Umuryango OHEO mu rugamba rwo gukumira abasambanya abana

Ikibazo kijyanye n’ibyaha byo gusambanya abana gihangayikishije igihu cy’u Rwanda ndetse no ku Isi hose muri rusange , ni kimwe mubyo umuryango OHEO (Orphan’s Hope Entertainment Organisation) wahagarukiye hagamijwe kubikumira no kubirandura burundu aho bigaragara hose ,insanganyamatsiko ikaba yari “Nawe uruhare rwawe rurakenewe mu kurwanya abasambanya abana”  .

Kuri uyu wa Gatanu Taliki ya 3o Ugushyingo 2018, uyu muryango wakoze ubukangurambaga kubagenerwabikorwa bawo,hagamijwe kubakangurira kugira uruhare mu gukumira ibyaha byo gusambanya abana n’ibindi bifitanye isano nabyo, aho bimaze kugaragara ko bimaze gufata intera,nyamara bishobora gukumirwa igihe cyose buri muntu afashe iyambere mu kubirwanya no gutunga agatoki aho byagaragara hose.

Mu bukangurambaga bwatanzwe bwibanze cyane mu gushishikariza abantu gutangira amakuru kugihe,kurinda ibinyetso mugihe hari umwana wasambanijwe,kwigisha no guhoza ijisho kubana bagize umuryango nyarwanda,hasigasirwa indangagaciro ziwuranga.

Umukozi muri komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu Mukabatsinda Christine ,watanze ikiganiro yashishikarije abagenerwabikorwa guhagurukira rimwe bakarwanya bivuye inyuma umuntu wese usambanya abana ndetse n’ababigambirira,hibandwa cyane mu gucukumbura no kugira ubumenyi buhagije ku mayeri yose akoreshwa mu rwego rwo guca burundu iyo ngeso.

Mu bukangurambaga bwakozwe kandi Polisi y’u Rwanda yarihagarariwe n’Umuyobozi wa Sitasiyo ya Kimisagara,aho yahamagariye buri wese kugira uruhare mu gutangira amakuru kugihe,hakirindwa guhishira ibikorwa byose bibangamira uburenganzira bw’abana no gukumira ihohoterwa ribakorerwa,kuko ugaragaye mubufatanyacyaha abihanirwa nkuko amategeko abiteganya.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho ishami rishinzwe by’umwihariko kurwanya no gukumira ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, iryo mu ngo, n’irikorerwa abana (Directorate of Anti-Gender-Based Violence and Child Abuse Protection) na Isange One Stop Centers mu turere, ibi ikaba yarabikoze kugira ngo irusheho kurwanya no gukumira biriya byaha no gufasha abakorewe iryo hohoterwa.

Umukozi muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu

Mu ijambo rye umuyobozi Mukuru wa OHEO Niyonsenga Norbert yibukije abitabiriye ubukangurambaga guhora iteka bazirikana icyateza umuryango nyarwanda imbere, barengera uburenganzira bw’Umwana aho buva bukagera, cyane ko urengeye umwana aba arengeye igihugu kuko aribo maboko yacyo,no guharanira kwimakaza umurongo ngenderwaho u Rwanda rwihaye wo kurandura burundu ihohoterwa iryo ariryo ryose rikorerwa abana.

Raporo y’Ubushinjacyaha igaragaza ko kuva mu 2013 kugeza mu 2018, amadosiye ajyanye no gusambanya abana yashyikirijwe uru rwego yagiye yiyongera, aho mu 2013/14 yari 1819; 2014/15 aba 1879; mu 2015/16 agera ku 1917; mu 2016/17 aba 2086 naho mu 2017/18 aba 2996.

Umuyobozi wa OHEO Niyonsenga Norbert
Umuyobozi muri Police station Kimisagara atanga ikiganiro
Abagenerwabikorwa ba OHEO
Ifoto y’urwibutso k’ubukangurambaga bwahuje ubuyobozi bwa OHEO n’abagenerwabikorwa,n’inzego zitandukanye.

 

 

 

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *