UN yafatiye ibindi bihano Korea ya Ruguru

Umuryango mpuzamahanga UN wafatiye Korea ya Ruguru ibihano bishya nyuma yaho icyo gihugu kigeragereje ikindi gisasu cya gatandatu kinini cyo mu bwoko bwa kirimbuzi.

Bimwe muri byo bihano birimo kuba nta yindi peteroli izongera koherezwayo,guhagarika ubucuruzi bw’ibikorerwa mu nganda cyane nk’imyenda,ibi byose bikaba kimwe mubyatuma ubukungu bw’icyi gihugu bugwa bityo kigacika ku ngeso yo gukora ibisasu kirimbuzi.

Ku ikubitiro Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zasabye  ko Koreya  yahabwa ibihano bikomeye cyane birimo ukubuza burundu koherezayo peteroli.

Bivugwa ko mu gihe Koreya yaba ihawe ibihano byo guhagarikirwa kohereza ibicuruzwa birimo imyenda ikora mu mahanga,yatakaza miliyoni z’amadolari 700 ku mwaka.

Ni mugihe yaramuka ihagarikiwe guhabwa impushya zo kujya mu mahanga(Visas) cyane ku bakozi bayo, yatakaza miliyoni 500 z’amadolari aturuka k’umisoro  yinjira ku mwaka.

Amatora yemeza ibyo bihano yemejwe nyuma yaho ibihugu by’inshuti  na Pyongyang,ari byo Uburusiya n’Ubushinwa, byemerewe ko ibihano bigabanywa.

Kuruhande rwa Koreya ariko ibyo bihano bemejwe  n’akanama kashinzwe umutekano ka UN, byakiranywe umujinya mwinshi.

Ibi byatumye hasohoka itangazo ryacishijwe mu kinyamakuru cya leta, KNCA, rigahamagarira  abaturage kuzirikana ububi bwa USA, ndetse bikaba  byitezwe ko hagomba gukorwa ibishoboka kugirango izasubirizwe mu kebo yabagereyemo.

Kimwe mu bihano byirinzwe gufatwa n’ubwo nabyo biri mubyifuzwaga,nu ukuba umwanzuro wo gufatira  imitungo  ya Kim Jong-un, ndetse n’ukumubuza gusohoka  mu gihugu, bitubahirijwe.

Akanama kajejwe umutekano ka Onu karimwo Amerika, kamaze gufatira kenshi ibihano Korea ya RuguruAkanama gashinzwe  umutekano ka UN karimo Amerika, ubwo hafatwaga ibihano  kuri Korea ya Ruguru

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *