Blog

  • Umujyi  wa Medina wagabweho igitero

    Umujyi wa Medina wagabweho igitero

    Umujyi mutagatifu wa Madina wagabweho igitero cy’umwiyahuzi mu gihe habura umunsi umwe ngo abasilamu basoze igisibo cy’ukwezi kwa Ramdhan.

    Tereviziyo ya Arabia Saudite yerekanye amashusho y’imodokari irimo yaka umuriro hafi y’umusigiti umwe wo mu muji wa Medina, mu kibanza gisanzwe gihagarikwamwo imodoka, iruhande hari umurambo.

    Icyo gitero cyahuriranye n’ikindi cyagabwe n’umwiyahuzi mu wundi mujyi wa Qatif wiganjemo aba Shia, hamwe n’ikindi cyagabwe ku biro by’uhagarariye Leta zunze Ubumwe za Amerika i Jeddah.

    Muri icyo gitero cy’i Jeddah, hakomeretse abashinzwe kurinda umutekano babiri.
    Nta mutwe n’umwe wari wigamba iki gitero kibaye habura umunsi umwe ngo Abasilamu basoze igisibo cyabo cy’ukwezi kwa Ramadhan

  • Nyamasheke: ikigage cyanduje abantu 55 bajyanwa kwa muganga

    Nyamasheke: ikigage cyanduje abantu 55 bajyanwa kwa muganga

    Abaturage 55 bo mu mudugudu wa Gafumba, akagari ka Gisoke, mu murenge wa Mahembe,mu karere ka Nyamasheke banyoye ikigage mu bukwe bw’uwitwa Nzamutuma Jacques kibamerera nabi cyane ku buryo abagera kuri 55 bajyanwe kwa muganga.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, buvuga ko icyo kigage abaturage bakinyoye ku wa 30 Kamena mu bukwe bwo guhabwa inka no gutanga indi uyu Nzamutuma Jacques yari yakosheje.

    Bukeye bwaho ku wa 01 Nyakanga bamwe mu bakinyoye batangiye kuribwa mu nda cyane ariko baruka banahitwa, bahita batangira kujyanwa kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Gatare n’ibitaro bya Mugonero hose ni mu karere ka Karongi.

    Ku ikubitiro ngo abagera kuri 19 bahise bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Gatare umwe muri bo wari umerewe nabi cyane ahita ajyanwa mu bitaro bya Mugonero,mu murenge wa Gishyita muri Karongi, abandi bakomeza kuremba gahoro gahoro bajyanwa kwa muganga,kugeza ubwo bageze kuri 55,bamwe bavurwa bataha abandi bahasigara.

    Ku wa 04 Nyakanga undi na we yararembye cyane ahita yihutanwa mu bitaro bya Mugunero, abasigaye mu kigo nderabuzima cya Gatare ubu ni 11.

    Ibizamini bya Laboratwari byatanzwe n’ibitaro bya Mugonero byagaragaje ko nta burozi basanzemo muri icyo kigage, nk’uko abaturage bamwe bari batangiye kubihwihwisa, ahubwo ngo basanze ari umwanda iki kigage cyari gikoranye n’uwo mu majerikani cyashyizwemo wagize ingaruka ku baturage bakinyoye.

    Gusa uyu muturage wari wakoresheje ubu ubukwe ntiyabashije kugaragara ngo agire icyo atangaza. Aha bivugwa ko na we abana be 2 na nyina bari kwa muganga, icyakora Nsabayesu Cyriaque wari ushinzwe kwakira ibinyobwa biza, kubyandika n’izindi gahunda z’ubu bukwe,yavuze ko banywa icyo kigage nta kibazo bakibonagamo ariko ibibazo byaje kuvuka nyuma , bakaba bataramenye uko byagenze.

    Bamwe mu baturage b’aka karere bakunze kurangwa no gukora ikigage gikozwe n’imyumbati itinitse baba banitse itaruma neza bagahita bajya kuyishesha, bagashyiramo agafu gake k’amasaka, bagashyiramo ibitubura n’imisemburo, cyangwa bagahonda amatafari ahiye bagashyiramo,hamwe n’ifumbire mvaruganda ya Ire ngo ubinyoye asinde ataranywa nyinshi, bigatuma abantu bamererwa nabi.

    Mu nama yakoranye n’abaturage b’aka kagari ku wa 04 Nyakanga, umuyobozi w’aka karere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Mukamana Claudette,yabasabye kubireka bakenga umwimerere.

    Yagize ati’’ Ntidushaka ibi bigage byanduye gutya binangiza ubuzima bw’abantu mukora, mubihagarike,mujye mukora ikigage cy’umwimerere kidateza umutekano muke abakinyoye.’’

    Yabasabye kandi kwitondera ibyo bafata mu bukwe n’ibindi birori,ababitegura bagatanga ibikoranye isuku,bitagira izindi ngaruka.

     

  • U Bufaransa: Abadepite batoye itegeko rihana ihakana n’ipfobya rya jenoside

    U Bufaransa: Abadepite batoye itegeko rihana ihakana n’ipfobya rya jenoside

    Abadepite mu Bufaransa batoye itegeko rihana ihakana n’ipfobya ry’icyaha cya Jenoside aho uhamwe nacyo azajya ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu y’ama-euros 45000 (asaga miliyoni 36 z’amanyarwanda).

    Iri tegeko ryatowe kuwa Gatanu tariki ya 1 Nyakanga 2016.

    Muri iri tegeko abadepite bongeyemo ingingo iha uburenganzira amashyirahamwe yose arengera abarokotse gukurikirana mu nkiko abantu bose bahakana jenoside cyangwa se bakayipfobya.

    Ibi byari byagenwe n’urukiko rurengera Itegeko Nshinga mu Bufaransa nyuma y’ikirego rwari rwagejejweho n’Ishyiramwe ry’Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu, Association Communauté Rwandaise de France (CRF) mu Ukwakira 2015.

    Mu kiganiro na Me Richard Gisagara, uhagarariye CRF muri urwo rubanza, yavuze ko ari intambwe nziza kuba iri tegeko ritowe.

    Me Gisagara asanga hari amahirwe menshi ko n’abasenateri bazaryemeza nyuma y’intambwe yatewe n’abadepite.

    Kugera ubu mu Bufaransa, guhakana no gupfobya jenoside yakorewe Abayahudi nibyo byonyine byahanwaga n’itegeko. Iri tegeko rishya ryongeraho jenoside zose zahanwe n’inkiko zo mu Bufaransa cyagwa se inkiko mpuzamahanga.

    Bisobanuye ko na Jenoside yakorewe Abatutsi igendanye n’iri tegeko kuko yahanwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) kandi n’Urukiko ruburanisha imanza z’inshinjabyaha zikomeye [Cour d’assises de Paris] mu Bufaransa rukaba rwarahamije Simbikwangwa Pascal icyaha cya jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 25.

    Me Gisagara yakomeje avuga ko kuba abadepite bashyize muri iryo tegeko ingingo iha uburenganzira amashyirahamwe arengera abarokotse gukurikirana mu nkiko abahakana n’abapfobya jenoside bizatanga umusaruro kuko ‘ayo mashyirahamwe ahawe ingufu akaba atazahwema kubakurikirana mu gihe abashinjacyaha bahugiye mu bindi’.

    Kugira ngo Abadepite bashyiremo iyi ngingo bituruka ku kirego CRF yashyikirije inkiko ubwo Televiziyo Canal+ yacishagaho ikiganiro gipfobya jenoside hanyuma mu Ukwakira 2015, urukiko rurinda Itegeko Nshinga rugategeko Guverinoma y’u Bufaransa guhindura itegeko bitarenze itariki ya Mbere ukwakira 2016.

    Me Gisagara yakomeje avuga ko iryo tegeko rije mu gihe cyiza ubwo hari kuburanishwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi basimburanye ku buyobozi bwa komine Kabarondo, bombi bakaba bakurikiranyweho ibyaha bya jenoside.

    Biteganyijwe ko bazasomerwa kuwa Gatatu tariki ya 6 Nyakanga.

    Me Richard Gisagara, uhagarariye Ishyiramwe ry’Abanyarwanda batuye mu Bufaransa
    Me Richard Gisagara, uhagarariye Ishyiramwe ry’Abanyarwanda batuye mu Bufaransa
  • Inteko rusange y’umuryango FPR inkotanyi mu kagali ka Akabahizi yateranye

    Inteko rusange y’umuryango FPR inkotanyi mu kagali ka Akabahizi yateranye

    None taliki ya 3 Nyakanga mu Akagali ka Akabahizi gaherereye m’Umurenge wa Gitega akarere ka Nyarugenge hateranye inteko rusange kubanyamuryango ba FPR inkotatanyi,intego ikaba kwari ukwishimira ibyagezweho kubufatanye bw’Abanyamuryango,gukorera kumihigo mu rwego rwo kurushaho kubaka imbaraga z’umuryango mu kwihutisha iterambere,ndetse no kwakira indahiro kubanyamuryango bashya bagera kuri 36 bahawe ikaze mu gufatanyiriza hamwe kwiyubakira Igihugu binyuze m’umuryango FPR Inkotanyi nka moteri ya Leta.

    Inzego zose zari zihagarariwe
    Inzego zose zari zihagarariwe
    Hakiriwe indahiro kubanyamuryango bashya
    Hakiriwe indahiro kubanyamuryango bashya
    Akabahizi ntawe ugw'isari:Bahaye abana amata
    Akabahizi ntawe ugw’isari:Bahaye abana amata

     

     

  • Koresha inyunganiramirire Trévo maze utandukane n’indwara burundu

    Koresha inyunganiramirire Trévo maze utandukane n’indwara burundu

    download

    Trévo n’ikinyobwa mpinduramatwara gikozwe mu rusobe rw’amoko 174 y’ibimera biboneka kw’isi hose,kikaba gifasha umubiri kugira ubwirinzi no guhangana n’indwara zikomeye,aho umuntu wese kuva ku myaka 2 kugeza kuri 200 babasha kurokora ubuzima bwabo bahisemo gukoresha iyi nzira.

    Imvo n’imvano mu byatumye Trévo ibaho

    Umunyamerika Mark Stevens, amaze kubona ibibazo isi dutuye ihanganye nabyo,we yahise ashaka igisubizo. Ibi ahanini yabifasheho umwanzuro nyuma y’agahinda kenshi yatewe no kubona umubyeyi we arwaye igihe kinini kandi ababazwa cyane n’indwara yari mwibasiye, yiha intego yuko namara gukura azitangira gukora ubushakashatsi hagamijwe kurengera ubuzima bwa benshi.

    Bidatinze inzozi ze yazigezeho

    Mu gutangira gukora ubushakashatsi bwe Mark Steven yafashe igihe cy’imyaka igera kuri itanu ndetse ashora n’amafranga menshi, maze mu kuzenguruka ibice byinshi bigize isi abasha kuvumbura urusobe rugizwe n’amoko 174 y’ibimera by’umwimerere mu byibanze bihingwa kw’isi hose,maze abikomatanyiriza mu kinyobwa kimwe aricyo Trévo ,bibasha kuba igisubizo k’ubuzima mu buryo budasubirwaho kuko kibasha gukiza amoko y’indwara agera kuri 174.

    Trévo yabaye igisubizo k’ubuzima bw’Abanyarwanda.

    Taliki ya 26 kamena uyu mwaka ,mu buhamya bwatanzwe na benshi ubwo abanyamuryango bagize Trévo-Rwanda bizihizaga isabukuru y’umwaka bamaze bakoresha iki kinyobwa nk’umugisha kuko gitanga ubuzima ndetse n’ubutunzi, bwagiye bwibanda ku kuba benshi muri bo barabashije gukira indwara benshi bemeza ko zidapfa kuvurwa ngo zikire,ndetse banerekana uburyo uwabaye umunyamuryango nyuma yo kubasha gukira indwara z’umubiri,iy’ubukene nayo isezererwa burundu.

    Dore uburyo wabasha kubona Trévo

    Nyuma yaho uyu muti utanga ubuzima ndetse n’ubukire kubamaze kumenya ibanga ryawo usesekaye mu Rwanda kuya 26 kamena 2015,hafunguwe icyicaro gikuru i Remera na handi hirya no hino mugihugu, ndetse kugez’ubu ushobora no kuwubona kurindi shami rikorera i Nyamirambo ahazwi nka Cosmos kwa Ing Ildephonse NIYONSENGA. Sibyo gusa kandi kubafite inzozi z’ubukire bahabwa amahugurwa mu kwamamaza no kugurisha product za Trévo binyuze mu buryo bwa Network Marketing. Kubindi bisobanuro ushobora no guhamagara kuri telefoni igendanwa +250788305933 cyangwa +250788520373.

    Mark Stevens arikumwe na Ing Ildephonse NIYONSENGA
    Mark Stevens arikumwe na Ing Ildephonse NIYONSENGA
    Ubwo Mark yasuraga urwibutso rwa genocide ku Gisozi
    Ubwo Mark yasuraga urwibutso rwa genocide ku Gisozi
  • Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

    Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

    Kuri uyu wa kane, Minisiteri y’ubuzima yatangije gahunda nshya yise ‘Treat All’ igamije gutangira guha imiti igabanya ubukana Abanyarwanda 17,800 banduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bakaba bari bataremererwa gufata imiti kubera ko igihe cyari kitaragera.

    Ikigereranyo cy’abantu bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda kigaragaza ko hari abagera ku bihumbi 210 kuva mu myaka 10 ishize.

    Muri aba banduye, ibihumbi 162,486 bahabwaga imiti igabanya ubukana, abandi 17,800 bari bategereje ko abasirikare barinda umubiriwe bagabanuka ngo batangire guhabwa imiti igabanya ubukana.

    Ugendeye kuri iyi mibare, hirya no hino mu Rwanda hari abantu barenga ibihumbi 30 banduye SIDA ariko batazi ko bayifite.

    Gahunda y’Isi nshya yiswe ‘Treat All (bavure/biteho bose)’ igamije guha amahirwe abantu banduraga agakoko gatera SIDA, ariko ntibahite bagira amahirwe yo guhita bahabwa imiti igabanya ubukana mu gihe bamaze kwipimisha bagasanga baranduye. Kuvura abanduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA hakiri kare ngo bishobora kugabanya amahirwe yo gupfa ku kigero cya 53%.

    Mu bisobanuro bye DR Sabin Nsanzimana, umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara ya SIDA n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) avuga kubijyanye n’umuntu wanduye agakoko (virus) gatera SIDA yagize; ati “Iyo umuntu yanduraga bategerezaga ko abasirikare barinda umubiriwe bagabanuka bakagera kuri bakajya munsi ya 500, icyo gihe habaga hari n’ibyuririzi byatangiye kuza. Iyo gahunda ntabwo yafashaga abenshi, hari n’abashoboraga gupfa bataratangira imiti.”

    Dr Nsanzima avuga ko umuntu wanduye ‘Virus’ iyo atari ku miti aba afite twa ‘virus’ Miliyari 10 ziba zigenda mu maraso ye, uretse kuba izo Virus ngo zangiza umubiri we, ngo n’iyo agize uwo ahura nawe bakaba bakora nk’imibonano mpuzabitsina idakingiye cyangwa amaraso ye akaba yahura n’ay’undi muntu, yanduza cyane kurusha umuntu uri ku miti.

    Ati “Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu ufite ubwandu uri ku miti, hagabanukaho 96% kwanduza kurusha uteri ku miti. Guha abantu bose imiti biragabanya kwanduzanya, no guca bya byuririzi byahitanaha abantu.”

    Uyu muyobozi ushinzwe indwara ya SIDA n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina avuga ko hateguwe imiti y’abantu bose bafite agakoko gatera SIDA baba abana cyangwa abakuru.

    Mu gutangiza gahunda ya ‘Treat All’, Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko nubwo bigiye kongera Miliyoni enye z’Amadolari ku ngengo yagenerwaga kurwanya SIDA, ndetse n’imiti ikaba ihenze, ngo iyi gahunda ifite inyungu mu buryo bw’igihe kirekire kuko bizagabanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda, kandi bitumen Abanyarwanda banduye bakomeza gukorera igihugu cyabo.

    Agasaba abanyarwanda nabo kwitwarararika bakirinda ubusambanyi budakingiye kuko kongera ubwandu bw’agakoko gatera SIDA birushaho kongerera umutwaro Leta.

    Kuva kuri uyu wa gatanu, tariki 01 Nyakanga 2016, abantu bose bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bari bateremererwa guhabwa imiti igabanya ubukana bashobora guhita bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro bibemereye bagahabwa imiti.

    Abaganga n’inzobere bo mu mavuriro 152 mu gihugu hose basanzwe batanga imiti igabanya ubuka, ngo barahuguwe kuva muri Gashyantare 2016, bakaba biteguye, ndetse n’imiti barayigejejweho.

    Muneza Sylvie, umuyobozi mu Rugaga Nyarwanda rw’ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yashimiye Guverinoma kubw’iyi gahunda kuko ngo igiye kubafasha guhangana n’ubwandu.

    Kuva mu mwaka ishize, ubushakashatsi ngo bugaragaza ko mu Rwanda byibura buri mwaka abantu 3 ku 1000 bandura Virus Itera SIDA. Mu gihe buri mwaka hapfa abagera ku 1832.

  • Kigali :Impanuka y’imodoka yahitanye abantu bane

    Kigali :Impanuka y’imodoka yahitanye abantu bane

    Mu Karere ka Nyarugenge ku muhanda wa Nyamirambo werekeza Mageragere mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena,2016 impanuka y’imodoka ya Toyota Hiace yahitanye abantu bane abandi babarirwa ku icyenda barakomereka, yabereye hafi y’aho bita kwa Kayitani mu murenge wa Nyamirambo, Akagari ka Gasharu, Umudugudu wa Rwintare.

    Supt JMV Ndushabandi Umuvugizi wa Police ishami rishinzwe umutekano mu muhanda yavuze ko abantu bane aribo bahitanywe n’yi mpanuka abandi icyenda bagakomereka.

    nyamirambo-2-df5b1

    Uburyo imodoka yabaye

    Biravugwa ko iyi mpanuka yatewe n’umushoferi w’iyi modoka ya Toyota Hiace ifite Plaque numero RAB 251G wananiwe gukata ikorosi imodoka ikarenga umuhanda ikibirandura.

    Spt Ndushabandi avuga ko amakuru bahawe n’abarokotse iyi mpanuka ari uko umushoferi w’iyi modoka yari yanyoye inzoga bigaragara ko atwaye imodoka nabi, yihuta cyane kandi mu muhanda umanuka.

    Abakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro bya CHUK naho abitabye Imana bajyanywe ku bitaro bya Police ku Kacyiru.

    Uyu muhanda w’ibitaka ukoramo imodoka za Minibus zitwara abagenzi berekeza muri aka gace kahoze ari icyaro ubu kari guturwa cyane.

    Iyi modoka yari itwawe n’uwitwa Emmanuel Hakizimana wananiwe kugabanya umuvuduko w’iyi modoka bageze ahamanuka mu ikorosi ririmo utubuye duto, maze ayikase igwa igaramye.

    Spt Ndushabandi yasabye abashoferi kwitwararika mu mihanda y’ibitaka, bakamenya neza niba imodoka zabo zujuje ibisabwa (controle technique) kandi ngo ba nyiri kompanyi zitwara abagenzi bakagenzura imyitwarire y’abashoferi baha imodoka ngo batware ubuzima bw’abantu benshi.

  • Made in Rwanda:Gatorano Juvenal we imvugo niyo ngiro

    Made in Rwanda:Gatorano Juvenal we imvugo niyo ngiro

    Gahunda ya Made in Rwanda, ni imwe mu nkingi zitajegejega Guverinoma y’u Rwanda ishyize imbere, ngo ishakire igisubizo ibibazo byugarije ubukungu, cyane cyane ibiterwa n’icyuho kiboneka hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo,ibi kandi bituma Leta irushaho gushishikariza abikorera ndetse n’abanyarwanda muri rusange gukunda ibikorerwa mu Rwanda.

    Umuyobozi mukuru w'uruganda GATORANO Juvenal
    Umuyobozi mukuru w’uruganda GATORANO Juvenal

    Ubuyoyobozi bw’uruganda rukora rukanatunganya ibikozwe mu mpu bigaragara mo moko atandukanye,nyuma yo kumva ndetse no gushima gahunda ya Leta,bwafashe iyambere mu gufasha Abanyarwanda ndetse n’abatuye Akarere kubona igisubizo muburyo burambye kandi bwizewe.
    Ubushobozi bw'uruganda butanga ikizere
    Ubushobozi bw’uruganda butanga ikizere

    ibikorwa ubwabyo birivugira
    ibikorwa ubwabyo birivugira
    Ubwiza bw'ibihakorerwa n'igisubizo kunzozi zawe
    Ubwiza bw’ibihakorerwa n’igisubizo kunzozi zawe
    Uruganda rukoresha inzobere mu kazi
    Uruganda rukoresha inzobere mu kazi
    Ubwoko bwibikorwa mu mpu byose ubisanga hANO
    Ubwoko bwibikorwa mu mpu byose ubisanga hano
  • Imigambi y’Abafaransa yarabapfubanye:Tom NDAHIRO

    Imigambi y’Abafaransa yarabapfubanye:Tom NDAHIRO

    Bamwe mu basirikare b’Ubufaransa mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994/(Foto:Internet)
    Bamwe mu basirikare b’Ubufaransa mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994/(Foto:Internet)

    Umunyamateka akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ndahiro Tom, avuga ko ubwo Abafaransa boherezwaga mu Rwanda bari bahawe itegeko ryo guhiga ibirindiro by’Inkotanyi bagahangana nazo mu rwego rwo gufasha Leta y’abatabazi

    Avuga ko ubwo abafaransa bageraga mu Rwanda bari barahawe umukoro wo gukorana n’ubuyobozi basanze mu gihe umuryango mpuzamahanga wari wabahaye inshingano zo gutabara.

    Ati “bageze mu Rwanda mu matariki 19-20 Kamena 1994 ONU itarabyemeza ariko binjiye mu Rwanda ku buryo buzwi tariki ya 24 Kamena, abari bari Kabgayi no mu Ruhango muziko Inkotanyi zatangiye kwimura abantu zibajyana mu Bugesera kuko indege z’abafaransa zari zatangiye kujagajaga zone y’Inkotanyi cyokora ntibabone ibirindiro byazo ”.

    Abafaransa ngo baza bari barahawe icyo yise mu rurimi rw’igifaransa ‘ordre d’operation’ ngo bakaba bari babwiwe ko bagenda bagakorana n’ubuyobozi basanzeho burimo abasirikari n’abasiviri

    “uvuze ngo ugiye gutabara abantu ariko ukabwira abantu ngo mugende mukorane na Leta ikora Jenoside! Umuntu ashobora kwibaza ngo wenda ntibishoboka, hato mu myaka ya kera umuntu azavuga ko ari ibisazi ariko niko bababwiye, mugende muzasanga abasirikare ba Leta, n’abayobozi ba gisiviri babakire mukorane nabo!”

    Akomeza avuga ko tariki ya 21-6 umuntu witwa Koushner yari yavuganye na Bruno Delaye aho yamubwiye ko bagiye bakwiye kugenda bagatabara abatutsi, ndetse akababuza gushotora Inkotanyi ahubwo ko bazakorana nazo kugira ngo bakureho amateka ya kera, ariko ngo babirenzeho.

    Ndahiro akomeza avuga ko tariki ya 22 Gicurasi 1994 ubwo hari hashize umunsi umwe Inkotanyi zifashe Kanombe, Sindikubwabo yandikiye Mitterand amubwira ko amushimira ko Ubufaransa bwabashyigikiye mu buryo bwose, ibi ngo bikaba bigaragaza ko ibyo bakoze bitaje bitunguranye.

    Akomeza avuga ko nyuma yo kumva ko Kanombe yafashwe hatangiye kuba inama zahuje Abanyarwanda n’imiryango (ONG) mu Bufaransa, aho babazaga icyo bakora ngo barokore abanyarwanda kandi ngo abanyarwanda bavugwaga aha abatutsi ntago bari mo kuko umunyarwanda ku bakoze Jenoside byavugaga abahutu gusa.

    Kugira ngo gahunda yo gukwiza ingengabitekerezo igerweho neza ngo abafaransa baricaye bashyiraho komite y’abantu banyuranye yo kwiga uburyo bava mu kibazo.

    Ati “barimo bavuga bati dufite ikibazo, ishusho yacu yarahindanye turitwa abicanyi, tubigenze gute? Bakora inyandiko yavuye mu nama yabo yamaze hafi iminsi 15 bavanamo ko bagomba gukoresha abantu bamwe bakazafasha gutunganya ishusho yabo”

    Aha ngo bemeje ko aho abanyamakuru babo bose bari bazakoreshwa ndetse bakanafashwa kujya mu mahanga bakabonayo akazi ariko bakora akazi ko ku kubarwanirira intambara y’ibyo nabo bemera.

    Ndahiro akomeza avuga ko hari “Umunyamakuru w’Interahamwe mu bitekerezo no mu mikorere”, akaba ari umunya Canada witwa Jude River, ngo yanditse bikaza gushyigikirwa n’umuryango Human Rights, avuga ko Inkotanyi n’abatutsi ari bo nyirabayazana wa Jenoside.

    Ati “Uwo munyamakuru yanditse avuga ko abakoze Jenoside bari mu kuri, kuko ngo bari bafite ubwoba bw’abashyigikiye Inkotanyi n’ibyitso byazo.”

    Ndahiro avuga ko abafaransa bagerageza kwirengagiza ukuri kandi ngo mu bikorwa byose bya Leta yateguye ikanakora jenoside barabaga bafite ubufasha batanga kuko mu mwaka wa 1993 hari uwoherejwe mu Rwanda azanwe no kunga abahutu bose batumvaga igisobanuro cy’umwanzi wabo.

    Tom Ndahiro yatanze ingero nyinshi ku ibibwa ry’ingengabitekerezo, avuga ko icyivugo cy’ishyaka CDR ‘Turi maso’, gihwanye n’izina ‘Imbonerakure’ ry’urubyiruko rwa CNDD-FDD ibi akaba yabyemeje abishingiye ku mateka y’itegurwa rya Jenoside yakorewe abatutsi hagati y’Abanyarwanda n’Abarundi.

    Mu mu mategeko 10 y’abahutu yashyizweho mu Kuboza k’umwaka wa 1990, irya 10 ngo ryasabaga abahutu bo mu Rwanda n’abo mu mahanga gushyira hamwe no kurwanya Abatutsi, nabwo batari abo mu Rwanda gusa ahubwo ari abo mu karere ruherereyemo.

    Nyuma y’imyaka ibiri ayo mategeko agiyeho, ngo ubuyobozi bw’ingabo za EX-FAR bwashyizeho igisobanuro cy’umwanzi bagomba kurwanya uwo ari we, buvuga ko ari umututsi wo mu gihugu imbere, impunzi z’abatutsi ndetse n’abatutsi bose bo mu karere u Rwanda ruherereyemo, bitwa amazina atandukanye ya Hima, Kalenjin, Masai n’abandi dore ko ikinyamakuru Kangura aya mategeko yanditswe mo cyagurishwaga mu bihugu byo mu Karere birimo Kongo n’Uburundi.

  • Radio na Weasel ibyo bavuze bashobora kubiryozwa

    Radio na Weasel ibyo bavuze bashobora kubiryozwa

    Abaririmbyi Moses Sekibogo [Moze Radio] na Douglas Mayanja [Weasel] bagize itsinda rya GoodLyfe, bahamagajwe n’urukiko ngo bisobanure ku marozi bamaze iminsi bashinja Jeff Kiwanuka wahoze ari manager wabo.

    Radio na Weasel baherutse kumvikana mu itangazamakuru rya Uganda bashinja Jeff ko ari umurozi ukomeye ndetse ugeze ku rwego rwo gutangamo igitambo bamwe mu nshuti ze ashakisha ubutunzi.

    Aba baririmbyi bashyize Video ngufi kuri Facebook bavuga ko bafite ibimenyetso ko Jeff Kiwanuka akoresha amarozi ndetse ko imbaraga zose afite azivana mu bapfumu. Radio yavuze ko Jeff atanga ubuzima bwa benshi bagapfa ashakisha icyatuma yamamara anabona amafaranga.

    Chimp Reports ivuga ko mu byo aba baririmbyi bagomba kuzasobanura mu rukiko harimo amagambo bavuze ko Jeff Kiwa ari we wakoresheje umusore witwa Joel Ogema w’imyaka 21 uherutse guca umutwe umuvandimwe we.

    Jeff Kiwanuka yabanje kwandikira Radio na Weasel abasaba ko bavana iyo video kuri Facebook ndetse bagashyiraho indi bamusaba imbabazi, bamubera ibamba ahubwo bitabaza ababunganira mu nkiko ngo batange ikirego.
    radio-weasel-court-summon
    Ibi byarakaje Jeff Kiwa bikomeye ahita yandikira urukiko asaba ko yarenganurwa ndetse Radio na Weasel , buri wese akamuha amashilingi ya Uganda ibihumbi magana atanu.

    Urukiko rwisumbuye rwa Makindye rwandikiye Radio na Weasel rubasaba kwita ku itariki ya 12 Nyakanga 2016 bazabirengaho bagashyirirwaho impapuro zibata muri yombi.

    Radio na Weasel
    Radio na Weasel