Rwanda – Covid: ‘Turi mu gihe tutigeze tugeramo’ – ushinzwe ubuvuzi


U Rwanda rwatangiye gukoresha robots mu kwita ku barwaye coronavirus. Umurwayi wa Covid uri kwitabwaho na robot mu kigo cy’ubuvuzi kiri i Kigali mu mwaka ushize wa 2020AHAVUYE ISANAMU,REUTERS
Insiguro y’isanamu,
Umurwayi wa Covid uri kwitabwaho na robot mu kigo cy’ubuvuzi kiri i Kigali mu mwaka ushize wa 2020

Abarwayi ba Covid-19 babaye benshi bituma ahantu havurirwaga abayirwaye hari harafunzwe hongera gufungurwa, ushinzwe ubuvuzi mu Rwanda avuga ko hose huzuye.

Dr Tharcisse Mpunga, umunyamabanga ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze muri minisiteri y’ubuzima, avuga ko iki ari “igihe tutigeze tugeramo kuva twaterwa n’iki cyorezo”.

Imibare y’abandura igeze mu cyumweru cya gatatu iza hagati ya 800 na 900 ku munsi, “ibintu bitigeze bibaho mu Rwanda” nk’uko Dr Mpunga yabivuze kuri televiziyo y’u Rwanda.

Yagize ati: “Uburwayi buri mu byiciro byose, mu bakuru, mu bana, mu basaza bari mu ngo… ni ukuvuga ngo yageze hose mu Banyarwanda iragenda ikwirakwira”…abarwayi babaye benshi, ahari harafunzwe ubu twarahafunguye kandi hose haruzuye, n’abarembye bararembye n’abapfa barapfa ari benshi…turi mu bihe bikomeye by’icyorezo.”

Rwanda: Umunsi Covid yishe benshi, ubwoba bwa Delta
Rwanda: Imibare ya Covid iri gutumbagira biteye inkeke
Alpha, Beta, Delta… amazina mashya y’ubwoko bwa Covid
Mu minsi irindwi ishize hatangajwe abantu 60 bapfuye, ejo ku wa kabiri hatangajwe abantu 12 bapfuye, umunsi wa kabiri upfuyeho abantu benshi kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda.Uku kwiyongera kwatewe n’iki?
U Rwanda ruri mu bihugu byagiye bifata ingamba zikomeye kuva iki cyorezo cyatangira, ubu hashize icyumweru hari ingamba zirimo umukwabu w’ijoro utarabayeho mbere utangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00).

Dr Mpunga avuga ko zimwe mu mpamvu zateye ukwiyongera kw’iki cyorezo harimo kuba abantu bamaze gukingirwa bakiri bacyeya, ni 392,003.Avuga ko abantu badohotse kuko mu gihe gishize “Covid twasaga n’abayitsinze”, abantu basubira mu bikorwa bibahuza ari benshi “bituma benshi bandura, banduzanya n’abandi”.
Mu zindi mpamvu, avuga iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo mu mpera y’ukwezi kwa gatanu, ryatumye mu Rwanda hinjira impunzi zivuye muri DR Congo bikagabanya ingamba zo kwirinda.Ati: “Hari no hakurya aha muri Uganda, igihugu cyabo gifite abantu benshi barwaye, hari Abanyarwanda baturukayo bambuka buri munsi barimo abafite ubwo bwandu…bakanduza n’abandi.”Yongeraho ko “na virusi ubwayo iragenda ihindura ubukana ihindura uburyo ibaho”.Gusa kugeza ubu u Rwanda ntiruratangaza niba ubwoko bwa Covid bise Delta bwandura vuba cyane bwabonetse mu bihugu bya Uganda na DR Congo, bwarageze no mu Rwanda.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *