Igihugu cya Tanzania cyatangaje ko kidashyigikiye ubutinganyi bidasubirwaho

Leta ya Tanzania yatangaje ko idashobora kuzaha uburenganzira ababana bahuje ibitsina kugira ngo ishimishe abaterankunga.

Ibi ni  byatangajwe na Madamu Samia Suluhu Hassan, Visi Perezida w’icyo gihugu ubwo yasuraga Akarere ka Morogoro mu mpera z’Icyumweru gishize.

Samia yavuze ko leta yiteguye gukorana n’abaterankunga koko bafite umutima wo gufasha ariko ngo ntibazemera ubashyiraho amategeko ngo abahe inkunga.

Yagize ati “Ntabwo tuzemera inkunga, wenda kubavuga ngo mwemere ababana bahuje ibitsina.Ibi ntabwo byakwihanganirwa.Igihugu cyacu dushobora kukibeshaho dukoresheje amafaranga yacu bwite.”

Samia yakomeje avuga ko imisoro iramutse itanzwe neza igihugu cyabona ubushobozi buhagije bwo kwibeshaho, aho gushyirwaho amategeko n’abandi.

Ati ’Twakwiyubakira igihugu turamutse dukusanyije imisoro ihagije, kandi nitwe tugomba kubikora.Nta mpamvu yo kubeshwaho n’abaterankunga.”

Umwaka ushize Tanzania yahuye n’ikibazo cy’ingengo y’imari, ubwo imwe mu miryango nterankunga yavugaga ko itazatanga agera kuri miliyoni 500 z’amadolari, mugihe Leta ntacyo ikoze ku kibazo cya ruswa cyavugwaga mu bayobozi.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *