Blog

  • Umuhanzikazi Priscilla yashobewe n’imvano y’izina benshi bamuziho

    Umuhanzikazi Priscilla yashobewe n’imvano y’izina benshi bamuziho

    Umuhanzikazi wo mu Rwanda Priscilla Umuratwa, aratangaza ko yatunguwe no kwamamara ku izina rya Princess nyamara atararyiyise ndetse akaba atazi n’uwarimwise.

    Princess Priscilla ni umwe mu banyarwandakazi bakora umuziki ugezweho ndetse akaba akunzwe cyane mu ndirimbo ze ari gukorera mu Amerika zirimo nka Paradizo yakoranye na Meddy ndetse na Ntacyadutanya yakoranye na The Ben.

    Benshi mu bahanzi bakunze kwiyita andi mazina atandukanye n’ayo biswe n’ababyeyi babo cyangwa se bakayongeraho ayandi mu rwego rwo gutandukanya ubuzima bwabo busanzwe n’ubuzima bwa gihanzi, gusa ibi siko biri ku muhanzikazi Priscilla Umuratwa.

    Uyu muhanzikazi akiri no mu Rwanda yari azwi ku kazina k’akabyiniriro ka “Princess” akongeraho irindi rye yiswe n’ababyeyi rya Priscilla, nyamara iryo zina Princess ngo si irye kuko ntaryo yigeze yiyita.

    Nk’uko yabitangarije ikiganiro Flash Network, Priscilla yavuze ko yatunguwe no kumva izina Princess ryarinjiye bidasubirwaho mu mazina ye nyamara ntaryo yiyise ndetse akaba atanazi umuntu warimwise kugeza aho ryamamaye ku rwego rizwiho.

    Priscilla avuga ko amazina akoresha mu muziki ari Priscilla uwashaka kongeraho irindi yakoresha Umuratwa yiswe n’ababyeyi be ngo nta gahunda yo kongeraho andi mazina afite.

    Priscilla umaze gukora indirimbo 2 afatanyije n’abandi bahanzi kuva yagera muri Amerika, avuga ko yabaye ahagaritse gukora indirimbo ahuriyeho n’abandi ahubwo akaba agiye kwibanda mu gukora indirimbo ze wenyine.

  • Kuri uyu wa gatatu 23 Werurwe 2016, ku Kimiruhura ho mu Karere ka Gasabo harashyirwaho ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Inyubako nini izakoreramo n’Ingoro y’ibiro bizakoremo na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na zimwe muri Minisiteri, aho uyu muhango uza kwitabirwa n’Umukuru w’Inteko Ishinga amategeko y’Ubushinwa Zhang Dejiang ari ku mwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Murekezi Anastase.  Iyi nyubako nini izaba igizwe n’ibice bitatu binini bizaba birimo ibiro bya Minisitiri w’Intebe ndetse n’izindi Minisiteri, izatwara akayabo k’amadorali agera kuri 26,508,751.74 ni ukuvuga akabakaba Miliyiari makubiri n’ibice umunani (20,888,896,339 Frws).  Iyi nyubako ikaba izubakwa mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimihurura hagati y’Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ndetse n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisanzwe.  Uyu muhango uza kwitabirwa n’Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repuburika ya rubanda y’Ubushinwa uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri wa 22 Werurwe 2016, aho azanagirana ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igihugu barimo na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda.  Umubano w’u Rwanda n’Ubushinwa ushingiye kuri z’Ambasade n’ubutwererane, ugararira muri byinshi birimo ubuzima, ubuhinzi, uburenzi, ikoranabuhanga n’ibindi.

    Kuri uyu wa gatatu 23 Werurwe 2016, ku Kimiruhura ho mu Karere ka Gasabo harashyirwaho ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Inyubako nini izakoreramo n’Ingoro y’ibiro bizakoremo na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na zimwe muri Minisiteri, aho uyu muhango uza kwitabirwa n’Umukuru w’Inteko Ishinga amategeko y’Ubushinwa Zhang Dejiang ari ku mwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Murekezi Anastase. Iyi nyubako nini izaba igizwe n’ibice bitatu binini bizaba birimo ibiro bya Minisitiri w’Intebe ndetse n’izindi Minisiteri, izatwara akayabo k’amadorali agera kuri 26,508,751.74 ni ukuvuga akabakaba Miliyiari makubiri n’ibice umunani (20,888,896,339 Frws). Iyi nyubako ikaba izubakwa mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimihurura hagati y’Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ndetse n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisanzwe. Uyu muhango uza kwitabirwa n’Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repuburika ya rubanda y’Ubushinwa uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri wa 22 Werurwe 2016, aho azanagirana ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igihugu barimo na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda. Umubano w’u Rwanda n’Ubushinwa ushingiye kuri z’Ambasade n’ubutwererane, ugararira muri byinshi birimo ubuzima, ubuhinzi, uburenzi, ikoranabuhanga n’ibindi.

    Tariki 4 Mata 2016 nibwo ikinyamakuru cyitwa Suddeutsche Zeitung cy’Abadage cyasohoye impapuro zizwi ku izina rya Panama Papers ziriho urutonde rw’ abantu bakomeye ku isi ruvuga ko banyereje amafaranga y’imisoro ku rwego rw’ Isi.

    Kuri uru rutonde ruriho abakuru b’ ibihugu, abakinnyi bakomeye n’ abacuruzi bakomeye ku isi, ndetse hakaba hanagaragaraho na Kampani y’ uwahoze ari umujyanama akaba n’ umuvugizi wa Perezida wa Repubulika y’ u Rwanda Paul Kagame, Kampani ikora ibijyanye n’ingendo yitwa Debden Investments Ltd.

    Minisiteri y’imari n’ igenamigambi mu Rwanda iravuga ko itemeranya n’ibyo iki kinyamakuru cyatangaje kuri Kampani y’uwahoze ari mujyanama wa Perezida Kagame aho ivuga ko iyi kampani izwi kandi ikora mu buryo bwemewe n’ amategeko, kandi ko nta misoro cyangwa andi mafaranga yigeze inyereza.

    Mu itangazo rya MINECOFIN yasohoye yagize iti :“Debden Investments Ltd, kampani yagaragaye muri Panama Papers yatangiye mu 1998 mu gihe cy’ inzibacyuho kugira ngo yifashishwe mu bijyanye n’ ingendo mu gihe guverinoma y’ u Rwanda yari ikirimo kwiyubaka.”

    Rikomeza rigira riti:“Muri servisi zayo harimo n’ ingendo z’ abayobozi bakuru b’ igihugu. Debden Investments Ltd yakoreraga mu mucyo, nta nyungu zihariye yaharaniraga, nta bikorwa binyuranyije n’ amategeko kandi yirindaga kunyereza imisoro.

    Uretse u Rwanda abandi bagaragara kuri uru rutonde harimo Ian Cameron, umubyeyi wa Minisitiri w’ intebe w’ Ubwongereza David Cameron, umukinnyi Lionel Messi, ambasaderi wa Zambia muri Leta zunze ubumwe za Amerika Attan Shansonga, Kojo Annan umuhungu w’ uwigeze kuba umunyamabanga mukuru wa ONU Kofi Annan na mushiki wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo Joseph Kabila witwa Jaynet Désirée Kabila Kyungu.

  • Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda agiye kubakirwa ingoro ifite agaciro gasaga Miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda

    Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda agiye kubakirwa ingoro ifite agaciro gasaga Miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda

    Kuri uyu wa gatatu 23 Werurwe 2016, ku Kimiruhura ho mu Karere ka Gasabo harashyirwaho ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Inyubako nini izakoreramo n’Ingoro y’ibiro bizakoremo na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na zimwe muri Minisiteri, aho uyu muhango uza kwitabirwa n’Umukuru w’Inteko Ishinga amategeko y’Ubushinwa Zhang Dejiang ari ku mwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Murekezi Anastase.

    Iyi nyubako nini izaba igizwe n’ibice bitatu binini bizaba birimo ibiro bya Minisitiri w’Intebe ndetse n’izindi Minisiteri, izatwara akayabo k’amadorali agera kuri 26,508,751.74 ni ukuvuga akabakaba Miliyiari makubiri n’ibice umunani (20,888,896,339 Frws).

    Iyi nyubako ikaba izubakwa mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimihurura hagati y’Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ndetse n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisanzwe.

    Uyu muhango uza kwitabirwa n’Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repuburika ya rubanda y’Ubushinwa uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri wa 22 Werurwe 2016, aho azanagirana ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igihugu barimo na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda.

    Umubano w’u Rwanda n’Ubushinwa ushingiye kuri z’Ambasade n’ubutwererane, ugararira muri byinshi birimo ubuzima, ubuhinzi, uburenzi, ikoranabuhanga n’ibindi.

  • Ubushakashatsi buragaragaza ko abacururiza Nyabugogo bahomba 30% by’ inyungu kubera imyuzure

    Ubushakashatsi buragaragaza ko abacururiza Nyabugogo bahomba 30% by’ inyungu kubera imyuzure

    Nkuko bigaragazwa n’ Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwakozwe mu myaka ushize wa 2015 bugakorerwa ku bacuruzi ba Nyabugogo bagera kuri 355, abacururiza Nyabugogo bahomba 30% by’ inyungu babona mu mwaka ahwanye na miliyari 178.

    Abakoze ubushakashatsi ngo basuye abucuruzi 355 bakorera muri Nyabugogo, babaza abahacururiza ibiza bibangiriza kurusha ibindi; abenshi bangana na 88.7% bavuga ari imyuzure, ariko hakaba n’abandi bake bangana na 9.3% bavuze ko babangamiwe n’inkongi zifata amazu.

    Gare ya Nyabugogo iri ahantu haciye bugufi ugereranyije n’ utundi duce two mu mujyi wa Kigali, ibi bituma iyo imvura iguye ari nyinshi amazi ava mu misozi itandukanye ya Kigali ikikije iyi gare yuzura muri Nyabugogo umwuzure ugatwara ibicuruzwa by’ abacuruzi bakorera mu nzu z’ ubucuruzi zikikije iyi gare.

    Ikigo IPAR kigira inama Leta n’abikorera gukora imiyoboro ihagije ibuza amazi kuzura mu mihanda no mu mazu y’ubucuruzi muri Nyabugogo, gufasha abacuruzi kumenya amakuru y’uburyo barinda ibicuruzwa byabo, kubafasha kubona ubwishingizi ndetse n’inguzanyo yo kuvugurura inyubako zabo.

    I Nyabugogo ni ko gace k’Umujyi wa Kigali gahuriramo abagenzi baturutse mu ntara zose zigize igihugu no hanze yacyo, hakaba ari ihuriro ry’ibicuruzwa bitandukanye; ndetse k’ubw’iyo mpamvu hakaba hakorerwa ubucuruzi na serivisi bitandukanye.

  • Abanyamuryango b’Umwalimu SACCO ntibumva impamvu ba bihemu babihishemo badakurikiranwa

    Abanyamuryango b’Umwalimu SACCO ntibumva impamvu ba bihemu babihishemo badakurikiranwa

    Mu nama rusange yateranye kuri uyu 20 Weruwe 2016, nyuma yo kugezwaho raporo y’ ibikorwa bya Koperative Umwalimu SACCO, abanyamuryango bayo bishimiye ko Koperative yabo irimo gutera imbere ariko bibaza impamvu ibiro by’umugenzuzi bibabwira ko hari ba bihemu bafata inguzanyo ntibishyure kandi hari abakozi bashyinzweho bo kubikurikirana.

    Umwe mu banyamuryango yagize ati : ”Ni byiza turimo gutera imbere ariko se ni gute mutubwira ngo umuntu yafashe inguzanyo ntiyishyura kandi hari abakozi twashyizeho bashinzwe gukurikirana abahawe inguzanyo? Ahubwo mwakabaye mutubwira muti tumaze gutereza cyamura abantu umubare uyu n’ uyu.”

    Mugusubiza iki kibazo umuyobozi mukuru w’ agateganyo w’ inama nkuru ya Koperative Umwalimu SACCO, Umuraza Josette, yavuze ko impamvu batihutira guteza cyamura ari uko Koperative Umwalimu SACCO ifite intego ebyiri z’ingenzi ari zo gucuruza no guteza imbere imibereho myiza y’ abanyamuryango.

    Yagize ati : “Mu by’ ukuri ntabwo Koperative Umwalimu SACCO itereza cyamura umwalimu ukiri muri aka kazi kereka iyo akavuyemo akajya mu kandi ubundi dukomeza kumugira inama.”

    Ku rundi ruhande uwitwa Nsabimana Evarisite ukomoka mu karere ka Ngororero, asanga niba nta gikozwe ngo umutungo w’ iyi Koperative ubungabungwe neza yaba irimo kugana ahantu hatari heza.

    Yagize ati: “Turifuza ko n’ abana bacu bazasanga iyi Koperative igihari niba mudafashe ingamba ngo mujye muteza cyamunara igihe umwalimu avuye muri aka kazi ntiyishyure inguzanyo yafashe, Koperative yacu yaba irimo kugana mu marembera nk’ uko bijya bigendekera ibindi bigo by’ imari.”

    Umuyobozi mukuru w’ agateganyo wa Koperative Umwalimu SACCO Aimable Dusabirane, avuga ko hari abanyamuryango bafataga inguzanyo bakava muri Koperative batishyuye bitwaje ko iyi Koperative ntawe itereza cyamura, avuga ko bagiye gukaza imikorere mu rwego rwo guhangana ni iki kibazo.

    Yagize ati : “abanyamuryango bazajya bohererezwa ibaruwa ibibutsa ko barimo ideni rya SACCO, ikindi tugiye kongera ubukangurambaga.”

    Iyi nama yitabiriwe n’ abanyamuryango bagera kuri 416 kuko buri murenge wari uhagarariwe, Koperative yo kubitsa no kugurizanya Umwalimu SACCO yatangiye mu mwaka w’2006, ifite abanyamuryango barenga ibihumbi 88.

    Muri uyu mwaka wa 2016 irateganya kuzakoresha ingengo y’ imari ingana miliyari 44 na miliyoni 118 ibihumbi 328 n’ amafaranga 136 y’ amanyarwanda.

  • Gisagara: Abaturage barinubira ko bahabwa ifumbire bagahozwa ku nkeke bidateye kabiri

    Gisagara: Abaturage barinubira ko bahabwa ifumbire bagahozwa ku nkeke bidateye kabiri

    Aba baturage baganiriye na Makuruki.rw bavuga ko babangamirwa n’uko iyo bahawe ifumbire n’umushinga wa Tubura bahita batangira kwishyuzwa batareza imyaka bahinze.

    Umwe muri bo yagize ati:”Ariko noneho mu kujya kwishyuza uyu munsi araza ati mpa igihumbi, mu gitondo mwahuye ati mpa igihumbi ni mugoroba mwahura ati zana andi ejo mwahura ati zana ayo ufite, yagusangana n’ijana agahita aritwara kandi aribwo bakiyiguha utaranatera imyaka.”

    Undi nawe agira ati :”Barazaga nk’uyu munsi bati duhe amafaranga ejo bakagaruka bati duhe, basanga ntayo ufite bati ejo tuzagaruka uko baje mu rugo rwawe batwara amafaranga. Niba bayiguhaye uyu munsi ejo bahita baza bati duhe make bwacya bati zana ayo ufite gutyo gutyo.”

    Aba baturage bavuga ko ikibababaza ari uko iyo basanze nta mafaranga ufite bahita batwara icyo utunze, aho bemeza ko nta hantu babona bayakura kandi imyaka baba barahinze iba itarera.

    Umwe yagize ati:”Nkatwe rero tw’abakene iyo utareza iyo myaka ntubona ayo ubaha, hari abo bagenda batwara utuntu batunze. Ari akagende k’umurima w’ibijumba baragatwara, kaba akaradiyo ufite mu rugo ntibagasiga cyangwa agahene turimo gushaka no kugira ngo tuzabihindure tubireke.”

    Uyu we avuga ko yafashe iyi fumbire nyuma akaza kurwara bituma yishyura buke buke ariko bimuviramo kugurishirizwa radiyo ye ati :” baraje banyaka amafaranga nti ese ko mubona nahise ndwara kandi umugore akagenda agerageza buhoro buhoro akagerageza kwishyura, mwaretse ngakira nkabishyura? Ubwo ntibabyemeye bahise bafata radiyo ntibigeze bayiha igiciro bahise bayitwara sinamenye uko yagirishijwe.”

    Aba baturage bavuga ko nta masezerano bagirana n’uyu mushinga wa Tubura ahubwo ko babaka amafaranga ibihumbi bibiri (2000frw) ngo y’inyigisho kugira ngo binjiremo, gusa ibyo bavuga binyurana n’ibyo umuyobozi w’Umurenge wa Mugombwa avuga, kuko we yemeza ko aba baturage bagirana amasezerano n’ubuyobozi bw’uyu mushinga ndetse bakanemeranya ko bazajya bahita bishyuzwa.

    Umuyobozi w’Umurenge wa Mugombwa Nyirimanzi Gilbert, ubwo yavuganaga na Makuruki.rw yemeje ko koko ibyo kwishyuza buri munsi biriho ariko ngo ni uburyo bwo kwishyuza kugira ngo abaturage batayarya batishyuye.

    Agira ati :”Bumwe mu buryo dukoresha iyo bamaze kuguha iyo fumbire, baguhora hafi kugira ngo utazavaho ubona n’amafaranga ukayapfusha ubusa ni uburyo rero bwo kuguhora hafi kugira ngo niba ufite igihumbi ube ugitanze, niba ufite maganatanu uyatange utazayapfusha ubusa.”

    Uyu muyobozi avuga ko ikibazo cy’abantu batwariwe imitungo ntacyabagezeho ariko avuga ko bagiye kugikurikirana bakaganira n’abo bantu batanga ifumbire kugira ngo ibyo bibazo bikemuke.

    Uyu muyobozi avuga ko abaturage badakwiye kwinubira gahunda ya Tubura kuko ngo harimo na gahunda ya Nkunganire kuko akarere kabatangira amafaranga.

    Twashatse kumenya icyo ubuyobozi bw’uyu mushinga buvuga kuri iki kibazo cy’aba baturage, ariko inshuro zose twahamagaye kuri Telefoni umuyobozi ku rwego rw’umurenge ushinzwe gahunda ya Tubura ntiyigeze atwitaba.

  • Abakoresha basabwe korohereza abakozi batabona umwanya wo gutanga amaraso

    Abakoresha basabwe korohereza abakozi batabona umwanya wo gutanga amaraso

    Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gutanga Amaraso(NCBT), cyasabye abakoresha kujya borohereza abakozi bifuza gutanga amaraso nyuma yo gusanga umwanya ari yo nzitizi ya mbere ituma bidakorwa.

    Hari mu gikorwa cy’abakozi ba BDF bakorera i Kigali, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Werurwe 2016, cyo gutanga amaraso ku barwayi bashobora kuyakenera.

    Mukamazimpaka Alexia, umukozi muri serivisi ishinzwe gushaka amaraso yo guha abarwayi, yavuze ko mu nzitizi bahura na zo mu kuyashaka, harimo ko usanga abakozi mu bigo bitandukanye babura umwanya wo kuyatanga, kandi no kubageraho bikaba bitoroshye kuko bisaba kubanza kubisaba abakoresha babo.

    Yagize ati ″Mu bigo hirya no hino, hari n’aho ushobora gukomanga waka amaraso bagatinda kugusubiza, mu gihe umurwayi uyakeneye we adashobora gutegereza. N’iyo bagusubije hari ubwo bisaba gukura abakozi aho bakorera bakajyanwa ahandi, bitewe nuko aho bari bidashoboka ko hatangirwa amaraso.”

    Yashimiye abakozi ba BDF kuba bigomwe umwanya wo gutanga amaraso, asaba abakoresha kujya barekura abakozi bifuza kuyatanga, kandi buri wese nibura akabikora rimwe mu mezi abiri, mu rwego rwo kugoboka abarwayi bayakeneye.

    Jabo Landry, ukora mu Ishami rishinzwe gushaka amasoko n’abakiliya muri BDF, yasobanuriye itangazamakuru ko batekereje gutanga amaraso, bagamije kugoboka abarwayi bayakenera.

    Ati ″Gutanga amaraso ni ugutanga ubuzima kubayakeneye, hatagize umuntu witanga ntabwo yaboneka, kandi natwe dushobora kuyakenera bitewe n’uburwayi.”

    Rutagengwa John, umwe mu bayatanze, yavuze ko atabikoze abihatiwe ko ahubwo byamuvuye ku mutima agamije gufasha abayakeneye.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gutanga amaraso kivuga ko 80% by’abarwayi bakenera amaraso bayabona ku buryo buhagije, mu gihe 20% basigaye basaranganywa asigaye kandi ko nta ngaruka bigira.

    Hagati ya 2014 na 2015, gufata amaraso byiyongereyeho 11%, ariko n’abayakeneye bakaba bariyongereye mu buryo bwihariye.

    Mu kiganiro umuyobozi wa NCTB, Dr Swaibu Gatare aheruka kugirana n’abanyamakuru, yavuze ko mu mwaka ushize, ibitaro byakeneye amaraso menshi ahabwa indembe, bijyanye n’abarwayi benshi ba malaria yiganje mu Rwanda no mu bindi bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

    Mu bindi bibazo byagiye bituma habaho kongererwa amaraso mu mwaka ushize, Ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso kivuga ko harimo kubagwa kanseri n’ibibazo bituruka ku kubyara.

    Iki kigo kivuga ko ku mwaka cyakira udupaki ibihumbi 51 tw’amaraso aba yatanzwe n’abagiraneza.

  • Abanyarwanda barashishikarizwa kwipimisha indwara y’impyiko hakiri kare

    Abanyarwanda barashishikarizwa kwipimisha indwara y’impyiko hakiri kare

    Mu gihe isi yose yizihiza umunsi wahariwe gukangurira abantu kuzirikana ububi bw’indwara y’impyiko, abanyarwanda barakangurirwa kujya kwisuzumisha iyi ndwara hakiri kare kuko bituma amahirwe yo kuvurwa bagakira yiyongera.

    Ku itariki ya 10 Werurwe nibwo u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza umunsi wahariwe kurwanya indwara y’impyiko, aho ababyifuza bapimwe izi ndwara ku buntu, igikorwa cyakozwe ku bufatanye bwa Kaminuza y’u Rwanda, Ishuri ry’ubuvuzi n’ubuzima, ikigo gipima indwara cya Lancet na Africa Health care network.

    Dr Joseph Ntarindwa, umuganga w’indwara z’impyiko mu bitaro byitiriwe umwami Faisal na Africa Health care network yavuze ko impamvu bakangurira abantu kwisuzumisha hakiri kare ari uko akenshi abantu bamenya ko barwaye impyiko zaramaze kurengerana, gukira bitagishobotse.

    Ati ”Indwara y’impyiko ushobora kubana na yo utazi ko uyifite, ukazabimenya ari uko imaze kugera kure. Igikorwa nk’iki icyo kigamije ni ugusuzuma abantu tunabakangurira kujya bisuzumisha hakiri kare.”

    Ntwarindwa yakomeje avuga ko indwara y’impyiko iyo igaragaye hakiri kare umuntu avurwa agakira ariko akenshi ikibazo bahura na cyo ari uko benshi mu baza kwa muganga impyiko ziba zaramaze kwangirika.

    Umuyobozi w’agateganyo w’agashami k’ubuforomo mu Ishuri ry’ubuvuzi n’ubuzima, Munyiginya Paul yavuze ko iki gikorwa cyari kigamije gukangurira abantu gusobanukirwa n’ububi bw’indwara z’impyiko ariko banagirwa inama zo kujya bajya kwisuzumisha ukwabo badategereje ibikorwa nk’ibi.

    Munyiginya yakomeje avuga ko bafatanyije na Minisiteri y’ubuzima n’abandi bafatanyabikorwa bateganya gusanga n’abaturage bose bakabagaragariza ko indwara z’impyiko zihari kandi atari zo kujyana kwa magendu ahubwo bakwiye kuzivuza hakiri kare.

    Nubwo nta mibare igaragaza ko iki kibazo gihagaze mu Rwanda, Imibare yashyizwe ahagaragara mu 2013 n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yerekanye ko abagera kuri miliyoni 600 ku isi bari bafite indwara ziganisha ku kurwara impyiko.

    By: Uwamaliya Florence

  • Rusizi: Bararwara bakabura ubavura kuko ivuriro rikora iminsi itatu gusa mu cyumweru

    Rusizi: Bararwara bakabura ubavura kuko ivuriro rikora iminsi itatu gusa mu cyumweru

    Abaturage batandukanye bivuriza ku ivuriro rito (Poste de santé) rya Miko bavuze ko barwara bakabura aho bivuriza kuko iryo vuriro ridakora iminsi yose, bagasaba ubuyobozi bw’Akarere kubafasha rigakora iminsi yose.

    Aba baturage batuye Midugudu itandukanye yo mu Murenge wa Mururu babwiye IGIHE ko iri vuriro rikora iminsi itatu gusa mu cyumweru kandi ntirirenze saa sita z’amanywa. Mu yindi minsi iyo barwaye bibasaba gukora urugendo rurerure bajya ku Kigo nderabuzima cya Gihundwe no ku Bitaro bya Mibirizi.

    Anicet Harerimana ati “Rikora iminsi itatu mu cyumweru, ku wa mbere ku wa Gatatu no ku wa Gatanu, ushobora gukomereka ku wa kabiri ukajya nko ku Kadashya ugafata moto y’amafaranga 1000 kandi baratwegereje ivuriro.”

    Thérèse Mukandutiye na we ati “Uzi akana iyo gafashwe nka ni mugoroba ukavuga ngo nzakajyana ejo niba batakoze, ugafata inzira ukakajyana i Mibirizi kandi ni kure.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Frederick Harerimana yemeje ko imikorere y’iryo vuriro itanoze ariko ko igisubizo ari ukuzaryegurira abikorera.

    Ati “Natwe ni ikintu tuzi, imikorere y’iri vuriro ntiranoga neza, ntirajya ku murongo nk’uko tubyifuza, ifite ikibazo cy’abakozi badahagije, bityo bigatuma ifata iminsi itatu ikabimenyesha abaturage.”

    Yavuze kandi ko kugira ngo aya mavuriro akore neza bafashe ingamba zo kuyegurira abashoramari, bityo agasaba ababyifuza kuza gushora imari bagafatanya.

    Ivuriro rya Miko ryubatswe ku nkunga ya Minisiteri y’Ubuzima, abaterankunga n’umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda, ryatashywe ku mugaragaro tariki ya 7 Gicurasi 2015.

  • Kicukiro:Gare yuzuye itwaye asaga miliyoni 200 yashyizwe ku isoko

    Kicukiro:Gare yuzuye itwaye asaga miliyoni 200 yashyizwe ku isoko

    Gare ya Kicukiro yuzuye itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 200, kuri ubu irafunzwe, ikaba igiye gushyirwa ku isoko nyuma yo kubona ko idakenewe.

    Nyuma y’imyaka 18 Gare ya Kicukiro yubatswe, ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro ngo bwanzuye ko yashyirwa ku isoko ba rwiyemezamirimo bakareba ikindi gikorwa cyahakorerwa hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’aka Karere.

    Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Mukunde Angelique yatangarije IGIHE ko iyi Gare basanze idakenewe.

    Yagize ati “Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Njyanama, nyuma yo gusanga iriya gare idakenewe. Twanzuye ko yashyirwa ku isoko hanyuma tugashaka ahandi hashyirwa Gare. Hariya hazakorerwa ibindi bifitiye abaturage akamaro, hakurikijwe igishushanyo mbonera.”

    Uyu muyobozi akomeza avuga ko abatuye muri aka Karere batazagira ikibazo cy’aho bategera imodoka, kuko n’ubundi abagenzi baviramo ku byapa imodoka igahita ikomeza itageze muri gare.

    N’ubwo uyu muyobozi avuga ibi, bamwe mu batuye muri aka Karere baganiriye na IGIHE, batangaje ko iyi gare yari ikenewe.

    Tuyishime John utuye mu Murenge wa Gahanga, avuga ko iyi gare yari ibafatiye runini.

    Yagize ati “Ku bwanjye mbona gare yari ikenewe kuko waturukaga mu mujyi, Remera, cyangwa Nyabugogo ukaba uzi ko imodoka iri bukugeze hano cyangwa uri buyitegere hano. Byatworoheraga no kurangira umuntu uje kudusura, kuko ni ho imodoka yamusigaga.”

    Uwamahoro Hope, utuye i Nyanza ya Kicukiro, avuga ko kuba abaturage batagishwa inama ku bikorwa by’iterambere bibagenewe bibagiraho ingaruka.

    Yagize ati “Nyuma y’imyaka irenga 10 ni bwo babonye ko iyi gare itari ikenewe? Abayobozi bakwiye kujya batugisha inama ku bikorwa by’iterambere bitugenewe, kuko iki ni igihombo ku Karere no ku gihugu muri rusange.”

    Uretse iyi Gare ya Kicukiro igiye gushyirwa ku isoko, aka karere gaherutse gushyira ku isoko ahahoze isoko rya Kicukiro, isoko rya Kigarama ryakuwemo abaricururizagamo mu mwaka wa 2012, bivugwa ko hagiye kubakwa irya kijyambere, na ryo rigiye gushyirwa ku isoko.