiriya adusobanurira agira Ati.’’Dutanga inguzanyo kumuntu ufite umutungo utimukanwa ikindi tumusaba kuba afite umwishingizi kugira ngo nitumubura tubaze umwishingiziwe icyo yabaye’’
Claude Niyonsenga akomeza yerekana ibihombo banki igira kubera abakiriya baba batujuje ibisabwa kuko ngo iyo bamaze amezi abiri batishyura ko bacibwa amande ikindi bakabwira aba nyamategeko babo bakabikurikirana.
Ku bijyanye no kwitotomba kw’abakiriya ko iki kigo cy’imari kigira uruhare rwokubaha abakomisiyoneri bakabarya amafaranga kandi ntayo baba basigaranye, yashubije abihakana.
Agira ati “baratubeshyera ahubwo nuko baba babivuze hirya hino batazi abo babwira bagashiduka bivuyemo byabagarukaho bakatubeshyera ngo nitwe’’.
Mu murenge wa Gatenga akarere ka Kicukiro, mu mujyi wa Kigali; abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu gikorwa cyo kwamamaza umukandida Paul Kagame n’abiyamamariza ubudepite; abaturage batangaje ko nta gushidikanya uyu muryango bawufata nk’Inyenyeri y’abanyarwanda ku buryo nta gushidikanya bashaka kuwitura ibyo wabagejejeho batora umukandida wawo ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse n’abadepite.
Iki Gikorwa cyo kwamamaza cyateguwe n’abanyamuryango ba FPR mu murenge wa Gatenga kuri iki cyumweru taiki 30 Kemena 2024, Abaturage bitabiriye Iki gikorwa batangaje ko bashingiye ku byo bagejejweho n’umuryango FPR Inkotanyi nta gushidikanya, icyizere FPR yaberetse bazakiyitura, nk’uko Nzeyimana Elsye utuye mu kagali ka Nyarurama na bagenzi babishimangira. Uyu mugabo Nzeyimana Elysé aturuka ku Nkombo, akaba avuga ko yumvaga bitashoboka ko yatura mu mujyi wa Kigali, ariko ngo ni ibitangaza gusa kuko Ubu aharambye,
Si uyu Elysé gusa Kandi hari na bagenzi be bavuga Umukandida Paul Kagame imyato gusa doreko Uwimana Pascal na Mukanyirigira Shakira bavuga ko Paul Kagame abatera imbaraga mu buzima bwa buri munsi . Sendege Norbert ni umuyobozi w’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’umurenge wa Gatenga; avuga ko hari icyizere cyo gutora Paul Kagame, na cyane ko ibikorwa byivugira mu murenge wa Gatenga hashingiwe ku iterambere abaturage bamaze kugeraho, ibikorwaremezo no mu mibereho myiza y’abaturage. By: Uwamaliya Florence
Mu gikorwa cyo kwiyamamaza ki Ishyaka Democratic Green Party Rwanda (DGPR) cyabereye mu Karere Ka Kamonyi, herekanwe abakandida bazahagararira Ishyaka Green Party mu matora y’abadepite ndetse hasobanurwa bimwe mu byo iri shyaka rizashyira mu bikorwa mu gihe rizaba rigiriwe icyizere.
Abarwanashyaka ba Green Party bavuga ko bishimira ibyagezweho kandi bakaba biteguye gukomeza gukora ubuvugizi ku bitarakorwa.
Ingabire Chance Marie Clare ni muturage utuye mu Karere Ka Gasabo ariko akaba akorera mu Karere Ka Kamonyi avuga ko bishimiye ubuvugizi bwakozwe n’ishyaka Green Party bwo kugaburira abana ku ishuri ndetse n’ubujyanye n’ ubwisungane mu kwivuza.
Ingabire Marie Clare Ati. “Turashima Ishyaka Green Party kubera ko mbere wasanga twagiye ku kazi ariko tugakora dufite igihunga kuko abana bacu iyo bavaga ku ishuri rimwe na rimwe basangaga amafunguro ataratunganwa ndetse n’abagiyeyo mu gihe umubyeyi we yatinze gusubira murugo ugasanga umwana agiye atariye”.
Yasoje avuga ko n’ubundi buvugizi bakoze bwa mituelli byagenze neza kuko hari igihe umuntu ya rwaraga mituelli itarama amezi atatu bikaba ngo ko ajya kwivuza muri private kandi nyamara yarishyuye mituelli.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr Frank Habineza, yavuze ko mu byo azakora nagirirwa icyizere, ari ugushyiraho umushahara fatizo kandi akanahanga imirimo igera kuri 500,000
Yakomeje avuga ko nibanatora abadepite ba Democratic Green Party bazakomeza kubakorera ubuvugizi.
Mu gihe kwiyandikisha bigikomeje Abanyarwanda bagera kuri miliyoni 9 nibo bamaze kwiyandikisha kuri liste y’itora, naho urubyiruko rugera kuri miliyoni 2 rwo ruzaba rugiye gutora ku nshuro ya mbere
Intara y’ Iburasirazuba niyo ifite umubare munini w’abaturage bazatora ariwo 2,220,573 naho Intare y’ Iburengerazuba ni 2,064,090. Intara y’ Amajyepfo ni 2,076,918. Amajyaruguru ni 1,486,774. umujyi wa Kigali n’abantu 1,101,517 ndetse yewe na diaspora (ababa mu mahanga) bangana na 62,917
NEC (Komisiyo y’igihugu y’amatora) yatangaje ko abagore aribo benshi bangana na 4,819,123. Naho abagabo bakaba bangana na 4,193,665. Noneho Urubyiruko akaba ari 3,878,027.
Bamwe mu bakozi bakorera ikigo cyitwa Green Tech Africa gikusanya imyanda ikomoka ku bikoresho bya Pulasitiki byoherezwa mu ruganda rwa Enviroserve kibikoramo ibindi bikoresho bitangiza ibidukikije, baravuga ko ubuzima bwabo bushobora kujya mukaga bitewe n’akazi bakora ko gukusanya ibikoresho bya Pulasitiki biba bifite imyanda itandukanye bitewe nuko nta bikoresho bafite bibarinda ubuzima birimo uturindantoki (Gants), udupfukamunwa, amasarubeti,ingofero ndete n’ikweto.
Nigena Jean De Dieu, Managing Director of Green Tech Africa
Uhagarariye Green Tech Africa Bwana Nigena Jean De Dieu avuga ko kuba abakozi nta bikoresho bafite kandi bakora mu bintu by’umwanda ari ikibazo gikomeye cyane ariko ko bagiye kureba uko babashakira ibyo bikoresho.
Akomeza avuga kandi ko ku bijyanye n’ubuzima nta hantu bafite ho kuba babavuriza mugihe haba hagize uwagira ikibazo cy’ubuzima cyihutirwa mukazi ariko ko mu bihe biri imbere ibibazo by’ubuzima bw’abakozi bazaba babikemuye.
Harerimana Raban Louis umukozi wa Green Tech Africa avuga ko akazi akora kamaze kumuteza imbere ariko ko kuba batagira ibioresho by’akazi byujuje ubuziranenge nabo babibonamo ikibazo kuko bishobora kubangiriza ubuzima kuko bakora mu mwanda bikaba byabaviramo uburwayi butandukanye.
Harerimana Raban Louis, Umukozi wa Green Tech Africa
Green Tech Afurica ni Kampani ikusanya ama Pulasitiki mu Karere ka Nyarugenge, ndetse n’Ibikoresho by’Ikoranabuhanga bakabyohereza ku ruganda rwa Enviroserve ruherereye mu Bugesera aho uru ruganda rubihindura rukabikoramo ibindi bikoresho bitandiza ibiduikije mu rwego rwo Kurengera ibiduikije bakaba bakoresha abakozi bagera kuri 16 bakora mu mirimo ya buri mundi ndetse n’abandi bakora badahoraho.
Minisiteri y’Ibidukikije ivuga ko abantu bose bakora mu bijyanye no kurengera ibidukikije baba abafite inganda ndetse n’ibindi bagomba guha abakozi ibikoresho byujuje ubuziranenge bitewe n’akazi bakora kuburyo bidashobora kubangiriza ubuzima.
Aba bakozi ntago baba bafite ibikoresha byabugenewe igihe baba bakusanya ibisigarizwa by’ amacupa ya palasitike, ibyo bikaba byabatera indwara zitandukanye
Dr Frank Habineza agiye kongera guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu kunshuro ya 2 aho matora ya 2017 yagize amajwi 0.48%. Ubwo Hon. Dr Frank Habineza yaganiraga n’ Itangazamakuru yavuzeko yizeye itsinzi kuriyi nshuro kubera ko ubwo yatsindwaga bwa mbere byatewe no kuba ishyaka rye nta gihe ryari rimaze ryemewe n’amategeko mu rwanda.
Hon. Dr Frank Habineza, Umuyobzi w’Ishyaka Green Party Rwanda
Hon Dr. Habineza Ati. “Amatora ya 2017 Wibuke ko twari ishyaka ryari rimaze imyaka mike cyane twemewe n’amategeko, kuko 2013 nibwo twemewe n’amategeko kandi amatora twayagiyemo 2017, urumva ko ari imyaka 4 kandi ubushize mu matora y’umukuru w’igihugu ntabwo twabonye amajwi ahagije ariko twibuke y’uko twari ishyaka ryonyine mu gihugu rihanganye n’andi mashyaka icyenda, ntabwo yari umukandida wa FPR gusa yari umukandida w’andi mashyaka yose uko abarizwa mu Rwanda.”
Dr Habineza yabwiye itangazamakuru ko hari itandukaniro ry’uko amatora aheruka bitwaye kuko hahindutse byinshi bishingiye ku kwaguka kw’ishyaka bityo ko bizeye ko bizabafasha mu matora y’uyu mwaka.
Ati “Itandukaniro rero rihari n’ubushize, ishyaka ryacu rimaze imyaka 15 rishinzwe harimo 11 twemewe n’amategeko, urumva ko hari icyahindutse ku bukure bw’ishyaka.”
“Icyo gihe twari dufite mu turere, mu ntara no ku rwego rw’igihugu gusa ariko ubu hiyongereyeho inzego z’urubyiruko, abagore kuva ku turere, ku ntara no ku rwego rw’igihugu ndetse twatangiye gushyiraho inzego ku murenge, urumva ko ishyaka ryacu ryagutse dufite abantu benshi kurusha abo twari dufite cya gihe.”
Yagaragaje ko kandi mu 2018 hiyongereye abitabiriye amatora y’abadepite kandi babashije gutsinda ku majwi 5% bivuze ko umubare wiyongereye ndetse banabasha kugira umuntu utorwa mu basenateri.
Yakomeje ashimangira ko bakuze ku buryo hashingiwe ku cyizere bagirirwa mu banyarwanda n’uko bakiriwe ndetse n’abarwanashyaka bayo uburyo bagirirwa icyizere mu nzego zitandukanye.
Ati “Twarakuze, ubu turi ishyaka rifite abadepite babiri n’umusenateri hari n’abandi mu nzego zitandukanye, abantu bacu bagiye bagirirwa icyizere. Twavuga ko mu by’ukuri ishyaka ryacu ryashinze imizi, ryumviswe cyane n’Abanyarwanda ndetse n’ibitekerezo byacu twari twatanze twiyamamaza byahawe agaciro n’abatsinze kuturusha ku buryo twavuga ko byashyizwe mu bikorwa ku kigero cya 70%.”
Kuri ubu Ishyaka rya Green Party ryari rihagarariwe n’Abadepite babiri mu nteko ari bo Ntezimana Jean Claude usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka na Dr Habineza Frank uriyobora.
Kuri ubu bitandukanye n’uko byagenze mu matora aheruka kuko Dr Frank Habineza yemerewe kwiyamamaza ku myanya yose yaba umukuru w’Igihugu n’uw’umudepite ariko kuri iyi nshuro aziyamamaza ku mwanya wa Perezida gusa.
Yagaragaje ko badafite impungenge ku kuba imibare y’ababahagarariye mu nteko ishobora kugabanyuka kubera iyo mpamvu ashimangira ko urutonde rw’abakandida bemejwe n’Inama Nkuru y’Ishyaka uko ari 64 bose bashoboye ku buryo bizeye kubona imyanya mu Nteko.
Ati “Ubu twubahirije ihame ry’uburinganire bitandukanye n’uko ubushize byagenze kuko batunenze ko tugiye mu Nteko turi abagabo gusa, ibyo rero turizera ko ibyo batunenze ubushize ntaho bazahera babinenga, turizera ko bizaba byiza ku rushaho.”
Dr Habineza yabwiye itangazamakuru ko hari itandukaniro ry’uko amatora aheruka bitwaye kuko hahindutse byinshi bishingiye ku kwaguka kw’ishyaka bityo ko bizeye ko bizabafasha mu matora y’uyu mwaka.
Ati “Itandukaniro rero rihari n’ubushize, ishyaka ryacu rimaze imyaka 15 rishinzwe harimo 11 twemewe n’amategeko, urumva ko hari icyahindutse ku bukure bw’ishyaka.”
“Icyo gihe twari dufite mu turere, mu ntara no ku rwego rw’igihugu gusa ariko ubu hiyongereyeho inzego z’urubyiruko, abagore kuva ku turere, ku ntara no ku rwego rw’igihugu ndetse twatangiye gushyiraho inzego ku murenge, urumva ko ishyaka ryacu ryagutse dufite abantu benshi kurusha abo twari dufite cya gihe.”
Yagaragaje ko kandi mu 2018 hiyongereye abitabiriye amatora y’abadepite kandi babashije gutsinda ku majwi 5% bivuze ko umubare wiyongereye ndetse banabasha kugira umuntu utorwa mu basenateri.
Yakomeje ashimangira ko bakuze ku buryo hashingiwe ku cyizere bagirirwa mu banyarwanda n’uko bakiriwe ndetse n’abarwanashyaka bayo uburyo bagirirwa icyizere mu nzego zitandukanye.
Ati “Twarakuze, ubu turi ishyaka rifite abadepite babiri n’umusenateri hari n’abandi mu nzego zitandukanye, abantu bacu bagiye bagirirwa icyizere. Twavuga ko mu by’ukuri ishyaka ryacu ryashinze imizi, ryumviswe cyane n’Abanyarwanda ndetse n’ibitekerezo byacu twari twatanze twiyamamaza byahawe agaciro n’abatsinze kuturusha ku buryo twavuga ko byashyizwe mu bikorwa ku kigero cya 70%.”
Kuri ubu Ishyaka rya Green Party ryari rihagarariwe n’Abadepite babiri mu nteko ari bo Ntezimana Jean Claude usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka na Dr Habineza Frank uriyobora.
Kuri ubu bitandukanye n’uko byagenze mu matora aheruka kuko Dr Frank Habineza yemerewe kwiyamamaza ku myanya yose yaba umukuru w’Igihugu n’uw’umudepite ariko kuri iyi nshuro aziyamamaza ku mwanya wa Perezida gusa.
Yagaragaje ko badafite impungenge ku kuba imibare y’ababahagarariye mu nteko ishobora kugabanyuka kubera iyo mpamvu ashimangira ko urutonde rw’abakandida bemejwe n’Inama Nkuru y’Ishyaka uko ari 64 bose bashoboye ku buryo bizeye kubona imyanya mu Nteko.
Ati “Ubu twubahirije ihame ry’uburinganire bitandukanye n’uko ubushize byagenze kuko batunenze ko tugiye mu Nteko turi abagabo gusa, ibyo rero turizera ko ibyo batunenze ubushize ntaho bazahera babinenga, turizera ko bizaba byiza ku rushaho.”
Mugihe u Rwanda rufite ingamba zo kuba mu mwaka wa 2030, nta murwayi w’agakoko gatera sida uzaba ugihari, urujijo rukomeje gusigara muri benshi kuko kurubu ubwandu bw’agakoko gatera sida bugenda bwiyongera cyane cyane mur’urubyiruko.
Mu bushakashatsi bwakoze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), bugaragaza ko kuva mu Ukwakira 2022 kugeza muri Werurwe 2023, Intara y’Iburasirazuba ubwandu bushya bwiyongereyeho 4.9%; Uturere twa Rwamagana, Bugesera, Kayonza, tukaba twiganjemo ubwandu bushya, Umujyi wa Kigali bungana na 3.7%, Intara y’Amajyepfo 2.1%. ubu bushakashatsi bwongera kugaragaza ko ubwandu bushya bwa SIDA bwiganje mu rubyiruko ku kigero cya 35%, bukiganza cyane mu bari hagati y’imyaka 15 kugeza kuri 21.
Ushaka kubagana ndetse no gukorana nabo wabasanga mu karere Ka Kamonyi ahazwi nka Kamuhanda cyangwa se ukabahamagara kuri nimero ya Telefone 0782203294.
Mu gihe U Rwanda nabaturarwanda bari murugamba rwo kurwanya akajagari, haba mubucuruzi ndetse nibijyana nabyo, harimo gutunganya ibyo bicuruzwa no kureba uburyo ibyo bicuruzwa bikorwamo, hagamijwe ku biha isuku ihagije yaba mu buryo bwo kubicuruza no ku bitunganya.
Umutobe Witwa Salama juice, Ukorwa na Joyland Company Ltd
Uruganda rukora umutobe wa Salama Juice rwitwa Joyland Company Ltd rukorera mu mujyi wa Kigali mu Karere Ka Nyarugenge mu Murenge wa Mageragere, ibyokuba u Rwanda n’ Abaturarwanda bagomba kuba heza hasukuye kandi bakagira n’ubuzima bwiza, ibyo uruganda rwa Salam Juice rukaba rusankaho rutabikozwa, ahubwo bo icyo bapfa akaba arugushyira ibyo kunywa hanze bikarangiriraho dore ko bimwe mu bicuruzwa byabo iyo bisohotse bikagera hanze bitongera kwitabwaho ukundi. Kuburyo byageze naho ababikura kuruganda babanza gusa nkaho babihindurira uko byaje bimeze yewe bikanatwarwa muburyo butujuje ubuziranenge.
Hari bamwe byagaragaye ko iyo bavuye gufata ibyo byo kunywa bagira aho bihengeka bagatangira kubivoma babihindurira uburyo byari bipakiyemo, nukuvuga bagafata amajerekani bakuye ku ruganda apakiye neza bakagira ibyo bongeramo bitaramenyekana neza ariko uko byagaragaye nuko bihindurirwa uburyo byari bifunzemo. Ubundi bakabishyira mu mufuka nyuma bikaza gushyirwa ku magare akaba ariyo abijyana ahandi hatazwi ariko ibyo byose bikaba bitemewe n’umujyi wa Kigali kuko nabyo biri mubiteza akajagari bikaba bidindiza n’iterambere bigatera n’umwanda mu gihe hari gahunda yo kugira Kigali Isukuye.
Twashoboye kuvugana nuhagarariye inyungu z’uruganda Joyland Company Ltd rukora umutobe wa Salama Juice, Madam Rebecca Mukawera, avuga ko ibyo bikorwa nta makuru abifiteho kandi ko iyo umucuruzi ahawe ibicuruzwa ibisigaye aba ari bye ku giti cye bo nk’ uruganda ntakindi bongera gukurikirana.
Gusa yakomeje atubwira ko agiye kuvugana na nyir’ uruganda bakagira andi makuru baduha ariko ubwo twasohoraga iyi nkuru twari tutarabasha kubabona kuko telephone yabo itari ku murongo.
Aho barimo kubishyira mu mufuka kugirango babone uburyo babitwara ku igare Abanyonzi yewe n’abamotari dore uko baba bashagaye ibyo bikorwa bitemewe yewe bitujuje ubuziranenge
Umuyobozi w’ungirije wa BuySellorRent.com, Jean Bosco Ndahiro, avuga ko iri soko ritangiye kuba ubukombe bityo ko nabo bagiye kwagura ndetse bakongera imikorere yabo aho bitagendaga neza bakabikosora.
Ndahiro Jean Bosco, Umuyobozi w’ungirije w’isoko rya BuySellorRent.com
Bwana Ndahiro Jean Bosco yagize Ati. “tugiye gushyiraho imirongo yo guhamagaraho izwi nka (Toll Free) kugirango akazi kacu karusheho kugenda neza kandi n’abatugana bibasho kuborohera ku buryo ugize ikibazo ahita abona ubufasha bwihuse mu gihe gito.”
Abanyamuryango b’ikigega RNIT Iterambere Fund ndetse n’abandi bifuza ku kigana bashyiriweho uburyo bworoshye bwo kwiyandikisha no kubitsa ukoresheje telephone yawe.
Muna Rusange y’ abanyamuryangoba RNIT, yabaye tariki 31 Werurwe, hamuritswe uburyo bushya abasanzwe bizigamira mu kigega RNIT Iterambere Fund bazajya bakore ariko n’abashaka ku kigana bakaba babukoresha igihe bashaka kwiyandikisha cyangwa kwizigamira mu kigega RNIT Iterambere Fund. Nuburyo bwahujwe na mobile money aho ukanda *589# ubundi ugakurikiza amabwiriza. Waba ukoresha telephone zino zigezwe cyangwa iya amatushi hose biremera nta kibazo.
Bamwe mu banyamuryango bitabiriye iyi Nama rusange bavuga ubu buryo bworoshye kurusha ubwari buriho mbere dore ko umuturuge wo hasi atashoboraga kuba yamenya ngo n’ ibiki, kubera hari harimo ikoranabuhanga ry’inshi ariko ubu ntakibazo buri muntu wese ya kwizigamira mu kigega RNIT Iterambere Fund.
Mutangana Godeliva, n’umuturage wo mu ntara y’ Iburasirazuba akaba avuga ko ikigega RNIT gifitiye umuturage akamaro kuko inyungu y’ubwizigame batanga ku mwaka ihanitse kurusha ibindi bigega akaba arinaho ahera asaba ubuyobozi bw’ RNIT kwegera abayobozi bo munzego zibanze mu gushyira mu bikorwa ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kugana ikigega RNIT Iterambere Fund kuko byafasha gutera imbere nkuko izina ryacyo ribivuga.
Joseph Sibomana yizigamira mu kigega RNIT aho adawema ku vuga ko ushaka kugira ejo hazaza heza ntahandi wa kizigamira Atari muri RNIT kuko ukutinda kwaka gusubizwa amafaranga yawe ninako inyungu igenda yiyongera kandi ukaba nta handi wasanga inyungu irenze iyo batanga.
Yagize Ati. “Ni njiye mu kigega RNIT mfite intego y’imyaka 5 ko nzahita ngura ikibanza ariko mu mwaka 2 gusa n’izigamira mu kigega RNIT Iterambere Fund nari maze kugera kwiyo ntego nari nihaye ngira n’amahirwe ikibanza ntacyo gihita kiboneka nsaba amafaranga ndayahabwa kandi neza.”
Dr. Nzabonikuza Joseph, Umuyobozi w’inama ya’bahagarariye abizigamira mu kigega RNIT Iterambere Fund, avuga ko nkuhagarariye abizigamira ashimishwa nuko abizigamira iyo basabye gusubizwa ubwizigame bwabo babuhabwa neza ntangorane.
Dr. Joseph Nzabonikuzo Ati. “Iyo umuntu yatse ubwizigame bwe ikigega kikamugoboka biradushimisha kuko wa muntu niba yagize ikibazo kihutirwa ntago abagifashe umwenda ahubwo akoresha ubwizigame bwe kandi akabona n’inyungu ishimishije.”
Dr. Gatera S. Jonathan, Umuyobozi mukuru wa RNIT Iterambere Fund
Umuyobozi mukuru wa RNIT Iterambere Fund, Dr. Gatera S. Jonathan avugako niba uwizigamiye abasha gusubizwa ubwizigame bwe agahabwa n’inyungu maze ubundi byose akabibona bivuze ngo, umusaruro muri RNIT uhagaze neza.
Dr. Sebagabo Jonathan Gatera yagize Ati. “Dore hari umushoramari wakuyemo Miliyari 2.6, ariko atubwira ko vuba azagaruka agashyiramo menshi kurusha ayo yarafatimo.”
RNIT ni ikigega cya Leta cyatangiye mu mwaka wa 2016, aho inyungu ku mwaka bungukiraga abazigimiye yari 9.77, none ubu inyungu ikaba yarageze kuri 11.42 mu mwaka wa 2022.
Abashofeli bakoresha gare ya nyabugogo Bavugako bakwa amafaranga nabo ubwabo batazi impamvu yayo.
Ubwo twaganiraga na bamwe mubashofeli baparika muri gare ya nyabugogo Kumbogamizi bagenda bahora nazo iyo bari mu kazi, abenshi Bagiye bagaruka Ku kibazo cyuko iyo barimo gusohoka muri gare bakwa amafaranga Aho imodoka ntoya (twegerane) itanga 1500frw naho kwasiteri (coaster) igatanga Ibihumbi bibiri (2000frw).
Aba bashofeli ntibifujeko amazina yabo yatangazwa Kugirango uwitwa Manchester Arinawe ufate ayo mafaranga atabirenza.
Twagerageje kuvugisha Manchester Ku murongo wa téléphone Kugirango aduhe bwino Ku mafaranga yakwa abashofeli maze nawe agira Ati. “Iyo imodoka ipakiye abagenzi muri gare ibigomba guhemba umukozi wa gare kandi Amafaranga twaka abashofeli bayatanga Ku bwende bwabo.’ Ubwo Manchester yabazwaga Aho aya mafaranga ajya nicyo akoreshwa yavuze ko atabizi neza ahubwo ko azagenzura maze akabona kutubwira.
Uwitwa Patrick niwe usoresha aya mafaranga muri gare ya nyabugogo maze ubundi akayageza kuri sebuja ariwe Manchester. Ubwo twamubazaga impamvu yaka abantu amafaranga ntabahe agapapuro nyemeza bwishyu (receipt) yavuze ko ibyo ntakintu yabivugaho kuko Ariryo tegeko yahawe na sebuja kandi amafaranga atajya ayashyira Ku mufuka we yose ayatanga uko yakabaye.
Nyuma yo kuvugisha uyu musoresha twagize amatsiko yo kumenya niba iki kibazo cya mafaranga yakwa bano bashofeli cyaba kizwi cyangwa se niba bikorwa m’uburyo bwemewe. Ako kanya twahise dushaka umukozi wa RURA nawe utashatse ko twatangaza amazina ye kubw’umutekano we avuga ko iki kibazo arubwa mbere acyumvise Kandi ko agiye kugikurikirana.
Kurubu Ikibazo gihari yewe giteye inkeke bano bashofeli bakwa amafaranga nuyu bakunze kwita Manchester ariko amazina ye yanyayo akaba yitwa Byamurangwa Alias Fred nuko yigeze gukurikiranwaho icyaha cyo kwiba I modoka ndetse akanafungwa igihe yakoranaga na kompanyi ishinzwe gutwara abantu n’ibintu ya RFTC, ariko Ubu bakaba batazi ukuntu yaje kugarurwa mu kazi yewe ntibabwirwe n’impamvu ifatika yo kwishyura aya mafaranga.
Mugukomeze tugana imuzi kino kibazo, ubutaha tuzagerageza kuvugisha bamwe mubanyamuryango ba RFTC tumble Kuko niba Uyu Byamurangwa Alias Fred bakunze kwita Manchester niba akiri umukozi wabo niba Kandi Aribyo bagasobanura neza Aho ayamafaranga ajyanwa nicyo akoreshwa.
Transparency International Rwanda kubufatanye na Ministeri y’Ubutabera n’Urwego rw’Umuvunyi n’abandi bafatanyabikorwa bahuriye mu nama yarigamije kurebera hamwe politike yo kurwanya Ruswa irimo itegurwa isimbura politike yarisanzwe iriho yo muri 2012.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Mupiganyi Appollinaire Avuga ko kuva mu mwaka wa 2012 kugeza ubu hari haciye igihe kinini, kuko habayemo impinduka nyinshi muri gahunda yo gukumira no kurwanya Ruswa nki itegeko rishya ryagiyeho muri 2018 kandi n’uburyo Ruswa yarimeze muri 2012 ubu ntago ariko ikimeze.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Mupiganyi Appollinaire
Mu Karere Ka Nyarugenge mu Murerenge wa Rwezamenyo abantu bafite ubumuga ntibahejwe mu kwihangira imirimo aho bamwe batanga serivisi z’irembo ndetse n’izo guhanahana amakuru bita Kafe interinete (Internet café).
Munyentwari Jackson, ufite ubumuga bw’ingingo yashoboye gushiinga kafe interneti
Munyentwari Jackson, umwe mubantu bafite ubumuga bw’ingingo afite café internet isakaza amakuru iherereye mu Murenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarugenge, ahazwi nko kuri mirongo ine (kuri 40).
Avuga ko kuba afite ubumuga bw’ingingo bitamubuza gutunganya akazi ke no guha serivisi nziza abamugana.
Munyentwari asobanura ko ubumuga bw’ingingo bwavuye ku ndwara y’imbasa, aho agira ati’’: Navukanye ingingo nzima nk’abandi bana, nyuma ababyeyi banjye baza gusanga hari izidakora neza, babibonye bajyana kwa muganga bababwira ko ndwaye imbasa ndavurwa, mpabwa n’insimburangingo’’.
Akomeza ati: “Ibi byatumye mbasha kugana ishuri ndiga, ndetse nyuma yaho nashoboye no kwiteza imbere. Nshimira ababyeyi banjye bagize umuhate wo kumvuza no kushyigikira kuko hari benshi nzi batabashije kuvuzwa, bityo bakavutswa uburenganzira bwabo, bakaba babayeho mu buzima butari mbwiza”.
Murekatete valentine nawe n’umwe ufite ubumuga bw’ingingo, akaba ari umu ajenti (Agent) ukora ibijyanye no kohereza no kwakira amafaranga, hamwe na serivisi zo kwishyura imisoro ya Leta hifashishijwe ikoranabuhanga.
Murekatete Valentine, umwe kubafite Ubumuga wabashije kwiteza imbere binyuze mu kazi akora k’ubu ajenti (agent).
Murekatete ukorera mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo ashishikariza abari n’abategarugori kwiteza imbere mu ikoranabuhanga, haba ku bafite ubumuga n’abatabufite.
Akomeza agaragaza ko ashoboye, ndetse ko kuba atanga serivisi zinogeye abakiriya, byatumye agirirwa icyizere ku buryo bamugana ari benshi, ndetse ngo niyo ataragera mu kazi hari abamusanga mu rugo akabakorera.
Asaba abakobwa n’abagore kuvana amaboko mu mufuka bagakora bakiteza imbere, birinda gutega amaboko no kumva ko hari abantu bashinzwe kubagirira impuhwe kuko bifitemo ubushobozi.
Mukantwari Ansilla, ni Umuyobozi w’Umudugudu w’intwari, nawe yagize icyo avuga kuri ba rwiyemezamirimo bakorera mu mudugudu we, aho yagize Ati’’: Yaba Murekatete cyangwa Munyentwari jackson, ni bamwe mu baturage nyobora bubahiriza gahunda za Leta, yemwe no mu muganda nabo bifatanya n’abandi kuwitabira.’’
Mukantwari, anenga abaturage bafite ingingo zitarwaye batajya bitabira Umuganda, akanasaba abantu bagifite imyumvire yo kwita abafite ubumuga amazina abatesha agaciro kubicikaho. Nyamirambo: Hari abafite ubumuga biteje imbere binyuze mu ikoranabuhanga
Abana bafashwa n’ikigo Root Foundation barishimira ibyo kimaze kubagezaho yewe ntibahwema no kuvuga ko Root Ari umubyeyi wabo.
Ibi byagarutsweho ubwo umushinga usanzwe ufasha abana batishiboye uhereye kubaba mu muhanda kugirango abana Bose bo mu gihugu babashe kugira Ubuzima bwiza, ndetse babone amahirwe nkayo abandi Bana bishoboye babona, wari wateguye igikorwa cyo gusangira no kwizihiza umunsi mukuru wa Noheli cyiswe ‘Christmas charity event’.
J. Claude n’umunyeshuri mu mwaka wa 3 w’amashuri yisumbiye akaba afashwa n’ umushinga Root Foundation mukumurihirira amashuri ndetse n’ibindi byangombwa akenera m’ubuzima bwe bwa buri munsi.
J. Claude Ati.”Ubundi iyo ndihano (Kuri Root) mba mbizi neza ko ndi murugo kuko ibintu tuhigira nibyo tuhakorera ntago bitandukanye nibyo murugo.
Akomeza avugako ashimimira Root Foundation ko hari Aho yamukiye Ari mpamvu ayifata nk’umubyeyi we. Ati. “Nageze muri Root ntazi gucuranga ariko Ubu ndi muri band yitwa Brass Band ya Root Foundation, nize kubyina ndetse Kandi n’ikindi bampaye laptop Ubu imfasha mu masomo yange n’ibindi bitandukanye.
Ishimwe Benita Nawe n’umunyeshuri urihirwa na Root Foundation avugako kubona Aho abarizwa Nyuma y’amasomo byamufashije gutsinda mw’ishuri kuko ubundi wasangaga Ari mubindi bimushyira kure y’amasomo ye.
Ishimwe Benita Ati.”Ndashimira Root Foundation byivuye inyuma kuko yamfashije kuzamura impano yange yo kubyina Kandi ibihembo Baha abana bitwaye neza byaneye ishyaka mpindura imyigire yange Ubu mw’ishuri nsigaye mba uwa mbere.
Umutoni Alice n’Umubyeyi w’abana 3 bafashwa na Root Foundation avugako iyo hataza kuba Root kumufasha kw’ishyurira abana be amashuri bamwe baba bararivuyemo kubera ubushobozi.
Alice Umutoni Ati.” Root Foundation n’ umubyeyi kuko idufasha kurera abana bacu. ikabaha umucu n’uburere mu gihe tudahari twagiye mu kazi Kandi uburere babaha ni bwiza kuko nkange maze imyaka irenga itanu bamfasha kurera abana bange, iyo bataza kuba babafasha kwiyungura ubumenyintago narikuba nyiboherezayo.
Root Foundation n’umushinga watangiye muri 2012, ukaba umaze gufashe abana barenga 1500. ukaba ukorera mu mujyi wa Kigali.
Ubu bakaba bafite abana barenga 400 kuri center yabo i herereye mu murenge wa Kinyinya mu kagali ka kagugu ndetse no mu Karere Ka Huye ahari center y’abana bagera 100.
Umuyobozi wa Root Foundation François Dunia, avugako guhemba abana bibongerera imbaraga Ariyo mpamvu bahemba uwabaye uwa mbere n’uwanyuma.
François Dunia Ati.”twateguye iki gikorwa kugirango abafatanyabikorwa bacu batange ibikoresho by’ishuri, imyenda, inkweto, ibyo kurya kugirango dusangire n’imuryango yacu.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko bikiri imbogamizi kuribo kwambuka umuhanda kuko nta kimenyetso cyabashyiriweho kibamenyeshako bageze Ku mirongo yambukiranya umuhanda (zebra cross).
Ibi babigaragaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2023, mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo hatangizwa Icyumweru cyahariwe kuzirikana akamaro k’Inkoni Yera (White Cane) .
Dr. Kanimba Donathile Ati “. Mubyukuri twifuza ko Ku Mohandas hashyirwa utwuma twamajwi tumenyesha abafite ubumuga bwo kutabona Aho bageze niba ashobora kuhambukira umuhanda yewe no kuri ariya Matata agenga ibinyabiziga n’abantu ko naho atwo turangururamajwi badushyiraho kuko nkiyo hagiyemo umutuku cyangwa icyatsi Ntago tubimenya.
Ikindi nuko kurubu inkoni yera bitatworohera kuyibina kuko tubanza kuyitimiza mu mahanga button ikagera mu Rwanda ihenze ku giciro cy’amafaranga ibihumbi 35frw.
Dr. Kanimba Donathile Ati, “Nta hantu ho kuzigurira mu gihugu hahari.Twagiye dutanga igitekerezo ko zaba wenda nko ku Bitaro by’Akarere cyangwa ahantu runaka.Inkoni ubu ngubu ihagaze ku madolari 35. Kubasha gutanga ayo mafaranga ntabwo byoroshye.Hari iza macye ariko nyine ntabwo zikomeye, ntabwo zimeze.”
Yasoje agira ati “Ni ikintu tukirimo, tukirwana no ku kinoza,kugira ngo tuzazibonere mu Rwanda, dutekereza ko abazikeneye baba benshi, hanyuma tuzitumieza hanze .”
Perezida w’Umuryango w’Ubumwe Nyarwanda bw’Abatabona (RUB), Dr Mukarwego Betty, avuga ko inkoni yera ifitiye akamaro ufite ubumuga bwo kutabona bityo abantu bakwiye kuzirikana akamaro kayo.
Ati “ Inkoni yacu ni nziza, ni nziza ku buzima bwacu, ku bikorwa dukora, ni nziza ku mibereho yacu, kandi iyo tuyifashishije neza ntabwo twicuza kuko nta kibazo duhura nacyo.Niyo mpamvu dushaka gutanga ubutumwa iki cyumweru kiri , abo tuzahura nabo, ukababaza ngo uzi impamvu iyi nkoni nyikoresha.”
Mu 1930, Umufaransa Guilly d’Herbemont, yatangije ubukangurambaga bukomeye bwo kumenyekanisha no kubahisha iyo nkoni, n’ibindi bihugu byinshi byo ku isi biboneraho.
Kuva mu 1964, Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zemeje ko tariki 15 Ukwakira za buri mwaka ari umunsi wahariwe inkoni yera muri icyo gihugu, naho Umuryango w’Abibumbye (UN) wemeza iyo tariki nk’umunsi mpuzamahanga w’inkoni yera kuva mu 1969.
Kuri ubu uyu munsi uzizihizwa ku wa 15 Ugushyingo 2023, aho mbere y’iyo tariki hazakorwa ibikorwa bitandukanye bikangurira abantu gusobanukirwa akamaro k’inkoni yera.
Umunsi mpuzamahanga w’inkoni yera mu Rwanda watangiye kwizihizwa mu 2009, muri uyu mwaka wa 2023, ufite insanganyamatsiko igira iti “”.Inkoni yera, ubwisanzure bwanjye.”
Kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2023, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo konsa (guha ibere umwana) ndetse no gutangiza icyumweru cyahariwe konsa, abakoresha batandukanye baba abo mu nzego za Leta cyangwa abo mu nzego z’abikorera, basabwe kugira uruhare mu gufasha ababyeyi kubona ibyumba byihariye bonkerezamo abana babo mu gihe bari mu kazi.
Ku nsanganyamatsiko igira iti: “Duharanire ko ababyeyi bonkereza aho bakorera”, mu butumwa butandukanye bwatambukijwe mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo konsa no gutangiza icyumweru cyahariwe konsa, abayobozi bagiye basaba abakoresha gufata iya mbere mu gushyiraho icyumba cyahariwe ababyeyi bonsa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr. Valentine Uwamariya, yavuze ko ko konsa ari igikorwa cyiza gikwiye gushyigikirwa, kwigishwa kuva ku nzego zose uhereye ku rwego rw’umuryango ukageza ku rwego rw’igihugu ndetse n’urwego mpuzamahanga.
Minisitiri Dr. Uwamariya yanavuze ko gushyiraho icyumba cyahariwe konsa ari igisubizo gikomeye kandi kije mu rwego rwo gukemura ibibazo bibangamira imikurire y’abana bato cyane cyane birimo imirire mibi no kugwingira, n’ibijyanye n’isuku n’isukura.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr. Valentine Uwamariya
Yagize ati: “Ni ngombwa kandi kumenya ko kugeza ubu hataraboneka ikindi kintu icyo aricyo cyose gifite ibitunga umubiri n’ibiwurinda ku kigero cyiza nk’amashereka, konsa bifasha umubyeyi kwitegereza no gukurikirana ubuzima bw’umwana we mu buryo bworoshye kandi n’umwana bikamufasha gukura no mu gihegararo, mu bwonko no mu marangamutima.”
Yakomeje agira ati: “..konsa umwana nubundi bisanzwe biri mu muco wacu, nubwo bimeze bityo ariko iyo urebye ubuzima bwa none ari nayo mpamvu dushishikariza abakoresha batandukanye kuba bagena aho ababyeyi bonkereza, kubera ko twese twirirwa twiruka, turi mu buzima busaba ababyeyi bombi gukora, usanga bigoranye ko umubyeyi yakonsa igihe cyose nta mbogamizi ahura nazo cyane cyane izigendanye n’amasaha y’akazi.”
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, Mme Urujeni Martine, yavuze ko kutonsa umwana bimuvutsa amahirwe yo gukura neza, aboneraho gusaba abakoresha kugira uruhare mu gufasha ababyeyi kugira aho bonkereza abana babo mu gihe bari mu kazi, agaragaza ko bifasha ababyeyi gukora neza akazi kandi batuje.
Mme Urujeni Martine yavuze ko Umujyi wa Kigali wamaze gutegura icyumba ababyeyi bakorera ku rwego rw’Umujyi n’ab’Akarere ka Nyarugenge bonkerezamo abana babo, aha akemeza ko ko byabafashije cyane mu kongera umusaruro no gukora batekanye.
Yazabye abandi bakoresha bo mu nzego zitandukanye zaba iza Leta cyangwa iz’abikorera gushyiraho iki cyumba kuko ari ingenzi.
Visi Meya w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ubukungu n’imibereho myiza, Mme Urujeni Martine
Yagize ati: “Iby’umwana akorerwa akiri muto nibyo biha ubwonko bwe umurongo wo gutekereza neza kandi bikazamuherekeza mu buzima bwe bwose, ..ni yo mpamvu kuva umwana agisamwa akeneye kwitabwaho neza, kandi by’umwihariko akerekwa urukundo, agahabwa umutekano, akonswa neza, akagirirwa isuku kugira ngo imikurire ye irusheho kuba myiza, kandi n’ubuzima bwe burusheho kuba bwiza, konsa rero duhora tubibwirwa ko bikwiye gushyigikirwa bitezwa imbere na buri wese yaba umuryango, ariko by’umwihariko abakoresha ndetse n’abandi bose, kugira ngo hashyirweho gahunda y’icumba cyo konkerezamo”
Yakomeje agira ati: “Nk’uko tubizi ko amashereka ari ifunguro rikungahaye ku ntungamubiri zose, rikaba n’ikinyobwa umwana akenera mu mezi 6 ya mbere y’ubuzima bwe nta kindi avanzwe nacyo habe n’amazi, kutonsa umwana bimuvutsa amahirwe, bityo rero inzego zitandukanye cyane cyane abakoresha, tukaba dukwiye kureba uburyo ntakibuza ubwo buryo kuko ari nko gutesha umwana amahirwe mu mikurire ye no mu mitekerereze ye.”
Uhagarariye UNICEF mu Rwanda, Lindsey Julianna, yashimangiye akamaro gakomeye ko konsa ndetse no gushyiraho aho ababyeyi bonkereza abana hagamijwe inyungu z’abana, ababyeyi, n’abakoresha. Yasabye abakoresha bose gukurikiza ubu buryo kandi ashimangira ko ari ngombwa gushyigikira abagore mu bikorwa byabo byo guhuza umwuga wabo no kuba ababyeyi beza kugira ngo bagere ku iterambere rirambye ndetse n’abana babo bagire ubuzima bwiza.
Uhagarariye UNICEF mu Rwanda, Lindsey Julianna
Yagize ati: “Ntidushobora gushyira abagore mubihe byo guhitamo hagati yubuzima bwabana babo ubwabo nakazi kabo. Ntabwo ari umwana cyangwa mama bahanganishije no kwinjiza amafaranga ndetse no gutanga umusanzu mu kuzamura ubukungu bw’igihugu, yombi birakenewe, mureke dushyigikire abagore mu konsa abana babo no kugira uruhare mu bukungu bw’u Rwanda.”
Machara Faustin, Umukozi ushinzwe imirire y’umubyeyi n’umwana mu kigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’umwana (NCDA), yavuze ko igituma konsa mu mezi 6 ya mbere kuva umwana avutse ari imirimo, asaba abakoresha gushyiraho ibyumba ababyeyi bonkerezamo abana mu gihe bari mu kazi.
Yagize ati: “Ubundi konse byari umuco w’abanyarwanda, ariko imibare dufite ubu turimo turadohoka, kimwe gituma konsa gusa mu mezi 6 ya mbere bigabanuka ni imirimo, …abakoresha mu nzego zose turabasaba ngo bateganyirize ababyeyi aho bonkereza abana babo mu gihe bari aho bakorera.”
Uwimana Ana, Umuyobozi mukuru w’ishuri rya Rwimbogo Primary and Nursery School, avuga ko ku kigo ayobora bagiye kwihutisha gahunda yo gushyiraho icyumba ababyeyi bonkerezamo abana, ndetse aboneraho gushishikariza n’abandi bakoresha gushyiraho ibyo byumba kubigo bayobora.
Yagize ati: “Inama naha abandi bayobozi bose b’amashuri ni ukubashishikariza gusahyiraho ibyo bumba byazajya bifasha abo babyeyi kuko nibo bizagirira umumaro bwa mbere, nko ku kigo nyobora rero ni ikintu tugiye kwihutisha, tukareba uburyo twashyiraho icyo cyujmba kuko njye namaze kubona ko byatanga umusaruro.”
Ubushakashatsi bugaragaza ko mu Rwanda konsa abana mu gihe cy’amezi 6 kuva bakivuka byagabanutse ku kigero cya 6% aho byavuye kuri 87,3% mu mwaka wa 2015 bikagera kuri 81% mu mwaka wa 2020.
Havugimana Emmanuel Ati. “Ni ugushimira NIRDA kuko twari dufite ikibazo gikomeye kuko tileyi zavaga I Bugande zikaza zihenze kenshi tukanazibura ubwo rero nagiye nsaba iyo mashini kubera ko ari ikibazo cyari kibangamiye aborozi mu Rwanda.
Yongeyeho ko kuva ubu amatileyi ari kuva iwe akajya I Bugande ku giciro gito.
Yasoje agira ATI. “Hano mu Rwanda ikibazo cyarakemutse n’aborozi nta kibazo bagifite ku matileyi ubu imwe iragura amafaranga y’u Rwanda 80Frws mu gihe mbere ivuye I Bugande yaguraga amafaranga y’u Rwanda 150Frws.”
Hanganimana Jean Paul, ni umuyobozi w’uruganda rwitwa Regional Food Processing Industry rukora ibiryo by’amatungo rukorera mu cyanya cy’inganda cy’Akarere ka Huye avuga ko umusaruro wiyongereye mu bwiza no mu bwinshi ukikuba gatatu (3) ugereranyije n’ibyo bakoraga mbere y’uko babona izo mashini.
Yagize ati “Nkatwe uruganda rwacu rwahawe imashini zifite agaciro k’ ibihumbi 194 by’amadorali umusaruro wariyongereye haba mu bwiza ndetse no mu bwinshi navuga ko wikubye gatatu (3) ugereranyije n’ibyo twakoraga mbere y’uko tubona izo mashini. Dufite imashini zikora toni ebyiri (2) ku isaha mbere twakoraga toni eshanu (5) ku munsi, ubu ngubu dufite ubushobozi bwo gukora toni 30 twakoze amasaha 15 ku munsi.”
Jean Paul yongera ho ko kongera agaciro ndetse n’ingano y’ibikorwa byari bikenewe mu nganda.
Ati “Ibibazo byari biriho ni ibibazo rusange byo kugira ikoranabuhanga mu birebana n’inganda ni ukuvuga kugira imashini zigezweho zikora ibiryo byiza bifite ubuziranenge kandi byinshi bishobora gufasha abahinzi n’aborozi ku buryo uko kongera agaciro ndetse n’ingano y’ibikorwa byari bikenewe mu nganda.”
Umuyobozi mukuru wa NIRDA, Dr. Sekomo Christian avuga ko bishimira porogaramu bafashijwemo n’ababiligi no guha abanyenganda amasezerano y’imikoranire.
Umuyobozi mukuru wa NIRDA, Dr. Sekomo Christian
Yagize ati “Uno munsi duteraniye hano kugirango twishimire iyi porogaramu (NIRDA Open Calls Program) twafashijwemo n’ababiligi binyuze mu mpererekane nyongeragaciro eshanu. Eshatu mu buhinzi n’ebyiri mu iterambere ry’imijyi. Uno munsi twahaye aba banyenganda bari hano amasezerano (contract) ajyanye n’uko tuzakomeza gukorana nabo tureba uko bashyira mu bikorwa gahunda y’igihugu yo kongera umusaruro no gukora ibicuruzwa byiza byujuje ubuziranenge.”
Umuyobozi ushinzwe imishinga mu Kigo cy’Iterambere cy’Ububirigi mu Rwanda (Enabel) Iglesias Roa Manuel, avuga ko ikoranabuhanga ari kimwe mu gice ikigo cyabo ndetse n’Ububiligi bateramo inkunga, kandi ko batazahwema gutanga inkunga yabo.
Gahunda y’ipiganwa izwi nka NIRDA Open Calls Program yatangiye mu 2020-2021 ikomwa mu nkokora n’icyorezo cya COVID-19 ariko imashini zose abanyenganda basabye Leta zaraje, ku buryo 80% ziri gukoreshwa mu nganda nkaho 20% nazo ziracyari mugutunganwabkugirango nazo zitangire zikoreshwe.
Mu gikorwa cy’itangira ry’umwaka w’Amashuri cyahuriranye n’igikorwa cyo guherekeza abanyeshuri 11 bize imyuga itandukanye bagiye kwiga mu gihugu cya Mauritius bahawe buruse na Kigali Leading TSS bamwe mu banyeshuri bavuga ko bashimira Kigali Leading TSS n’intego bafite mu guteza imbere igihugu.
Kigali Leading TSS yatangiye mu mwaka was 2013 ifite amashami y’Ubukanishi bw’imodoka, Amahoteli n’Ubukerarugendo n’ikoranabuhanga. Hamaze gusohoka abanyeshuri barenga 3400 muri abo bose 78,6% bafite akazi. Abanyeshuri bamaze kujya muri Mauritius bose ni 130 abamaze kurangirizayo amasomo ni 119.
Tuyizere Alphonse, umuyobozi wa Kigali Leading TSS avuga ko bafite umwihariko wo gushyira imbere kuvuga indimi mpuzamahanga no gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye.
Tuyizere Alphonse, umuyobozi wa Kigali Leading TSS
Agira ati “Mu by’ukuri hano hanze hari amashuri menshi yigisha TVET ariko umwihariko wa Kigali Leading TSS ni uko dufite abarimu beza cyane b’intangarugero kandi bafite ubumenyi babyize. Icya kabiri dushyira imbere ni uko abana babasha kuvuga indimi mpuzamahanga, icya gatatu abana bacu mu bizamini bya Leta baratsinda 100% icya kane ni uko dukorana n’abandi bafatanyabikorwa kuko ntago twakora turi ishuri gusa niba twigisha ikintu nihe umwana wacu azimenyereza umwuga, nihe umwana wacu azabona akazi, niba twigisha segonderi nihe azakomereza Kaminuza akabona buruse. Si n’abo ngabo bo muri Mauritius gusa dufite n’abandi b’abanya Canada n’abahorandi abo nabo tugiye gusinyana amasezerano y’imikoranire kugirango tujye tuboherereza abanyeshuri.”
Shema Abdoulasac wize muri Kigali Leading TSS mu bijyanye na Software Development
Shema Abdoulasac wize muri Kigali Leading TSS mu bijyanye na Software Development agiye gukomeza amashuri mu bijyanye na Business avuga ko yishimiye kwiga mu mahanga kuko bizamufasha kwiteza imbere.
Yagize ati “Ndishimye cyane tugiye gukomeza kwiga mu mahanga ngo turebe ko twagira icyo twitezaho imbere ndetse n’igihugu cyacu. Iyo wiga ibintu ukunze biragutunga kandi bikakugeza aho ushaka hose.”
Uwase Favour ugiye kwiga mu ishami ry’Ubukerarugendo n’ Amahoteli
Uwase Favour ugiye kwiga mu ishami ry’Ubukerarugendo n’ Amahoteli yagize ati “Ndashimira Kigali Leading TSS kumpugura neza bakampa ubumenyi bukwiriye kandi turabashimira ku bufatanye bwabo.
Yasoje agira Ati. “Intego mfite ni uko ngiye kongera ubumenyi burenze kubwo mfite kugirango nzabashe kugaruka mu gihugu mfite izindi mpamyabumenyi kugirango nzashyigikire igihugu cyanjye nange ubwange nshobore kwiteza imbere.”
Ababyeyi babano banyeshuri boherejwe kwiga hanze basabye abana babo kuzitwara neza Kandi bagakomeza kuzirikana indangagaciro za kinyarwanda na kirazira.
Umunyeshuri ukora isabune Nawe akaba yiga muri Kigali Leading TSS
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Sylvere Nahayo, yasabye urubyiruko kugendera kure ikintu cyose cyabavutsa ubuzima, abibutsa ko bagomba kwirinda ibiyobyambwenge ndetse n’icyorezo cya SIDA, n’inda z’imburagihe bategura ejo heza habo.
Ni ubutumwa yatanze ku wa 22 Nzeri 2023 mu bukangurambaga bwo kongera ubumenyi mu kwirinda virusi itera SIDA mu gikorwa cyaranzwe n’imikino mu mupira w’amaguru hagati y’imirenge yo muri Ako Karere.
Ubu bukangurambaga bwateguwe ku bufatanye na FXB Rwanda, The Global Fund na RBC n’Akarere ka Kamonyi.
Mu mikino yabereye kuri Stade ya Ruyenzi yahuje amakipe y’I mirenge ine yo mu Karere ka Kamonyi igikombe cyegukanwe n’Umurenge wa Runda.
Umurenge wa Gacurabwenge wegukanye umwanya wa kabiri naho uwa Rukoma uba uwa gatatu mu gihe uwa Musambira ari wo waherekeje iyindi mirenge mu mwanya wa nyuma nkuko bari baserukiye imirenge yabo mu gikorwa cy’ubukangurambaga.
Senderi Eric akaba Umuhanzi ukunzwe n’urubyiruko uzwi cyane kw’izina rya international Hiti ,yasusurukije urubyiruko rwaraho ,anarusaba kwirinda ingeso mbi zarushora mu businzi , ndetse n’ubusambanyi hamwe n’ubuzererezi
Eric Mushimiyimana, n’umukozi wa FXB Rwanda yavuze yatangarije abari bitabiriye uwo muhango ko kutagira amakuru ku cyorezo cya SIDA biri mu bituma urubyiruko rwishora mu ngeso mbi, zirimo n’ibiyobyabwenge, biri mu bituma bandura icyo cyororo cya Virus itera Sida.
Eric Mushimiyimana, umukozi wa FXB Rwanda
Yagize ati ” Ubwo bumenyi n’ubwo bukungu ntitwabugeraho tudafite ubuzima buzima, rero tukababwira ko dukwiye gufata ingamba twirinda ubwandu bushyashya bwa virusi itera SIDA ndetse tunegera na serivisi zitandukanye z’ubuzima buri wese areba uko ahagaze.”
Yakomeje ashimiye abitabiriye izo serivisi zo kwipimisha ku bushake zari ziraho kuri stade Ruyenzi dore ko ntakiguzi byasabaga.
Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yagarutse k’urubyiruko nk’imbaraga z’igihugu azisaba kuba maso zikumvako arizo nkingi z’iterambere zejo gazaza z’ifite ubuzima buzira umuze mu kuyobora igihungu .
Impungege zari zose ku bantu bakodesha ndetse nabakorera mu mahema kuberako hari hashize iminsi humvikanye inkuru yuko Umujyi wa Kigali wahagaritse amahema, ariko ubuyobozi bwasobanuye ko butigeze buca amahema.
Mu kiganiro ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiranye n’abanyamakuru, ku wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, bwabajijwe ku kibazo cy’amahema asanzwe akorerwamo ibirori bitandukanye, birimo ubukwe n’ibindi, bivugwa ko yahagaritswe, maze mu kugisubiza umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, avuga ko icyari kigambiriwe ari ukugira ngo abantu bibutswe kubahirizwa igishushanyo mbonera.
Akomeza agira ati “Amahema menshi dufite muri uyu Mujyi nubwo akorerwamo ubukwe, harimo n’abashobora gukoreramo ikindi, nk’imurikagurisha. Ushobora kugira ihema rikajya rikorerwamo inama, rikajya ryakira ibirori bitandukanye, ahubwo icyo dusaba ni ukuvuga ngo ese ibyo wasabye gukora bigendanye n’igishushanyo mbonera kiri aho, ese wagiriwe izihe nama ugomba kubahiriza.”
Bimwe mu byo ubuyobozi w’Umujyi wa Kigali buvuga ko bigomba kubahirizwa, ku bakora ubucuruzi bwo gukodesha amahema, birimo kugira ubwiherero bujyanye n’umubare w’abantu, kugira ibikoresho by’ubwirinzi birwanya inkongi y’umuriro igihe ibaye, ibishobora kuba byafasha mu kugabanya urusaku n’ibindi.
Nubwo hari abavuga ko guhagarikwa hari abo byateje igihombo, ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko nta muntu urabagana ababwira ko yatejwe igihombo n’ihagarikwa ry’ayo mahema, kugira ngo biganirweho.
Iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku Iteka rya Minisitiri ryo mu 2019, rishyiraho amabwiriza ajyanye n’imitunganyirize y’imijyi n’imyubakire, no ku gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali cya 2020.
Urubyiruko rw’abarwanashyaka b’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democracy Green Party Rwanda, DGPR) ruturutse hirya no hino kw’isi harimwo abaturutse mu Rwanda, Congo, Madagascar, Kenya n’ahandi hatandukanye rwatangije Urubuga (AYA Adisi Ya Afrika), rugamije kuzana impinduka muri Politike ya Afurika.
Uru rubyiruko rwatangije ku mugaragaro iri huriro mu nama y’urubyiruko Ku rwego rw’Igihugu (National Youth Greens Congress 2023) kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Nzeri.
N’inama yarigamaje gutora committee z’urubyiruko mu rwego rw’igihugu ndetse banarebera hamwe uko bakitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe umwaka utaha.
Bamwe mu rubyiruko bagaragaje imbogamizi bafite kugeza Ubu ndetse banasaba ko Hon. Dr. Habineza Frank, Umuyobozi mukuru w’Ishyaka Green Party Rwanda y’abakorera ubuvugizi bwibyo bibazo bafite.
Bazambanza Olivier numwe mubaje bahagarariye urubyiruko rwo mu Karere Ka Karongi, yasabye umuyobozi mukuru w’ishyaka rya DGPR ko yabakorera ubuvugizi ibihugu bigize Africa y’ibirasirazuba bikongera bigahahirana ntankomyi.
Bazambanza Olivier numwe mubaje bahagarariye urubyiruko rwo mu Karere Ka Karongi
Olivier Ati, “Abanyarwanda turashonje inzara itugeze mu mavi, ibiciro Ku masoko bigenda bizamuka arinako ikirere ntacyo gihindagurika bityo bigatuma abahinze imyaka itera Ku rugero rushimishije. Bityo rero twasabaga ko tubaye twishyize hamwe nk’ibihugu byibumbiye mu muryango w’iburasirazuba bw’Afurika twakongera tugahahirana nkuko byahoze bishobora kugira icyo byadufasha mugukemura ikibazo cy’inzara cyitwugarije.
Ndagijimana Jean Aime waturutse mu ntara y’Iburasirazuba waje ahagarariye urubyiruko mu kiganiro yagiranye n’ Imenanews yavuzeko Green Party yaje ari nk’ibisubizo kubanyarwanda.
Yasoje agira Ati, “Green Party yaje ari igisubizo kubanyarwanda kuko igiye guhangana n’izamuka ry’ibiciro rigendana n’ingamba zo guhinga ziriho kurubu zituma hari bimwe bidindira ariko icyo Green Party nicyo yaziye gukorera ubuvugizi abature Rwanda muri rusange,
Yongeyeho ko icyo yizeza urubyiruko ariko ejo ari heza mu gihe bari kumwe na Green Party.
Umuyobozi mukuru w’ishyaka Green Party Rwanda Hon. Dr Habineza Frank wamaze no gushyirwa kurutonde rwo kuzahagararira ishyaka Green Party Rwanda mu matora y’umukuru w’igihugu umwaka utaha yagarutse ku kibazo cy’amapfa yugarije abature Rwanda
Umuyobozi mukuru w’ishyaka Green Party Rwanda Hon. Dr Habineza Frank, abaturage badasiba kwita murumana wa Yesu
Hon. Dr. Frank Habineza Ati, “Ntago aritwe twenyine duhangayikishijwe n’ikibazo cy’inzara n’izamuka ry’ibiciro kuko twagiye tubivuga kenshi ndetse no mu nteko twarabivuze igihe minisitri yazaga yavuze byatewe n’icyorezo cya Covid 19 hanyuma yibyo kandi hiyongeraho n’intambara yo muri Ukraine, Ariko ntago twavugango turagarukira aho, tugomba gukomeza gukora ubushakashatsi.”
Yasoje agira Ati, “Ibindi bijyanye nuko tuzahangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko ndetse nibindi tuzongera tubibagezeho mu nego zacu z’umwaka utaha kuko si urugamba rwarangira umunsi umwe gusa”.
Hari igice cy’ishyamba rya Nyungwe kireba mu Murenge wa Bweyeye muri Rusizi kibasiwe n’inkongi.
Twagerageje kuvugisha umuyobozi mukuru wa Pariki ya Nyungwe witwa Protais Niyigaba ngo agire icyo abitubwiraho ariko nta gisubizo turabona.
Icyakora Umuyobozi w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwita ku mashyamba( Rwanda Forestry Authority) witwa Concorde Nsengumuremyi avuga ko kugeza ubu bataramenya icyateye iriya nkongi ariko ngo ibarura rya mu gitondo kuri uyu wa Kabiri taliki 22, Kanama, 2023 habarurwaga hegitari umunani(8).
Nsungumuremyi avuga ko kuba ririya shyamba ryahiye ari igihombo ku Rwanda no ku isi muri rusange kubera ko risanzwe ricumbiye ibinyabuzima bw’amoko atandukanye.
CONCORDE NSENGUMUREMYI
Ati: “ Nk’uko ubizi ririya shyamba riri mu mashyamba afitiye isi akamaro kubera ko ari ishyamba ry’inzitane rihoramo imvura igatanga umwuka abantu bakeneye. Kuba ryahiye rero ni ikibazo kubera ko, nk’uko ubyumva, hari amoko y’ibiti, inzoka n’ibindi binyabuzima byahatikiriye.”
Iri shyamba rivuzweho gushya mu gihe hari umugambi w’uko Pariki ya Nyungwe iri gusabirwa gushyirwa ku bigize umurage w’isi.
Andi makuru kuri iyi ngingo turakomeza kuyakurikirana…
Hashingiwe kuba umubare munini w’Abanyarwanda bakora umurimo wo guhinga ndetse ukanabinjiriza inyungu, yewe n’ibitunga abanyagihugu bikava muruyu murimo wo guhinga, U Rwanda na Amerika bashyize umukono ku masezerano agamije gufasha kugeze amakuru ku bahinzi muburyo bwihuse.
Kugira ngo abaturarwanda bakomeze kwihaza mu biribwa bituruka ku masururo w’abahinzi bo hirya no hino mu gihigu, niyo mpamvu guverinoma ihora ishaka icyatuma bakomeza gutera imbere kugira ngo umusaruro ukomeze kwiyongera.
Imwe mu mbogamizi abihinzi bagira ni ukutamenya amakuru atandukanye ajyanye n’ibikorwa byabo. Ibi nibyo bigiye gukemurwa na gahunda ya CAES iri mu masezerano yasinywe hagati y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ifatanyije na USAID mu mishinga wayo w’ubuhinzi yise ‘Hinga Wunguke’.
Uyu mushinga w’imyaka itanu uzagera ku bahinzi basaga ibihumbi 800 bo hirya no hino mu turere 13 tw’igihugu, ugamije gusakaza amakuru nyayo ajyanye n’ubuhinzi cyane cyane ku byavuye mu bushakashatsi.
Ubusanzwe RAB yari ifite uburyo bwo gukoresha abajyanama mu buhinzi akaba aribo batanga amakuru atandukanye ku bahinzi bo hirya no hino mu gihigu, kuri ubu bagiye kongererwa ubushobozi mu mahugurwa mu bintu bitandukanye bijyanye n’uruhererekane mu bihinzi.
Bivuze ko umuhinzi azajya abasha kubona amakuru ku buryo bwo guhinga, imbuto, inyongereramusaruro, amasoko yo mu gihugu no hanze, ubushakashatsi n’ibindi byose bikenewe.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Kamana Olivier, yavuze ko iyi gahunda izatuma abahinzi babasha kugera ku makuru mu buryo bwihuse kuko hazaba harimo n’ikoranabuhanga.
Dr Kamana Olivier, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi
Ati “Uburyo bwari busanzwe bwatanze umusaruro ariko ubu turi kurangiza gahunda yo kuvugurura ubuhinzi icyiciro cya kane, ubu tugiye gutangira icya gatanu ubu turi kugerageza kwivugurura tukava mu bihe bya kera tukajya mu ikoranabuhanga.”
“Ubu rero tugiye kurushaho kwegera umuhinzi n’umworozi kuko mbere wasangaga hari aho bategerwa tubaba hafi ku buryo amakuru abageraho mu gihe cyihuse.”
Ibi abihuje n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr Telesphore Ndabamenye, wagaragaje ko ibi bigo byombi bifite intego yo guteza imbere ubuhinzi mu buryo bwihuse kandi bugezweho.
Ati “Hinga Wunguke yagiranye imikoranire myiza na RAB dutekereza ku gutanga icyerekezo cyo kuvugurura uburyo bw’iyamamaza buhinzi n’ubworozi biganisha ku bukire.”
“Intego yabo na RAB biruzuzanya bisaba ko abafatanya bikorwa tugira imikoranire haba mu buryo bwo kubona ubumenyi, amafaranga yo gukora ibikorwa kugira ngo duhuze imbaraga bitume tugera ku ntego vuba mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.”
Ku ruhande rw’Umuybozi Mukuru wa USAID-Hinga Wunguke, Daniel Gies, yavuze ko ikigamijwe ari ugukorera hamwe mu kuzamura urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda.
Abanyeshuri barenga Magana abiri 200 bajyanywe mu bitaro nyuma yo kurya uburozi
Ibi byabaye kuruyu wa kane tariki 20 Nyakanga 2023 ku Ishuri riherereye Nagalama mu gihugu cya Uganda mu Karere Ka Mukono rizwa nka Nakanyonyi Senior Secondary School, aho abanyeshuri basaga Magana abari (200) hafi no kurenga bagiraga ikibazo cyo kuribwa munda bamwe bikanabaviramo kugwa igihumure.
Umwarimu wigisha kurir’ishuri yavuzeko abanyeshuri nyuma yo gufata amafunguro yabo ya nimugoroba ahagana saa moya zo kuwa gatatu tariki 19 aribwo bamwe muribo batangiye gutaka bavuga ko munda hari kubarya nuko tubaha ku miti igabanya uburibwe.
Polisi ya Mukono yavuze ko yatwayeho amwe muraya mafunguro acyekwaho kuba yahumanyijwe kuyapima mu mujyi wa Kampala kugirango babashe kumenya neza inkomoko yubu burwaye butunguranye.
Nyuma yakarengane kenshi no kuvangurwa mu bandi “Abakundana bahuje imiterere” bibumbiye mu muryango wa LGBTQIA+ bahuguwe byinshi ku bijyanye nuburenganzira bwabo
Mu gihe cyatambutse hagiye humvikana ibibazo bitandukanye harimo ihohoterwa n’ivangurwa rikorerwa bamwe mu bakundana bahuje imiterere, bazira uko bari kandi nabo ubwabo batarabigizemo uruhare yewe bikagera naho umubyeyi y’irukana umwana we yibyariye, abandi bakabirukana mu kazi ndetse rimwe na rimwe ntibanahabwe serivise zihabanze.
Umuryango HDI (Health Development Initiatives) ufatanyije na RYFPL (Right For Young Feminist And Positive Life) hamwe na wiceceka yewe nindi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu bateye intambwe yo gusobanurira abantu ibijyanye n’ubuzima bw’ababana bahuje imiterere hagamijwe kugirango ivangura n’akarengane bibakorerwa bicike burundu.
Umuyobozi wa wiceceka Uwayezu Andre yabwiye imenanews ko mu kurwanya no kurandura burundu ihezwa n’akato bikorerwa abanyamuryango ba LGBTQ+ ba bishyize mu byiciro bitatu.
Ati”. Ikiciro cya 1 twabanje ku ganiriza abakundana bahuje imiterere ubwabo gusobanukirwa no kumenya uburenganzira bwabo yewe nuko bakwitara igihe bahuye nako kato cyangwa ivangura, Ikiciro cya 2 habayeho ku ganiriza ababyeyi, Abayobozi b’amadini n’amatorero ndetse n’abashinzwe umutekano hamwre n’abayobozi bibanze kugirango bumve neza ko niba umwana wabo akururwa nuwo bahuje igitsina badakwiye ku muca mu muryango cyangwa ngo bamwamagane nkuko haraho twagiye tubibona, Icya 3 ni itangazamakuru kugirango mu gihe habayeho ihohoterwa rikorerwa umunyamuryango wa LGBTQ+ bashobore kumenya uko batangazamo iyo nkuru batagize nabo uwo bakomeretsa igihe badasobanukiwe neza ibyerekeye uyu muryango wa LGBTQ+.
Musangwa Jonathan umukozi w’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu “Human right first and association” akaba n’umunyamategeko wabigize umwuga yavuzeko nta munyarwanda ukwiye gukora ivangura ku muntu uwariwe wese kuko hari amategeko abihanirwa.
Ati.”Mwitegeko nshinga ariticle ya 16 igena uburyo ki umuntu wese ukora ivangura yahanwa n’amategeko, noneho mu mategeko nshinjabyaha ariticle ya 163 ihana umuntu wese wakoze icyaha cy’ivangura naho 164 igahana umuntu washishikarije mugenzi we gukora ivangura, Akaba Ari naryo kose abanyamakuru bakunze kugwamo kubera ko nta makuru ahagije baba bafite ku kintu.
Yasoje agira Ati”. Iyi niyo mpamvu twahisemo n’abanyamakuru ko basobanukirwa kugirango babashe kugira amakuru ahagije bityo batazagongwa n’amategeko.
Umukozi w’umuryango wa HDI (Health Development Initiatives) Muhirwa Suleiman agaruka ku ngaruka mbi bamwe mu banyamuryango ba LGBTQ+ bahura nazo iyo bakorewe iryo vangura.
Ku wa gatatu tariki ya 31 Gicurasi 2023, ku biro bya Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare CICR i Kigali, hizihirijwe imyaka 60 uyu muryango umaze ukorera mu Rwanda. Hifashishijwe amafoto, CICR yagaragaje ibikorwa yagiye ikora mukurengera ubuzima bw’abantu by’umwihariko kuva 1993 no mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu mafoto yamuritswe, abitabiriye uyu muhango barimo Abambasaderi bahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda, abayobozi b’imiryango mpuzamahanga itandukanye, abayobozi batandukanye bo mu nzego za Leta, ndetse n’abayobozi ba Croix Rouge y’u Rwanda, beretswe ibikorwa CICR yakoze mu Rwanda harimo kuvura inkomere za Jenoside, kubagaburira no guhuza imiryango yatandukanye.
Christoph Sutter, Umuyobozi wa CICR muri Uganda, u Rwanda n’u Burundi avuga ko bishimira ibikorwa bagezeho mu myaka bamaze mu Rwanda.
Christoph Sutter, Umuyobozi wa CICR muri Uganda, Rwanda ndetse n’u Burundi
Agira ati ”Twishimira imyaka tumaze dukorera mu Rwanda ndetse n’imikoranire myiza na Leta y’u Rwanda. CICR yatangiye gukorera mu Rwanda kuva 1963 ariko tuhagira ibiro bihoraho kuva 1990. Nkuko inshingano za CICR ziri twakoze ibikorwa byinshi byo kurengera ubuzima bw’abantu mu bihe by’amage. By’umwihariko twafashije amagana y’abantu bari bababaye mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, twavuye abantu, duhuza imiryango yari yaratatanye, ndetse n’ubu turacyakomeza kubikora…”
Esperance Hitimana ni umubyeyi w’imyaka 49. Ashima ibikorwa bya CICR dore ko uyu muryango wamutabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi.
Esperance HITIMANA, Uwafashijwe na CICR muri 1994
Agira ati ”Mu gihe cya Jenoside narakomeretse abantu barantoragura banjyana mu bitaro bya CICR, kuko niyo yonyine yari ifite ibitaro mpamya ko iyo bataba hafi mba narapfuye.”
Yongeraho ko ashima urwego agezeho kuko nyuma yo kumuvura bahise bamuha akazi kugeza ubu.
Agira ati ”Kubera ko ibitaro byari bifite abantu benshi bagomba kwitabwaho, iyo watoraga agatege wahitaga uhabwa inshingano zo kwita ku bandi. Ng’uko uko nahise mbona akazi muri CICR kuva mu 1994”.
Uyu mubyeyi avuga ko CICR ari umuryango mwiza kuko usibye kukuvura bagufasha no mu iterambere ryawe ku giti cyawe.
Umujyanama mu by’amategeko muri CICR akaba n’umuyobozi w’Ishami ry’itangazamakuru no gukumira, Namahoro Julien avuga ko bagihura n’imbogamizi z’uko mu bihugu byinshi cyane cyane ibirimo intambara batemererwa kugera kubababye.
NAMAHORO Julien, Umujyanama wa CICR Muby’ Amategeko
Les jeunes qui travaillent dans la société minière de pierres précieuses de RWINKWAVU Worflam Mining dans le district de Kayonza disent qu’ils craignent que l’augmentation du sida ne soit élevée car ils ont besoin des préservatifs sur leur lieu de travail.
Lorsque vous parlez aux jeunes qui travaillent dans l’exploitation minière dans la société minière appelée RWINKWAVU Worflam Mining dans le district de KAYONZA, ils vous disent qu’ils ont des difficultés à trouver des préservatifs et qu’ils craignent que cela rende difficile pour certains d’entre eux d’éviter le SIDA .
HAFASHIMANA J. de la Paix dit que les jeunes font face à de nombreuses épreuves qui peuvent les amener à contracter le SIDA et demande que les préservatifs leur soient plus proches.
Hafashimana J. de la Paix
Il dit: Tu vois ici on gagne beaucoup d’argent, parfois nous buvons beaucoup d’ alcohol et on peut facilement se contaminer infecté par le SIDA”.
Hafashimana poursuit: Quand je veux résoudre mon problem lier au desir sexuel, j’utilise des préservatifs, mais il y a des gens qui ne se souviennent pas de les utiliser. Ils nous donnaient des préservatifs ici, mais maintenant cela fait 5 mois et ils ne les apportent plus.”
Il conclut : Nous demandons que les gens en charge nous apportent des préservatifs ici et qu’ils nous donnent du temps car parfois vous allez à la Boutique et vous en manquez, ça nous aiderait encore plus”.
Murebwayire Delphine dit aussi: Je demande à mes camarades jeunes de passer par les conseillers de santé et de leur donner des préservatifs au lieu d’avoir des rapports sexuels non protégés car nous travaillons ici, ils n’ont pas ces préservatifs car nous n’en avons pas”.
Elle conclut en disant: Je suis ici depuis 7 mois mais depuis mon arrivée je n’ai pas vu de préservatifs. Si vous rencontrez un problème et que vous avez besoin d’avoir des relations sexuelles, vous pouvez être facilement infecté. une boîte pour que quelqu’un la prenne parce qu’il y en a qui ont honte d’aller l’acheter dans des boutiques ou d’aller les demander aux conseillers de santé.
Représentant de RWINKAWU Worflam Mining Eng. Elmogene TUYISHIMIRE dit: Les préservatifs sont fournis au Centre de santé de Rwinkwavu, les médecins encouragent les gens à aller les chercher, et nous encourageons le personnel de bien comprendre le danger.
Il conclut en disant : “Ici les ouvriers travaillent pour six cent mille francs rwandais par mois, c’est beaucoup d’argent qui peut vous faire prostituer. Ce que je demanderais, c’est qu’on ramène les préservatifs, mais il faut quand même que les gens parle du SIDA et qu’on leur rappelle qu’il est important de l’éviter.”
Ntawiringira Anastase directeur adjoint du centre de santé de Rwinkwavu
NTAWIRINGIRA Anastase, directeur adjoint du centre de santé de Rwinkwavu, qui est également au service de prise en charge du VIH/SIDA, déclare: Ce que nous n’avons pas encore fait, c’est de prendre des préservatifs pour pouvoir les envoyer aux gens de la carrière, mais chaque autre zone (site) a un représentant afin que ceux qui recherchent des préservatifs puissent en trouver”.
Le directeur dit qu’ils sont confrontés au défi d’avoir des préservatifs portés par les enfants qui vont jouer au football, mais il assure qu’ils vont trouver un moyen de fournir des préservatifs à ceux qui travaillent dans les mines. Le maire du district de Kayonza, NYEMAZI John.
Le maire du district de Kayonza Nyemazi John BoscoInnocent Bahati le coordinateur du ABASIRWA Avec les jeunes miniers
Abagore bo mu cyaro bagaragaza ko kuba bamara amasaha menshi ku mirimo yo murugo ari zimwe mu mbogamizi zituma badatera imbera.
Abaganiriye n’ imenanews mu gihe hirya no hino barimo bizihiza, umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro, bagaragaje ko bakunze guhura n’ikibazo cyo kuvunika cyane mu mirimo yo mu rugo, bigatuma nta kindi kintu bakora ngo kibateze imbere.
Joseline Uwimana ni umubyeyi utuye mu Murenge wa Cyaratsi mu Karere ka Nyanza, avuga ko usanga umugore wo mu cyaro avunika cyane mu mirimo y’urugo, kandi iyo mirimo mu byukuri ntabwo iba igaragara ngo ubone ko hari icyakozwe.
Ati “Umwanya munini tuwumara turi mu mirimo yo kwita ku rugo irimo guteka, kugaburira abana no kuvoma, gushaka inkwi zo gucana ndetse no guhinga rimwe na rimwe hari igihe duhinga tunahetse umwana ukiri muto, iyo ubirebye turavunika cyane, ahubwo ni ukutubwirira abagabo bacu bakadufasha kuko usanga bo iyo bavuye guhinga bahita bigira kunywa icupa”.
Ibibazo by’imirimo ivunanye yo mu ngo ababyeyi benshi babihuriyeho, kuko Uwimana Francine wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Mugombwa, avuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari benshi kandi akazi umugore wo mucyaro akora akenshi usanga katagaragara kandi aba yavunitse cyane.
Ati “Tuzitirwa n’imirimo y’urudaca dukora igatuma tutagera aho twifuza kugera mu iterambere. Iyo mirimo ituma tutabona umwanya wo kuruhuka, bikatuviramo ubumuga n’imvune mu buryo butapfa kugaragara. Mbona kugera ku iterambere kuri njye ari inzozi.”
Aba bagore bakomeza bavuga ko uruhurirane rw’imirimo yo mu rugo iba ibareba, rudatuma babasha gutekereza ku buryo bwagutse kuri gahunda zabateza imbere.
Gusa n’ubwo bimeze gutyo barashima intambwe yatewe mu kwita ku mugore no kumuteza imbere mu mibereho ye, no kumuha uburenganzira bungana n’ubw’umugabo.
Uwimana avuga ko mu bihe byashize umugore wo mu cyaro yari abayeho nabi, kuko wasangaga abayeho ubuzima bwo guhinga gusa, ugasanga arahora mu gitenge kimwe, kubera kutasobanukirwa ngo ahaguruke ashakishe indi mibereho. Ibi byatumaga rimwe na rimwe bimuviramo no guharikwa. Ariko kuri ubu umugore arahaguruka akajya nko mu kimina akisungana n’abandi akiteza imbere.
Umuryango wa Actionaid Rwanda mu bushakashatsi wakoze, ukabumurika muri Nyakanga 2022, wasanze abagore bo mu Rwanda muri rusange bavunika mu gukora imirimo yo mu rugo idahabwa agaciro, cyangwa idahemberwa kurusha abagabo.
Clare Katwesigye amurika ibyavuye muri ubwo bushakshatsi, yatangaje ko ikibazo cy’imirimo idahabwa agaciro [Unpaid care work] mu ngo, kimaze igihe kivugwaho ariko kitararangira mu Rwanda n’ubwo ngo kigaragara ku Isi yose.
Aya masaha umugore amara akora iyi mirimo idahemberwa, bituma atabona amahirwe yo kuba mu yindi myanya ifata ibyemezo cyangwa ngo akore indi mirimo ibyara inyungu.
Ubushakshatsi bwaragaraje ko abagore bo mu mujyi bafite akazi ka Leta cyangwa bikorera byibuze bakora amasaha 2 imirimo yo mu rugo, mu gihe umugabo ari isaha imwe.
Mu cyaro umugore akora amasaha 6, bivuze ko aba atabonye andi mahirwe yo gukora indi mirimo imwinjiriza. Umugabo wo mu cyaro we akora amasaha 2 bivuze ko iyi mirimo yo mu rugo idahemberwa ari imvune ikomeye ku mugore ugereranyije n’umugabo.
Leta yahaye amahirwe abagore bo mucyaro cyane cyane abari mukiciro cy’ubucuruzi yo gukorana n’ibigo by’imari, bafata inguzanyo bityo bakiteza imbere bakarenga ku mbogamizi zikibazitira kugera kw’iterambere.
Kuri uyu wa Gatanu ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro wizihirijwe mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu.
Uwimana Chantal ukora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bw’imboga n’imbuto mu murenge wa Busasamana, yavuze ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo ari igishoro kidahagije kubera kutabona mu buryo bworoshye serivisi z’ibigo by’imari.
Yagize ati “Hano umugore wo mu cyaro arahinga akanakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka ariko duhura n’imbogamizi y’igishoro gitoya, tubonye abaterankunga tugafatanya n’ayo dufite twakwizamura.”
Umuyobozi w’inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’igihugu, Mukakarisa Francine yavuze ko bigaragara ko abagore bari mu bucuruzi bucirirtse ari bake, abasaba kwitabira gukorana n’ibigo by’imari.
Ati “Nko mu bukungu usanga abagore bakiri mu bucuruzi buciriritse bakeneye kongererwa ubushobozi. Hari ikibazo cyo kugera ku ngwate kugira ngo babone amafaranga mu mabanki kubera ko rimwe na rimwe baba batumvikana n’abo bashakanye kugira ngo bagere ku ngwate ku buryo bworoshye, hari kuba bakora imirimo yo mu rugo hafi ya yose bigatuma nta mwanya babona wo kujya gukora.”
Yakomeje avuga ko abagore bakeneye kwitabira ikoreshwa ry’ikoranabuhanga kuko byagaragaye ko ryoroshya serivisi z’ikoranabuhanga.
Gukorana n’ibigo by’imari ku bagore bakora ubucuruzi mu cyaro byavuye kuri 85% muri 2016 bigera kuri 90% muri 2020, mu mijyi byavuye kuri 92% muri 2016 kugeza 98% muri 2020.
U Rwanda rwatangiye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro mu 2008 naho ku isi hose, uyu munsi watangiye kwizihizwa mu 1997 mu rwego rwo kuzirikana akamaro k’umugore wo mu cyaro mu guteza imbere ubuhinzi hagamijwe kurandura ubukene mu cyaro.
Igitekerezo cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo mu Cyaro, cyaganiriweho bwa mbere mu nama ya kane yiga ku bagore yabereye i Beijing mu Bushinwa mu 1995.
Twavugishije Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Runda Mwizerwa Rafiki , adusobanurira ko icyo kibazo atari akizi , ko ahubwo bigiye kubashaka mu rwego rw’igenzura , bakareba niba ariko biri , hagatabarwa abaturage hakiri kare batarahura n’ingaruka z’ibivugwa.
Mu bindi bigaragara kuru uru ruganda harimo kuba umusaruro w’ibigori ufatwa nabi , kuko urundwa hanze ahantu hadateguwe neza , bituma ubukonje bubyara uruhumbu buwugeraho byoroshye , ibi bigaterwa ahanini n’uko nta bwinyagamburiro bitewe n’uko inyubako uruganda rukoreramo ari ntoya cyane.
Abahanga bavuga ko hari bumwe mu burozi bwitwa Aflatoxine bugereranywa n’uruhumbu buterwa no gusarura cyangwa guhunika umusaruro nabi , ibi bikabangamira cyane ibinyampeke.
Uru ruhumbu n’ibindi bibazo bibangamiye ubuziranenge bw’ibinyampeke bishobora guturuka mu kubikwa nabi , ngo bigenda bigira ingaruka zinyuranye kandi mbi cyane ku baturage barya cyangwa banywa ibikozwe mu moko y’ifu yahuye n’ubu burozi.
Umumararungu Sandra wamenyekanye muri Sinema y’u Rwanda by’umwihariko muri filime nka “Kaliza”, “Ruzagayura”, “Amarira y’urukundo” n’izindi yitabye Imana kuri uyu wa 24 Kanama 2021.
Uyu mukobwa wasaga n’uwashyize ku ruhande ibyo gukina filime akinjira mu bushabitsi, amakuru avuga ko yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize uburwayi yari amaranye iminsi.
Umwe mu nshuti ze wahaye amakuru IGIHE yagize ati “Ni byo yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi. Yari arwariye i Kanombe.”
Umumararungu Sandra uretse kuba azwi muri Sinema y’u Rwanda, yagarutsweho mu itangazamakuru cyane ubwo yakundanaga na Bahati wahoze mu itsinda rya Just Family.
Uyu ni na we winjije Bahati wo muri Just Family mu bijyanye no gukina filime mu 2012.
Mu 2017, Umumararungu yaje kugira uruhare runini mu gutuma itsinda rya Just Family ryongera gusubirana nyuma y’imyaka myinshi risa n’iryakubise umutwe hasi.Umumararungu Sandra yitabye Imana azize uburwayiUmumararungu Sandra yamenyekanye cyane muri Sinema NyarwandaUmumararungu yavuzwe igihe kinini mu rukundo na Bahati wahoze mu itsinda rya Just Family nubwo batabashije kubanaRuzagayura ni yo filime yatumye izina Umumararungu riba ikimenyabose mu bakurikiranira hafi Sinema y’u Rwanda
Ambasaderi Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo ndetse akaba yarigeze no guhagararira u Rwanda muri Nigeria yitabye Imana azize uburwayi.
Habineza yitabye Imana afite imyaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.
Ubwo Habineza bakundaga kwita ‘Mr Joe’ yari ari i Nairobi, ku ya 18 Kanama 2021, ngo yumvise ubuzima bwe butameze neza biba ngombwa ko murumuna we, Jonas, amujyana kwa muganga ngo barebe ikibazo afite.
Mu gihe byari bitegerejwe ko ibitaro yari arwariyemo bimusezerera kuri uyu wa Gatanu, si ko byagenze kuko ari bwo yitabye Imana, nk’uko byatangajwe n’abo mu muryango we.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku munsi wo Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, mu Rwanda abantu icyenda (9) bishwe na Covid-19. Abayanduye ni 741 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 36,627. Abakize icyo cyorezo ni 113 bituma abamaze gukira bose hamwe baba 27,090. Abakirwaye ni 9,117 na ho abarembye ni 26 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza. Kugeza ubu abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 420.MINISANTE itangaza kandi ko ibipimo byose bimze gufatwa ari 1,614,429 harimo 7,863 byafashwe kuri iyo tariki.
Umuhanzi Sekamana Kevin uzwi kw’izina rya Ish Kevin na bagenzi be bari mu Maboko ya RIB kuva ku itariki ya 25 Kamena 2021, bakaba bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.
Ish Kevin
Muri abo bagenzi ba Ish harimo abakobwa bane n’umusore umwe aribo Munyanshoza Celine, Umulisa Benitha, Mugisha Patrick, Byukusenge Esther na Nziza Orga.
Baracyekwaho icyaha cyo kunywa ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bw’urumogi, aho bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, cyane ko ngo bari barimo no kunywa inzoga.
DJ Brianne ari mu bafunganywe na Ish
Ibi birori bari barimo byabereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi, Akagari ka Musezero muri Gasave. Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gisozi.
Abagore bahoze mu buzunguzayi bafashwa n’umuryango ukora ibikorwa bigamije kuzamura imibereho myiza n’iterambere ry’umugore. Women Economic Empowerment and Advisory Trust (WEEAT ) basuwe n’ Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo.
Uyu muryango ukorera mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge usanzwe uterwa inkunga na OIF mu bikorwa bigamije kuzamura imibereho myiza n’iterambere ry’umugore.
Aganira n’abanyamuryango ba WEEAT, Mushikiwabo yavuze ko iterambere ridaheza ari ryo rishobora kuzamura imibereho myiza y’umuryango, anagaragaza ko ibikorwa byose byakorwa umugore yibagiranye ntacyo byamara.
Mushikiwabo yanashimangiye ko umuryango ayoboye uzakomeza gufasha mu bikorwa by’iterambere mu bihugu binyamuryango ndetse ko umugore azakomeza kuza imbere.
Yanagaragaje ko nyuma y’aho icyorezo cya COVID-19 kiziye, bigaragara ko cyagize ingaruka zikomeye ku mibereho y’abantu cyane cyane abagore anashimangira ko Francophonie yashyizeho miliyoni 3 z’Amayero muri gahunda yo gufasha imishinga itandukanye igamije gufasha abagizweho ingaruka na COVID-19. Binyuze muri iyi gahunda WEEAT nayo yahawe asaga miliyoni 40 Frw.
Umuyobozi wa WEEAT, Uwamwiza Julie, yavuzeko bishimiye cyane kuba Mushikiwabo yarabasuye, anashimangira ko inkunga y’asaga miliyoni 40 Frw bahawe azafasha aba bagore bahoze ari abazunguzayi kwiteza imbere.
Yagize ati “ Inkunga twahawe tuzabaguriramo inkwavu aho buri tsinda tuzariha inkwavu 50 kuko ari amatsinda atatu noneho zibafashe kwiteza imbere kuko bazajya bazorora bajye kuzigurisha ku isoko bibafashe kwiteza imbere badasubiye mu muhanda.”
Uwamwiza yakomeje avuga ko bamaze amezi atatu bahawe amafaranga agera kuri 80% y’ayo bagomba guhabwa kandi bamaze gukoresha agera kuri 50%.
Ati “Twamaze kuguramo ubutaka i Nyamirambo n’i Ndera, ubu turi no gutegura ibiraro ahantu hatandukanye, tugiye kugura amatungo n’ibindi.”
Yongeyeho ko aya mafaranga azajya anakoreshwa mu bijyanye no guhugura aba bagore bahoze ari abazunguzayi gukora indi mirimo itandukanye kugira ngo babashe kwiteza imbere kurushaho binabarinda gusubira mu muhanda.
Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo yaganiriye n’aba bagore, abizeza ko umuryango ayoboye uzakomeza guharanira guteza imbere umugore. yeretswe kandi nimwe mu mishinga ikorwa naba bagore bahoze ari abazunguzayi.
Umuyobozi w’intambara ya mbere y’ubukungu bw’Afurika igamije ukwigenga kwa Afurika mu bukungu Bwana Charles N. Lambert yatangije ibikorwa bigamije ukuvuka gushya kwa Afurika kuzwi kandi ku izina rya Afurika yongeye kubaho binyuze muri gahunda nshya y’ubukungu izwi nka Compassionate Capitalism
Lambert avuga ko Afurika yavutse bwambere ubwo yabonaga ubwigenge ariko ko kuri iyi nshuro ikeneye kongera kuvuka bwa kabiri. Kuvuka bwa kabiri Lambert avuga ko bizashyiraho uburyo bwo kumenya Abanyafurika abaraibo mu gihe bidashingiye ku ngaruka z’abakoloni. Kuvuka bwa kabiri kwa Afurika nibyo bizashyiraho igishushanyo mbonera cy’iterambere ry’abaturage.
Uku kuvuka kwari gutegerejwe kuva kera ku izina rya “African Renaissance” cyangwa “Afurika ku Banyafurika” byavuzwe mu nyandiko ndende zanditswe na Charles N. Lambert mu nyandiko zivuga ku ntambara y’ubukungu mu gice cyazo cya 26.
Uku kuvuka bwa kabiri gushingiye kuri gahunda nshya y’ubukungu izwi ku izina rya Compassionate Capitalism ikubiyemo gahunda irambuye yo gushyira mu bikorwa itahuka ry’abacakara nka ba shebuja b’ubukungu bukomeye bw’ Afurika. Ibi bizakura miliyoni magana z’Aanyafurika mu bukene mu buryo bwihuse binateze imbere abaturage bo mucyaro.
Lambert asobanura ko uku kuvuka kuzakorwa binyuze mu bikorwa bibiri by’ingenzi byahujwe n’ihuriro ry’ubutatu rigizwe n’ibigo bya The Black Wall Street, Redirect Mall na Development Channels. Kuvuka bwa kabiri kwa Afurika gushingiye ku kwimura ingengabitekerezo ya mbere igarura abanyamerika b’abanyafurika muri Afurika binyuze mu guhuza ibitekerezo by’ubukungu bya Black Wall Street na Trap Reinvest kuva mu myaka 100 ishize.
Ibikorwa byambere byibanze ku kuvuka bwa kabiri kwa Afurika bishingiye ku bitekerezo byo kumva neza Capitalism, gushyiraho urubuga rushya rw’imikoranire no kongera gushora bushya muri Black Wall Street. Ibikorwa bya kabiri aribyo Iserukiramuco ryo kuzura inkambi z’abantu babarirwa muri miriyoni izaba mu Gushyingo 2021.
Ibigo 600 bikomeye by’ubucuruzi n’ibindi bikorwa byose bigamije guhindura Afurika kuba umugabane w’igihangange ku isi bikayigeza ku nzozi zimaze igihe kinini za ba sogokuruza nkuko Lambert akomeza abisobanura.
Uganda yatoranijwe nk’umurwa mukuru wa afurika kugirango ibi byose bigerweho nkuko byemezwa n’umuyobozi wa BWS uvuga ko ibi bizatuma nta gihugu cyongera gufata ijambo kuri Afurika uko kishakiye.
Niyo mpamvu ibi bikorwa byombi byingenzi twavuze bizabera muri Uganda ndetse n’ikigo cy’ubucuruzi kizwi mu kwamamaza (Balaam Marketing and Promotions Agency) aricyo cyahawe uburenganzira bwo kuzamura ibendera rya Afurika.
Ibirori byambere byo gutangiza uru rugendo bizaba ku ya 31 Gicurasi n’ 1 kamena 2021 munzu ya Black Wall Street House (BWS Inzu) i, Kampala Uganda.
Lambert avuga kandi ko BWS izatangiza ibikorwa 7 ku ikubitiro ikanatanga ibihembo ku ba Pan Africanism mu minsi ibiri yo kwibuka abazanye ibitekerezo mbere byo kongera kubah bwa kabiri kwa Afurika.
“Mu bintu 7 turimo gutangiza harimo igitabo kizwi ku izina rya New World of Compassionate Capitalism kibeshyuza ibitekerezo by’Abanyaburayi ba kera nka Adam Smith, ibitabo bibiri bishingiye ku Banyafurika muri Plays- When the Samba Broke et Wait Until Dawn byerekana ubwenge bukungahaye mu mico gakondo yo muri Afurika, amagambo 1.000 y’ibitekerezo byavuzwe na Charles N. Lambert ashimangira ko umwanditsi w’Afurika yavutse ubwa kabiri ari umuhanga mu by’imitekerereze” bigaragazwa mu butumwa bwa BWS.
Itangizwa ry’inyenyeri 7 kandi ikubiyemo uburyo bushya bw’imbuga nkoranyambagabuzwi ku izina rya Economic Circle inzira nziza yo guhuza imbuga nkoranyambaga no kwibohora mu bukungu kw’ Abanyafurika.
Muri ubwo butumwa, Lambert agira ati: “Natwe dutangiza ibikorwa by’ubucuruzi bwa mbere bwa BWS buzwi ku izina rya Good Morning Africa (imigati), porogaramu nshya ya Black Wall Street, hamwe na TV nshya ya Black Wall Street Satellite.”
Hanyuma, kubijyanye na BWS ibihembo bitigeze bibaho bizwi nka Advocate of Africa Award tuzajya duha abanyacyubahiro Pan Africanist buri mwaka, dutanga ibihembo kubantu 28 bambere bahawe ibihembo barimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni nabandi 12 b’Abagande bazwi cyane, Wole Soyinka, PLO , mu bandi.
Premier League side Aston Villa has announced a major partnership with Rwanda through the country’s Visit Rwanda tourism campaign, in a deal that makes the East African nation the club’s Principal Partner while strengthening cooperation in tourism promotion and sports development.
The agreement, unveiled by Aston Villa on Monday, will see Visit Rwanda become the club’s Principal Partner, Official Tourism Partner, and Official Coffee Provider. The partnership reflects Rwanda’s continued strategy of using international sport as a platform to promote its tourism industry, investment opportunities, and global profile.
Under the terms of the agreement, the Visit Rwanda logo will feature on the front of the playing shirts worn by Aston Villa’s men’s first team, women’s team, and academy sides. Club officials described the sponsorship as the largest commercial partnership in Aston Villa’s history.
“This partnership represents an exciting new chapter for Aston Villa and demonstrates our shared ambition to create a lasting impact both on and off the pitch,” the club said in a statement announcing the agreement.
Beyond commercial sponsorship, the partnership will focus on developing football and supporting community initiatives. Aston Villa and Visit Rwanda plan to collaborate on coaching education, youth football development, leadership programmes, and projects designed to improve opportunities for young people through sport.
The two organizations also intend to work together on community outreach activities and social development programmes that promote education, inclusion, and sustainable growth. Club officials said the partnership reflects football’s ability to connect communities while contributing to broader economic and social development.
For Rwanda, the agreement marks another significant step in expanding the global reach of the Visit Rwanda campaign. Launched to position Rwanda as a leading tourism and investment destination, the initiative has gained international recognition through partnerships with major European football clubs and global sporting events.
Tourism is one of Rwanda’s key economic sectors, and the government has increasingly invested in international marketing campaigns to attract visitors from around the world. The country is widely known for its mountain gorillas, national parks, conservation efforts, conference tourism, and rapidly growing hospitality industry.
Officials believe the partnership with Aston Villa will further increase Rwanda’s visibility among the Premier League’s global audience, estimated to reach hundreds of millions of viewers across television and digital platforms each season. The exposure is expected to support efforts to attract more international tourists and investors while showcasing Rwanda’s culture, natural attractions, and business opportunities.
For Aston Villa, the agreement provides an opportunity to expand its international footprint and strengthen relationships with supporters across Africa and beyond. The club has continued to grow commercially following its return to European competition and has sought partnerships that align with its long-term global ambitions.
The collaboration also aims to facilitate knowledge exchange between Rwanda and Aston Villa in areas including football management, coaching, youth talent development, and community engagement. Young Rwandan players and coaches are expected to benefit from training opportunities and technical expertise through the partnership.
The announcement adds Aston Villa to the growing list of leading European football clubs that have partnered with Visit Rwanda in recent years. The initiative continues to demonstrate Rwanda’s commitment to leveraging sport as a driver of tourism, international cooperation, and economic development.
Both Aston Villa and Visit Rwanda expressed confidence that the partnership will create long-term value by combining the global appeal of Premier League football with Rwanda’s vision for sustainable tourism, youth empowerment, and international engagement.
Umuherwe w’Umunyamerika Bill Gates ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kumufasha kurushaho kumenya intambwe Igihugu kimaze gutera mu rwego rw’ubuzima, ubuhinzi, ndetse n’ibikorwa remezo bya serivisi za Leta zikoresha ikoranabuhanga.
Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru CNBC Africa, Bill Gated yavuze ko aje mu Rwanda kuganira n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakora mu nzego z’ubuzima, abagira uruhare mu kwagura amahirwe y’ubukungu ndetse n’abatang umusanzu mu guhanga ibishya mu Gihugu hose.
Uru ruzinduko ruje mu gihe u Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika bikomeje guharanira kwigira binyuze mu kubaka inzego z’ubuzima zigezweho, impinduka zihuse mu kwimakaza ikoranabuhanga, ndetse n’imishinga yiyongera igamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu no guharanira imibereho myiza y’abaturage.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere asura uruganda rukora inshinge ruherereye i Rwamagana, Ikigo Nderabuzima cya Mwulire ndetse n’umwe mu Bajyanama b’Ubuzima bo mu Karere ka Rwamagana.
Arabonana kandi n’abafatanyabikorwa ba Gates Foundation bakorana n’u Rwanda mu rwego rw’ubuzima n’iterambere, nyuma azanagirane ibiganiro n’abayobozi ndetse n’impuguke mu ikoranabuhanga ku ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (AI) ku kurushaho kunoza serivisi z’ubuzima.
Ibyo biganiro n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga byitezwe mu gihe u Rwanda rwishimira kuba rwarubatse Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Isesengura ry’Amakuru y’Ubuzima yifashishije Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (National Health Intelligence Center / NHIC) n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere rya AI (National Artificial Intelligence Agency/NAIA ) cyemejwe mu bihe bya vuba.
Nyuma yo guhura na Dr. Paulin Basinga uhagarariye Gates Foundation muri Afurika, biteganyijwe ko azagirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye mu Rwanda.
Uru ruzinduko ruje rukurikira itangizwa rya gahunda yiswe Horizon1000, ubufatanye bwatangijwe hagati y’Umryango Gates Foundation na OpenAI mu gukwiza ibikkoresho bya AI ku mavuriro y’ibanze asaga 10 000 yo ku Mugabane wa Afurika bitarenze mu mwaka wa 2028, aho u Rwanda ari cyo gihugu watangirijwemo.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, bazasura ibirwa bya Saint-Pierre-et-Miquelon biri mu Nyanja ya Atlantique, mu rugendo ibiro bya Macron bivuga ko ruzashimangira kubaha ubusugire bw’ibihugu.
Uru rugendo ruteganyijwe nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa 7 Nzeri 2026 yashyize ku mbuga nkoranyambaga ishusho y’ikarita yerekana ibice byinshi bya Amerika ya Ruguru bitwikiriwe n’ibendera ry’igihugu cye.
Muri iyo shusho harimo Canada, Greenland, Mexique n’ibirwa bya Saint-Pierre-et-Miquelon biyoborwa n’u Bufaransa. Iyi karita kandi yari irimo ibindi bice by’u Bufaransa nka Guadeloupe na Martinique.
Ibirwa bya Saint-Pierre-et-Miquelon, biherereye hafi ya Canada, byatangiye kuba iby’u Bufaransa mu 1536, ubwo umushakashatsi Jacques Cartier yabwitiriraga ibyo birwa. Nyuma yo kugenda bihinduranya ababitegeka, byabaye iby’u Bufaransa burundu mu 1816.
Macron azasura ibyo birwa hagati ya tariki ya 19 n’iya 21 Nzeri 2026, naho Carney amusange yo ku wa 20 Nzeri. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa byavuze ko uru rugendo ruzagaragaza indangagaciro ibihugu byombi bihuriyeho, zirimo ubwisanzure, demokarasi no kubaha ubusugire bw’ibihugu.
Saint-Pierre-et-Miquelon igizwe n’ibirwa bitatu biri mu bilometero 20 uvuye ku nkombe za Canada, bituwe n’abantu bagera kuri 6.000. Biteganyijwe ko Macron azanaganira ku ngaruka z’imihindagurikire y’ikirere kuri ibyo birwa, mbere yo gukomereza i New York mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, bazasura ibirwa bya Saint-Pierre-et-Miquelon, nyuma y’ibyatangajwe na Trump
Abayobozi ba ruhago mu Bufaransa basabye ko hatangira gushakwa uburyo FIFA yahindurirwa imikorere n’imiyoborere, nyuma y’uko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri iki gihugu (FFF) ribaye irya nyuma riheruka kwitandukanya n’uruhande rushyigikiye Gianni Infantino uyobora FIFA.
Kuri uyu wa Kane, FFF yiyongereye ku Bwongereza, u Butaliyani n’u Bubiligi, mu bihugu byatangaje ko bitagishyigikiye ubuyobozi bwa Infantino nyuma y’umushinga we waje guhagarikwa wo kugurisha imigabane mu marushanwa ya FIFA, arimo n’Igikombe cy’Isi, ku bashoramari bigenga.
FFF yari yaratanze isezerano ryo gushyigikira Infantino mu matora yo kongera kuyobora FIFA muri Kamena, mbere y’uko umushinga wo gushaka abashoramari ujya ahagaragara.
Uyu mushinga wa Infantino wateje impaka zikomeye ku Isi, aho Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi (UEFA) yageze aho ifata icyemezo cyo kutitabira amarushanwa yose ya FIFA.
UEFA, AFC ya Aziya na CONCACAF yo muri Amerika y’Amajyaruguru n’iyo Hagati, byasabye Infantino kuva ku buyobozi, ariko aracyakomeje gushyigikirwa na CONMEBOL yo muri Amerika y’Amajyepfo ndetse na CAF ya Afurika.
Nubwo Infantino yaretse uwo mushinga, FFF yavuze ko ikibazo cy’imiyoborere ya FIFA kidashobora gufatwa nk’aho cyakemutse.
Iri Shyirahamwe rya Ruhago mu Bufaransa ryatangaje ko rizatangira ibiganiro n’amashyirahamwe yo ku migabane itandukanye, amakipe y’ibihugu, abakinnyi, abafana ndetse n’inzobere mu miyoborere, kugira ngo barebere hamwe uburyo imikorere ya FIFA yavugururwa.
Ryagize riti “Intego y’ibi biganiro ni ugufasha gutekerereza hamwe no gutegura ibyifuzo bigamije guhindura ku rwego rukomeye imiyoborere ya FIFA, hagamijwe kongera icyizere, guteza imbere gukorera mu mucyo no kurinda ubwigenge ndetse n’imyitwarire myiza y’urwego ruyobora umupira w’amaguru ku Isi.”
Ryakomeje rigira riti “FFF, nk’umwe mu banyamuryango batangije FIFA, ishaka kugira uruhare mu mpaka z’ingenzi ku hazaza h’umupira w’amaguru, imicungire yawo n’iterambere ryawo.”
Kugeza ubu, Infantino ni we mukandida rukumbi wamaze gutangaza ko aziyamamaza mu matora azaba muri Werurwe 2027.
Umuvugizi wa FIFA aherutse kwemeza ko nta cyahindutse ku mugambi we wo kongera kwiyamamaza muri manda ya kane, nubwo amaze iminsi ahanganye n’ibitutsi, kunengwa ndetse n’igitutu gikomeye.
UEFA yatangaje ko izatanga umukandida cyangwa igitekerezo cy’ubundi buryo “bwizewe” kugira ngo amashyirahamwe azatora abashe kubitekerezaho. Itariki ya nyuma yo gutanga kandidatire ni iya 18 Ugushyingo 2026.
Ishyirahamwe rya Ruhago mu Bufaransa (FFF) ryemeje ko ritazashyigikira Infantino mu matora ya FIFA ataha ndetse rigiye gushaka uburyo imikorere y’uru rwego ruyobora ruhago ku Isi yahinduka
Perezida wa FFF, Philippe Diallo aganira na Gianni Infantino uyobora FIFA mu gihe cy’Igikombe cy’Isi cya 2026
Rwanda’s Minister of Trade and Industry Hon. Antoine Kajangwe, on Friday urged businesses and visitors to view the 29th Rwanda International Trade Fair (RITF 2026) as more than a shopping destination, saying the exhibition is a platform where investment deals are struck, partnerships are forged and new business opportunities emerge. He made the remarks during a high-level tour of the expo at the Gikondo Expo Grounds, alongside officials from the Private Sector Federation (PSF), exhibitors and development partners. Speaking after touring exhibition stands at the Gikondo Expo Grounds, Hon. Antoine Kajangwe, said the annual expo should be viewed as a business and investment platform rather than simply a shopping destination. The exhibition brings together entrepreneurs, manufacturers, innovators, investors and consumers from Rwanda and abroad, creating opportunities for business deals, market expansion and technology exchange.
His remarks echoed the broader objective of the 29th edition of the Rwanda International Trade Fair, organized by the Private Sector Federation (PSF) in partnership with the Ministry of Trade and Industry (MINICOM), which aims to strengthen Rwanda’s position as a regional hub for trade, investment and entrepreneurship. Organizers expected the event to attract more than 500 exhibitors from over 20 countries during its 22-day run, making it the largest edition in the history of the expo.
Opening the high-level visit, PSF Chairman Stephen Ruzibiza thanked the Government of Rwanda, development partners, sponsors and security institutions for supporting the organization of the country’s biggest annual business exhibition.
“For the twenty-ninth time, the Private Sector Federation is organizing the Rwanda International Trade Fair. The support from government, different stakeholders and sponsors is indispensable and greatly appreciated,” he said.
He also praised exhibitors for improving the quality and packaging of their products, saying local enterprises are becoming increasingly competitive in both domestic and international markets.
“After the tour, we can congratulate local exhibitors for the progress made and their efforts in improving the quality of both their products and packaging for competitiveness at national and international level,” Ruzibiza noted.
The PSF chairman commended MINICOM, the Rwanda Development Board and other institutions for supporting small and medium-sized enterprises to participate in the exhibition, describing the expo as a valuable learning platform where local businesses exchange ideas and experiences with international exhibitors.
According to PSF, this year’s trade fair has attracted 366 local exhibitors from across Rwanda and 121 foreign exhibitors representing countries across Africa, Asia and Europe. Ruzibiza said the international participation demonstrates confidence in Rwanda despite global economic and logistics challenges.
He further thanked immigration and customs authorities for facilitating the entry of exhibitors and exhibition goods, helping ensure the smooth organization of the event.
Minister of Trade and Industry Hon. Antoine Kajangwe, who addressed participants after touring the exhibition, congratulated PSF on organizing what has become Rwanda’s premier business exhibition over nearly three decades. He stressed that the country’s economic transformation depends on innovation, technology and stronger private sector participation.
He noted that many of the products and services showcased during the exhibition reflect the direction Rwanda wants to take in building a modern, competitive and knowledge-based economy.
The annual trade fair continues to serve as a strategic platform where businesses launch products, identify distributors, negotiate commercial partnerships and explore export markets. Beyond direct sales, exhibitors use the event to connect with investors, suppliers and potential clients from across the region.
For many entrepreneurs, particularly small and medium-sized enterprises, the exhibition provides visibility that would otherwise be difficult to achieve, while allowing consumers to experience innovations developed under the Made in Rwanda initiative.
As Rwanda continues implementing policies aimed at promoting industrialization, exports and private-sector-led growth, officials believe the trade fair has become an important economic driver rather than simply an annual commercial event. Government policy increasingly emphasizes expanding market access, improving product standards and creating employment through business growth.
With thousands of visitors expected over the coming weeks, the message from both government and the private sector is clear: the Rwanda International Trade Fair is no longer just a place to shop. It is where businesses meet investors, entrepreneurs discover new markets, partnerships are forged and the next generation of commercial opportunities begins.
Umugabo n’umugore b’Abongereza bari bamaze igihe gito bashyingiranywe, hamwe n’umupilote wabo, bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu yabereye ku Kirwa cya Sifnos mu Bugereki.
Polisi y’u Bugereki yabitangaje ku wa 17 Kanama 2026, igaragaza ko aba bageni ari Alexander Cromie na Marie Ebert, bari mu Bugereki mu kwezi kwa buki.
Kajugujugu yo mu bwoko bwa Bell 206, yakoze impanuka isigaje metero nke ngo igere aho yagombaga kugwa, ihitana abo bombi n’umupilote wabo wari Umugereki.
Aba bombi bari bafashe iyo kajugujugu bava mu Mudugudu wa Markopoulo hafi ya Athènes, berekeza ku Kirwa cya Sifnos gikundwa n’abakerarugendo.
Urwego rushinzwe umutekano w’indege mu Bugereki rwabwiye BBC ko rwatangiye iperereza ku cyateye iyo mpanuka, ndetse ko bari gukusanya ibimenyetso.
Ikigo Blackstone gicunga imari, ari na cyo Cromie yakoreraga cyagize kiti “Twababajwe cyane n’urupfu rubabaje rw’abantu batatu, barimo mugenzi wacu Alex Cromie n’umugore we Marie Ebert, bari mu birori by’ukwezi kwa buki. Cromie yakundwaga cyane n’abantu bose bari bamuzi ndetse n’abo bakoranaga muri Blackstone.”
Ebert yakoraga nk’impuguke mu Kigo gitanga ubujyanama cya Bain & Company. Iki kigo cyagize kiti “Twababajwe cyane no gusoma amakuru y’impanuka ibabaje yabereye mu Bugereki, ivugwamo umwe muri bagenzi bacu n’umugabo we. Twifatanyije n’imiryango yabo muri ibi bihe bikomeye cyane.”
Ubushinjacyaha bwo mu Bufaransa bwatangiye iperereza ku gitero gikomeye cy’ikoranabuhanga cyagabwe ku rwego rushinzwe imisoro, kikagira ingaruka ku bantu n’ibigo by’ubucuruzi hafi 700.000.
Ishami rishinzwe ibyaha by’ikoranabuhanga mu Bushinjacyaha bwa Paris riri gukora iperereza ku buryo amakuru yakuwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri systeme ya Leta ibikwamo amakuru bwite, nyuma y’igitero abashinzwe imisoro bavuze ko cyari giteguye kandi gikomeye kurusha ibyari byarabaye mbere.
Ubushinjacyaha bwavuze ko iperereza rinareba ku bakekwaho kugira uruhare mu mugambi w’itsinda ry’abagizi ba nabi ryateguye icyaha gishobora guhanishwa nibura imyaka itanu y’igifungo.
Iki gitero cyatumye abajura bo ku ikoranabuhanga babasha kubona amakuru y’abantu n’ibigo 678.000 bakoresha urwego rw’imisoro rwo mu Bufaransa.
Abashinzwe imisoro bavuze ko iki gitero cyari gikomeye kandi kigoye kurusha ibindi byari byaribasiye uru rwego mbere, ibintu bishobora kongera impungenge ku mutekano wa systeme za Leta zibikwamo amakuru, nyuma y’ibitero byinshi biherutse kwibasira n’izindi nzego za Leta.
Ku basora amakuru yabonywe arimo amazina yabo yose, amakuru y’imyorondoro yabo yerekeye imisoro, amafaranga abarirwaho umusoro ndetse n’ibipimo by’imisoro bakatwa, nk’uko byatangajwe na Amélie Verdier, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari ya Leta.
Icyakora, Ikigo Gikuru gishinzwe Imari ya Leta, DGFiP, cyashimangiye ko amakuru yibwe atatuma abayabonye babasha kwinjira muri konti z’abasora zirinzwe.
Abayobozi bavuze ko abantu bagizweho ingaruka bazatangira kumenyeshwa mu ntangiriro z’icyumweru gitaha, hibandwa cyane ku kubaburira ku byago byo kwibwa imyirondoro no kugerageza kudashukwa kugira ngo batange andi makuru bwite.
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yatangaje ko inyubako y’Inkundamaho yari imaze iminsi itatu ifunze kubera ibibazo by’umwanda ubu yamaze gufungurwa nyuma yo kumvikana n’Ubuyobizi bwayo ibyo bagomba kwitaho mu rwego rwo kurwanya umwanda ukabije.
Umujyi wa Kigali wumvikanye n’Ubuyobizi bw’Inkundamaho ko bugomba kuba bwamaze gutunganya ibintu byose basabwa mu gihe kingana n’amezi abiri, ariko hakagira ibyibanze bigomba kujya bikorwa buri munsi.
Mu kiganiro gito yagiranye na IGIHE Ntirenganya, yavuze ko abakorera muri iyi nyubako bari bafite ibibazo by’umwanda ukabije birimo ikimpotera kidakorerwa isuku, amazi ava mu nyubako batavidura uko bikwiye, gusiga irangi, amakaro yacikaguritse, amatiyo yaturitse ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu kuzimya inkongi y’umuriro bidakora neza.
Ntirenganya yavuze ko ubu bemeranyije n’Ubuyobozi bw’Inkundamahoro ko amatiyo bagomba kuyasimbuza, bagatunganya ikimpoteri n’ibindi birimo gushyiramo andi makaro no gisiga irangi.
Yagize ati “Kuri ubu amatiyo navugaga yangiritse yo barimo barayasimbuza, imyanda yo mukimotera ejo baraye bayitwaye, ariko uburyo bagomba kukivugurura bakagitunganya neza bagomba kubikora. Ibijyanye n’amazi yanduye twavuganye uburyo bagomba gushyiraho bwo kuyatunganya, ariko mu gihe butararangira bakaba bakora ku buryo bavidura buri munsi kandi bakavidura mu buryo bwabugenewe, bakoresheje imiti ishyirwamo bakabijyanya i Nduba.”
Ntirenganya yavuze ko ibyo bemeranyije bagomba kujya babikora buri munsi kuko Umujyi wa Kigali uzajya ukora ubugenzuzi ngo urebe ko bari kubishyira mu bikorwa.
Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 4 Kanama 2026, agamije gutera inkunga gahunda ya ‘Hangaribihe’.
Hangaribihe ni gahunda izamara imyaka ine, ikazarangira mu 2029. Izakorera mu turere dusanzwe tugirwaho ingaruka n’ihindagurika ry’ibihe twiganjemo utwo mu ntara y’Iburasirazuba ndetse no mu Majyepfo.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagaragaje ko aya mafaranga azashorwa mu bice bibiri by’ingenzi bigamije guteza imbere ubuhinzi bugezweho, kongera umusaruro, n’ibindi.
Ati “Birimo kongera umusaruro ndetse no kubona ibikoresho bihagije byo gutunganya umusaruro, hitabwa cyane ku bahinzi bato, amakoperative, abagore, urubyiruko n’abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse. Ikindi no guteza imbere ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ikirere ndetse bubungabunga ibidukikije.”
Ambasaderi wa EU mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra, yagaragaje ko EU isanzwe ikorana n’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye ariko kuri iyi nshuro bagiye gukorana mu mishinga yo kubungabunga ibidukikije, hatezwa imbere ubuhinzi buhangana n’ihindagurika ry’ibihe.
Ati “Iyi gahunda ifite agaciro ka miliyoni 40€ yerekana uruhare rwacu mu guteza imbere ubuhinzi ndetse twishimiye ko muri iyi gahunda tuzabasha gushyiraho ibikorwa bitandukanye bibungabunga ibidukikije ariko biteza imbere n’urwego rw’ubuhinzi.”
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore, yagaragaje ko iyi nkunga izunganira gahunda zisanzwe z’igihugu zirimo kuhira, kuzamura umusaruro mu byanyabigega (food basket site) ndetse no guhinga hatangijwe ubutaka.
Ati “Tuvuga ko tuzamura umusaruro cyane kuri hegitari, kugira ngo uwo musaruro uboneke hari uburyo bushya bugomba gushyirwa mu bikorwa kugira ngo uwo musaruro twifuza tuwubone bigendanye n’ibi bibazo tugira by’imihindagurikire y’ibihe, imvura igwa itunguranye, imvura igwa ikaba nyinshi cyangwa ikaba nkeya. Ikigambiriwe rero ni uguhangana n’ibyo byose umusaruro ukaboneka.”
Yashimangiye ko “Uyu mushinga uzakomeza kunganira ibikorwa byari bihari bijyendanye no gutera ibiti mu myaka, kurwanya isuri, ndetse no gushaka andi moko mashya y’ibihingwa byihanganira imihindagurikire y’ibihe, kugira ngo tubashe kubona umusaruro uturutse ku bihingwa ariko nanone twita ku bidukikije.”
Iyi gahunda izunganira gahunda ya kabiri y’igihugu yo kwihutisha iterambere(NST2) ndetse na gahunda ya Gatanu y’Igihugu y’Iterambere ry’Ubuhinzi (PSTA 5).