Afrika y’Epfo:Ushinjwa ubwicanyi yatsinze ataburanye

Muri Afrika y’Epfo abacamanza bahagaritse urubanza  ruregwamo umugore ushinjwa  kwica umuntu amuhora ko yamusambanirije umwana w’umukobwa amufashe ku ngufu.

Impamvu yihagarikwa ry’uru rubanza  ngo ni uko abo bacamanza basanze  nta bimenyetso bihagije byakwifashishwa hagamijwe kugirango icyaha akurikiranyweho kimuhame.

Uwo mugore ava mu karere k’icyaro  gaherereye mu ntara ya Eastern Cape, yafashwe amaze gutera icyuma  umugabo umwe anakomeretsa abandi babiri, akavuga ko bose yabasanze bari kumusambaniriza umukobwa mu kwezi gushize,ibintu  we yafashe nko guhorera umwana we,n’ubwo kubwamahirwe nta bimenyetso bimuhama.

Uyu mugore utaratangajwe amazina, ngo ibihumbi n’ibihumbi by’Abanyafrika y’Epfo bari bahagurukiye rimwe bashyigikira ko  adakwiye gukurikiranwa ngo aryozwe ibyo ashinjwa,ndetse abenshi bakaba bari bahisemo uburyo bwo kwifashisha internet hagamijwe gukusanya inkunga yo kuzamurihira umwunganizi mu by’amategeko.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *