AmakuruHEALTHImibereho myizaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsRecent NewsUbutaberaUbuzimaUncategorized

Abafite ubumuga bw’uruhu barashima Leta y’u Rwanda ihora ibazirikana

Mu gihe abafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda bifatanyaga n’abo ku isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wabahariwe, ubuyobozi bwabo mu Rwanda bwashimye Leta y’u Rwanda yabasubije agaciro, bakaba bafashwa kwivuza, kwiga no kurindwa kwicwa bazira uko bavutse.

Ibi byagarutsweho ku wa 13 Kamena 2026, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga bw’uruhu.

Ni umunsi wizihijwe ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: ‘Nishimira Uruhu Rwanjye: Twese Dufite Agaciro Hatitawe ku Ibara ry’Uruhu.’

Ingabire Aimée avuga ko kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga bw’uruhu bimufasha guhura no gusabana na bagenzi be, mu gihe mbere yabagaho mu bwigunge.

Ati: “Uyu munsi iyo ugeze, mba numva ari ibyishimo bidasanzwe kuri njye, kuko ari wo munsi mbonaho ko hari abantu badukunda kandi badutekerezaho.”

Rukundo Janvier we agira ati: “Ikindi kidushimisha cyane ni uko dufite Guverinoma nziza, ndetse n’abandi bantu batwitaho bakadukorera ubuvugizi ahantu hatandukanye.”

Umuyobozi w’umuryango uharanira imibereho myiza y’abantu bafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda (OIPPA), Akimaniduhaye Dieudonné, ashima uruhare Leta ikomeje kugira mu guteza imbere imibereho y’abafite ubumuga.

rishimira ko amavuta arinda kanseri y’uruhu yabonetse kandi akaboneka kuri mituweli de santé, akegerezwa abaturage. Mu burezi turishimira ko abana bahabwa ibizamini biri mu nyuguti zigaragara n’ibindi.”

Yashimiye Leta y’u Rwanda kuba nta muntu wicwa azira kugira ubumuga bw’uruhu, nk’uko bikunze kugaragara mu bihugu bimwe by’abaturanyi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD), Jean Pierre Niyitegeka, avuga ko bazakomeza gukora ubuvugizi kugira ngo ibibazo bikibangamira imibereho myiza y’abantu bafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda bikemuke.

Ati: “Twabonye ko hari ubwo bahezwa mu muryango; umubyeyi wabyaye umwana ufite ubumuga bw’uruhu agahezwa, ndetse n’umwana akabuzwa bumwe mu burenganzira bw’ibanze. Icya mbere ni ubuvugizi, icya kabiri ni ugufatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo babashe guhabwa iby’ibanze bibafasha.”

Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ubuvugizi no kumenyekanisha uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga, aho barindwa kanseri y’uruhu, bicazwa imbere mu ishuri no guhana abakoresha imvugo zipfobya.

Abafite ubumuga bw’uruhu bagaragaza ko bifitemo impano nk’abandi
BashimaLeta ko babona kuri Mituweli amavuta abarinda kanseri y’uruhu
Abaturutse imihanda yose baje kubashyigikira muri uyu munsi mukuru
Umuyobozi w’umuryango OIPPA, Akimaniduhaye Dieudonné

Loading