Blog

  • Perezida Kagame yashimiye Macron ubwitange yagize bwo kwemera uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside

    Perezida Kagame yashimiye Macron ubwitange yagize bwo kwemera uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside

    Perezida Paul Kagame yashimiye Emmanuel Macron w’u Bufaransa ubwitange yagize bwo kwemera ko igihugu cye cyatereranye u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe cyari gifite ubushobozi bwo kuyihagarika.

    Ubu butumwa yabutanze ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Kamena 2026 ubwo ku nkombe z’Umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris hafungurwaga ku mugaragaro urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina ‘Les Archives’.

    Iki gikorwa cyitabiriwe na Perezida Macron, Meya w’Umujyi wa Paris, Emmanuel Grégoire; abayobozi bo muri Guverinoma z’ibihugu byombi, Umunyamabanga Mukuru w’umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, Perezida wa IBUKA-France, Marcel Kabanda, n’abarokotse Jenoside.

    Perezida Kagame yashimiye Abafaransa bagize uruhare mu kugaragaza ukuri kw’amateka ya Jenoside barimo uwahoze ari Meya wa Paris Anne Hidalgo n’uwamusimbuye, abanyamakuru, abahanga mu mateka n’impirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

    Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko uru rwibutso ari ikimenyetso gikomeye kigaragaza ukuri kw’aya mateka ashaririye, kandi ko uko kuri kidashobora guhungabana kuko kubakwiye ku rutare, kikaba ikimenyetso cy’agaciro k’Abanyarwanda n’amateka yabo.

    Perezida Kagame yashimiye Macron kuba tariki ya 27 Gicurasi 2021 yarasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, akemera ko u Bufaransa bwatereranye u Rwanda kuva mu gihe bwabonaga ibimenyetso-mpuruza bya Jenoside.

    Yagize ati “Perezida Macron, ndagira ngo ngushimire kubera impamvu ebyiri; umuhate n’ubumuntu. Mu myaka itanu ishize, wariyemeje, uza i Kigali nyuma y’ishyirwa hanze rya raporo ebyiri zigenga, imwe yamuritswe na Leta yawe, indi yamuritswe n’u Rwanda, uza mu gihe zagaragazaga umwanzuro umwe.”

    Perezida Kagame yakomeje ati “Wemeye ko u Bufaransa bwashoboraga guhagarika Jenoside ariko ntibwabikoze. Nanjye nagaragaje ko aya magambo ari ikintu cy’ingenzi cyane kurusha gusaba imbabazi, ahubwo ari ukuri.”

    Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko gahunda ya Leta y’u Bufaransa yo kwemera ukuri kw’aya mateka yatangijwe na Nicolas Sarkozy ubwo yagiriraga uruzinduko rw’amateka mu Rwanda mu 2010, kuko icyo gihe ari bwo yemeye amakosa akomeye igihugu cyabo cyakoze mu gihe cya Jenoside.

    Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko n’ibindi bihugu byinshi byatereranye u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ko u Bufaransa ari bwo bwateye intambwe ikomeye yo kwemera byeruye ko bwashoboraga gutabara Abatutsi, bukanashyira imbaraga nyinshi mu kugeza mu butabera abagize uruhare muri Jenoside.

    Ati “Turanashimira imbaraga nyinshi zashyizwe mu kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside baba mu Bufaransa, guhakana Jenoside bikanagirwa icyaha. Uwo murimo ugomba gukomeza.”

    Perezida Kagame yagaragaje ko Abanyarwanda biyemeje gutsinda amateka mabi banyuzemo kandi babigeraho, baharanira ko atazasubira, ubu bakaba bakomeje kwigisha abakiri bato gukomeza urugendo rwo kwiyubaka rwatangiye mu myaka 32 ishize, nyuma ya Jenoside.

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko Abanyarwanda bashobora guterwa ubwoba, ariko ko imbaraga zose ubashyiraho igitutu yaba afite, zibakomeza, bagashikama, aho guhagarika urugendo rwo gukomeza guteza imbere u Rwanda.

    Perezida Macron yashimangiye ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko mu Bufaransa, bityo abakoze Jenoside bagahungirayo bibwira ko ari ho bazihishira ubutabera, bibeshye cyane.

    Ati “Nta muntu uri hejuru y’amategeko. Kandi abatekereje ko babonye igihugu cyacu nk’ubuhungiro bw’iteka, ubutabera bw’u Bufaransa bwababoneye igisubizo. Nta cyaha cyibasiye inyokomuntu kizasaza cyangwa ngo ntigihanwe. Mbisubiremo, ubutabera buzatangwa.”

    Uretse kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside nka Dr. Rwamucyo Eugène, Dr. Sosthène Munyemana, Philippe Hategekimana na Claude Muhayimana, Perezida Macron yatangaje ko buzanakomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Kimwe mu bikoresho bikomeye byifashishijwe mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside n’urwango, harimo ibitangazamakuru nka radiyo-televiziyo RTLM yakoreragaho abanyamakuru barimo Habimana Kantano na Valerie Bemeriki.

    Perezida Macron yagaragaje ko nyuma y’imyaka 32 Jenoside ihagaritswe, haracyariho ibinyamakuru bikora nka RTLM, asaba abantu gufungura amaso, bakabirwanya bivuye inyuma kugira ngo bidakomeza kuroha sosiyete mu manga.

    Yagize ati “Ni gute tutakangaranywa n’imbaraga z’icengezamatwara rikwirakwizwa ku ikoranabuhanga? Kuri za ecrans zacu, hari izindi za RTLM. Nidukanguke turwanye ingengabitekerezo ishingiye ku moko n’ivanguraruhu iri kwimikwa hirya no hino.”

    Leta y’u Bufaransa yashyizeho itegeko rihana abahakana n’abapfobya Jenoside. Umwanditse w’Umufaransa ukomoka muri Cameroun, Charles Onana, ni umwe mu bahamijwe ibi byaha, kubera igitabo gihakana ko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe.

    Perezida Kagame yagaragaje ko Perezida Emmanuel Macron yagize ubwitange bwo kugaragaza ukuri kw’amateka

    Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yakuriye inzira ku murima abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibwira ko babonye ubuhungiro mu gihugu cyabo

    Meya w’Umujyi wa Paris, Emmanuel Grégoire, yashimiwe uruhare yagize kugira ngo urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa ‘Les Archives’ rwubakwe

    Perezida Kagame yitabiriye igikorwa cyo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa ‘Les Archives’

    Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame na Perezida Macron bahaye icyubahiro abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo haririmbwaga indirimbo zubahiriza ibihugu by’u Rwanda n’u Bufaransa

    Perezida Kagame yashimiye u Bufaransa bukomeje kugira uruhare gukurikirana abajenosideri

    Abayobozi batandukanye b’u Rwanda n’u Bufaransa bitabiriye igikorwa cyo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa ‘Les Archives’ rwubatswe ku nkombe z’umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris

    Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, Madamu Jeannette Kagame na Perezida Kagame bitabiriye igikorwa cyo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa ‘Les Archives’ rwubatswe ku nkombe z’umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris.

    Mu Bufaransa hafunguwe urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa ‘Les Archives’

    Igikorwa cyo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa ‘Les Archives’ mu Bufaransa cyitabiriwe n’abo mu nzego zitandukanye

    Umuhanzi Gaël Faye ni we watanze ubutumwa bw’ihumure binyuze mu muvugo

    Urwibuto rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwafunguwe hafi y’Umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris

    Urwibutso rwa ‘Les Archives’ rwafunguwe ku mugaragaro uyu munsi ruherereye ku nkombe z’umugezi wa Seine, i Paris

  • Samia ari mu Burusiya mu ruzinduko rwo guhindura ibintu

    Samia ari mu Burusiya mu ruzinduko rwo guhindura ibintu

    Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Tanzania, yageze mu Burusiya mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije guhindura ibintu no kurushaho gushimangira umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi.

    Samia abaye Perezida wa kabiri wa Tanzania usuye Uburusiya nyuma ya Mwalimu Julius Nyerere, wagendereye icyo gihugu mu 1969.

    Nta Perezida uri ku butegetsi mu Burusiya urasura Tanzania kugeza ubu, ariko ibihugu byombi bifitanye umubano kuva mu 1961, kandi bifite ambasade mu mirwa mikuru yombi.

    Mu masaha akuze yo ku wa 2 Kamena 2026, ni bwo Samia yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Vnukovo giherereye mu Mujyi wa Moscow mu Burusiya.

    Ibiro bya Perezida wa Tanzania byatangaje ko yagiye mu Burusiya ku butumire bwa mugenzi we, Vladimir Putin.

    Byavuze ko uruzinduko rwa Leta rugamije kurushaho gushimangira umubano wa dipolomasi, politiki, ubukungu n’amateka hagati ya Tanzania n’Uburusiya.

    Samia yavuze ko azaganira na Vladimir Putin, akitabira inama z’ubucuruzi n’ishoramari, ndetse akanamurika amahirwe y’ishoramari aboneka muri Tanzania no gushakira ibicuruzwa by’icyo gihugu isoko mu Burusiya.

    Ibiro bya Perezida wa Tanzania bivuga ko hazasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibi bihugu mu bijyanye na siyansi, uburezi, ikoranabuhanga n’ikoranabuhanga mu itumanaho.

    Samia azitabira kandi inama izahuriza hamwe abashoramari n’ibigo biteza imbere ishoramari byo mu bihugu byombi, izwi nka Tanzania–Russia Investment Forum.

    Imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati ya Tanzania n’Uburusiya ubu bugeze ku rwego rwa miliyoni 307 z’amadolari ya Amerika ku mwaka.

    Uburusiya bukomeje urugendo rwo gushaka ijambo n’uruhare mu bihugu bya Afurika, nyuma y’uko ubutegetsi bwa Donald Trump bwagaragaje kugabanya umubano n’inkunga bwahaga ibihugu bya Afurika.

  • Perezida Macron yakiriye Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu musangiro (Amafoto)

    Perezida Macron yakiriye Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu musangiro (Amafoto)

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriwe muri Elysée mu musangiro na Emmanuel Macron uyobora u Bufaransa, witabiriwe n’abandi barimo Nicolas Sarkozy, umwe mu bagize uruhare mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi.

    Uyu musangiro wabaye nyuma yo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina ‘Les Archives’.

    Ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi bimaze gukorwa na Perezida Macron kuva yajya ku buyobozi bw’u Bufaransa mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi. Mu 2021, yari mu Rwanda yifatanya n’Abanyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, anaboneraho gusaba imbabazi ku ruhare rw’igihugu cye mu bikorwa byagejeje ku kwicwa kw’Abatutsi.

    Uyu musangiro wari witabiriwe n’abantu batandukanye barimo Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo; Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa. Harimo kandi Yonathan Arfi, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abayahudi baba mu Bufaransa.

    Perezida Emmanuel Macron n’umugore we Brigitte ubwo bari bategereje Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame

    Perezida Kagame ubwo yakirwaga na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bahabwaga ikaze muri Elysée

    Madamu Louise Mushikiwabo ubwo yageraga muri Elysée yitabiriye uyu musangiro

    Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abayahudi baba mu Bufaransa, Yonathan Arfi, ubwo yageraga mu Ngoro ya Perezida w’u Bufaransa yitabiriye uyu muhango

    Emmanuel Sarkozy n’umugore we Carla Bruni ubwo bari bageze muri Elysée

    Sarkozy ni umwe mu bagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa


  • Amerika yahannye Col Kubwayo wa FDLR na Nzenze wa M23

    Amerika yahannye Col Kubwayo wa FDLR na Nzenze wa M23

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano bamwe mu basirikare bakomeye b’umutwe wa AFC/M23 ndetse n’abarwanyi ba FDLR.

    Itangazo rya Minisiteri ishinzwe Imari ya Amerika rivuga ko icyo gihugu cyafashe icyemezo cyo gufatira ibihano Col. Gustave Kubwayo, umwe mu basirikare bakuru mu butasi bwa FDLR, ndetse na Col. John Imani Nzenze ukuriye ubutasi n’ibikorwa bya gisirikare bya AFC/M23.

    Amerika ishinja Col. Gustave Kubwayo ibyaha byibasira abasivile, gukoresha abana mu ntambara, gufata abagore ku ngufu ndetse no kurasa ibisasu ku Rwanda byakomeje guhungabanya umutekano warwo.

    Ni mu gihe Col. Nzenze, AFC/M23 imushinja ibyaha birimo kwica abasivile, gukora ibyaha bikomeye byibasira ikiremwa muntu ndetse no kugaba ibitero ku baturage bo mu Burasirazuba bwa Congo.

    Amerika yongeraho ko ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump busaba impande zose zihanganye muri Congo kubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington ndetse na Doha, kugira ngo akarere kongere kugira amahoro n’ituze.

    Si ubwa mbere Col. Kubwayo wa FDLR afatirwa ibihano, kuko mu mwaka wa 2024 na bwo yari yarashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

    Col. Kubwayo Gustave, uzwi nka Sircof Modeste, yayoboye ibikorwa bizwi nka SINAI mu bice byinshi bya Rutshuru, birimo Kahumiro, Kazaroho, Katanda na Mayamoto.

    Ni umwe mu bivugwa ko akorana bya hafi n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu kugerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Colonel John Imani Nzenze wafatiwe ibihano na Amerika ni umwe mu basirikare bakuru b’Umutwe wa M23 n’ihuriro rya politiki rya AFC.

    Yamenyekanye cyane mu 2025 ubwo yayoboraga delegasiyo y’umutwe wa AFC/M23 mu biganiro byari bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa DR Congo bya Doha muri Qatar. Uyu na we yari yarafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

    Amerika ivuga ko umutungo wose n’inyungu mu mutungo by’abantu bashyiriweho ibihano cyangwa babujijwe bavuzwe haruguru, biri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyangwa bifitwe cyangwa bigenzurwa n’abantu bo muri Amerika, byahagaritswe.

    Amerika yafashe ibi bihano mu gihe n’ubu impande zombi zigihanganye, ndetse kuri ubu amakuru avuga ko imirwano ikomeye iri kubera mu bice bya Rubaya, agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro.

    Col Nzenze wa AFC/M23 yafatiwe ibihan
  • Leta yategetse abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi kuzishyira ku isoko

    Leta yategetse abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi kuzishyira ku isoko

    Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, cyahaye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli iminsi 30 yo gukura mu bubiko lisansi na mazutu imazemo amezi arenga atandatu, ingana na litiro 1.993.750 bakayisorera ikajya ku isoko igacuruzwa.

    Itangazo rya RRA rivuga ko ibyo bicuruzwa bigomba kumenyekanishwa no gukurwa muri ubwo bubiko mu gihe cyagenwe. Abatabyubahiriza bamenyeshejwe ko iyo lisansi yabo ishobora gufatirwa ikagurishwa n’inzego za gasutamo.

    Urutonde rwashyizwe ahagararagara rugaragaza ko hari litiro za lisansi zigera hafi kuri miliyoni ebyiri z’ibigo bitandukanye ziri mu bubiko bwa Yussa i Kabuye, Rubis Energy mu Gatsata na Oilcom i Jabana.

    Igice kinini ni mazutu ingana na litiro zigera kuri miliyoni 1,35. Lisansi ingana na litiro 641.055 mu gihe peteroli ingana na litiro 5.065.

    Umubare munini wa ba nyiri iyo lisansi na mazutu, ingana na litiro 791.832, ntihagaragazwa umwirondoro wa beneyo.

    Mu bigo byagaragajwe amazina bifite lisansi na mazutu nyinshi, harimo Mount Meru Petroleum ifite litiro 368.998, ikurikirwa na Kivu Energy Ltd ifite litiro 120.361, na Socit Sarl ifite litiro 65.404.

    Ibindi bigo bifite umubare munini birimo Ukod Oil Rwanda Ltd ifite litiro 29.121; Hashi Energy ifite litiro 27.132, China Road ifite litiro 24.845, Gulf Energy ifite litiro 18.398, Hunan Road ifite litiro 16.163 na Job Petroleum ifite litiro 15.232.

    Iri tangazo risobanura ko iyi lisansi na mazutu imaze igihe kirenze icyemewe n’amategeko mu bubiko bityo ko igomba kujya ku isoko.

    Ubu bubiko ubusanzwe bukoreshwa mu kubika ibicuruzwa byatumijwe mu mahanga mbere y’uko byishyurirwa imisoro n’amahoro cyangwa mbere y’uko byemererwa gusohoka.

    Umwe mu bantu basobanukiwe ibijyanye n’ububiko bw’ibikomoka kuri peteroli, yabwiye IGIHE ko ubusanzwe ububiko bw’ibikomoka kuri peteroli bugenzurwa n’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro.

    Yavuze ko akenshi, lisansi iba yarasigaye mu bigega, ari iy’ibigo bito biba bitagikora, kandi ububiko bukaba budafite uburenganzira bwo kuyikoramo ngo buyijyane ku isoko kuko atari iyabwo. Icyo gihe bisaba ko leta ari yo itanga ibyangombwa n’uburenganzira ikavanwamo.

    Muri lisiti yashyizwe hanze na RRA, hagaragaraho n’amazina y’abantu ku giti cyabo bafite lisansi na mazutu mu bubiko. Umuntu cyangwa ikigo gifite mu bubiko lisansi cyangwa mazutu nke ni litiro eshatu.

    Ingano nini ya lisansi iri mu bubiko, ni iya Mount Meru Petroleum

  • Rwanda Unveils Ambitious Climate Plan as New Reports Reveal Most Vulnerable Districts

    Rwanda Unveils Ambitious Climate Plan as New Reports Reveal Most Vulnerable Districts

    As climate change continues to pose serious threats across the globe, Rwanda has unveiled an ambitious new climate action plan aimed at strengthening resilience and reducing greenhouse gas emissions over the next decade.

    The plan, known as the Nationally Determined Contribution (NDC 3.0), was launched by the Ministry of Environment in collaboration with the Rwanda Environment Management Authority (REMA). It outlines Rwanda’s commitment under the Paris Agreement and sets a target of reducing greenhouse gas emissions by 53 percent by 2035 while enhancing the country’s capacity to cope with climate-related disasters.

    The announcement comes alongside the release of several national climate and environmental reports, which paint a concerning picture of the impact climate change has already had on Rwanda.

    According to the reports, Rwanda’s Eastern and Southern Provinces have been the most affected by climate-related disasters over the past seven years. Districts including Gatsibo, Nyagatare, Ngoma, Gisagara, Kamonyi, and Ngororero were identified as among the most vulnerable areas in the country.

    Faustin Munyazikwiye, Deputy Director General of REMA, said the level of vulnerability is largely determined by the capacity of communities to withstand and recover from disasters.

    “These districts are more vulnerable than others. The common factor is the citizen’s capacity to cope with disasters,” he explained. “In places like Gisagara, Ngoma, Nyagatare, and Gatsibo, drought is the recurring threat. The sun stays too long and dries up everything. But what unites them is how well citizens can stand against it.”

    The reports show that between 2014 and 2023, climate-related disasters claimed the lives of 1,595 people and injured 2,368 others. More than 62,000 houses were damaged, while over 38,000 hectares of cropland were destroyed by floods, landslides, droughts, and other extreme weather events.

    Henriette Peace Uwamahoro, Acting Mainstreaming of Environment and Climate Specialist at REMA, noted that these figures demonstrate the urgency of strengthening climate adaptation efforts and building resilience across vulnerable communities.

    To address these challenges, Rwanda’s NDC 3.0 requires an estimated investment of USD 12 billion by 2035. Of this amount, 60 percent will be dedicated to adaptation measures aimed at helping communities cope with climate impacts, while 40 percent will support mitigation actions to reduce greenhouse gas emissions.

    The government expects to mobilize 18 percent of the required funding through domestic resources, while the remaining 82 percent will depend on international climate finance and private sector investments.

    Agriculture remains a key priority under the new strategy, given its significant contribution to Rwanda’s economy and employment. The sector currently contributes between 25 and 27 percent of the country’s Gross Domestic Product and supports millions of livelihoods.

    Planned interventions include the promotion of climate-resilient crop varieties, expansion of irrigation systems, increased access to crop and livestock insurance, and wider adoption of soil erosion control measures. The government aims to increase the proportion of land protected against erosion from 68 percent to 92 percent and double irrigated farmland coverage from 5 percent to 10 percent.

    In the energy sector, Rwanda plans to accelerate investments in renewable energy sources, including solar power, hydropower, and methane gas from Lake Kivu. The country is also promoting electric mobility and cleaner cooking technologies to reduce dependence on biomass fuels.

    Munyazikwiye highlighted the progress already achieved through several environmental initiatives.

    “There has been a huge transformation in the hills, with trees planted across the country and schools and institutions shifting from firewood to gas,” he said. “There was also a major project implemented in the Amayaga region by REMA, the Ministry of Environment, and other partners. All these efforts are helping districts build resilience.”

    Data from Rwanda’s latest greenhouse gas inventory indicate that national emissions increased from 2.4 million tonnes of carbon dioxide equivalent (CO₂e) in 2006 to 7.8 million tonnes in 2022. Agriculture remains the largest source of emissions, accounting for 39 percent, followed by the energy sector at 18 percent.

    However, Rwanda’s forestry and land-use sector continues to play a critical role in absorbing emissions through reforestation and ecosystem restoration initiatives.

    The NDC 3.0 also introduces measures to address climate-related loss and damage. These include strengthening early warning systems and expanding the use of advanced technologies such as Artificial Intelligence (AI) and Geographic Information Systems (GIS) to improve weather forecasting and disaster preparedness.

    In addition, Rwanda has committed to achieving 22 biodiversity conservation targets by 2030 and plans to invest approximately USD 335.6 million in biodiversity restoration and ecosystem protection efforts.

    Looking ahead, Munyazikwiye described the NDC 3.0 as a transformative opportunity for Rwanda.

    “This plan is an opportunity to build a green economy, create climate-friendly jobs, and move Rwanda closer to its vision of becoming a climate-resilient and low-carbon country by 2050,” he said.

    With clear targets, strong political commitment, and growing investment in climate resilience, Rwanda hopes the NDC 3.0 will not only protect citizens from the increasing impacts of climate change but also drive sustainable development for future generations.

    By:Florence  Uwamaliya 

  • Gisagara: Green Amayaga yahinduye ubuzima

    Gisagara: Green Amayaga yahinduye ubuzima

    Mu rwego rwo kwizihiza Icyumweru cy’Igihugu cyahariwe Ibidukikije, mu Karere ka Gisagara habereye umuhango wo gusoza ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga Green Amayaga wari umaze imyaka itandatu ushyirwa mu bikorwa, hanatangizwa icyiciro cya kabiri cyawo cyiswe Mugiraneza Project.

    Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Bernadette Arakwiye, wari umushyitsi mukuru, witabiriwe kandi n’abayobozi b’inzego zitandukanye, abafatanyabikorwa b’umushinga ndetse n’abaturage bawungukiyemo.

    Mu ijambo rye, Dr. Bernadette Arakwiye yavuze ko Green Amayaga yabaye umwe mu mishinga yatanze umusaruro ufatika mu gufasha abaturage guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe no kubungabunga umutungo kamere.

    Yagize ati: “Uyu munsi ntabwo dusoza gusa icyiciro cya mbere cya Green Amayaga, ahubwo tunizihiza imyaka itandatu y’ibikorwa byahinduye ubuzima bw’abaturage. Ibyagezweho birerekana ko kubungabunga ibidukikije bishobora kugendana n’iterambere ry’abaturage. Turatangiza Mugiraneza Project twizeye ko izubakiraho izi ntsinzi kandi ikazigeza kure.”

    Yakomeje ashimira abafatanyabikorwa bose bagize uruhare muri uwo mushinga, anasaba abaturage gukomeza kubungabunga ibikorwa byagezweho kugira ngo bikomeze kubagirira akamaro.

    Umunyurwa Gurberth, Umuhuzabikorwa wa Green Amayaga Project ku rwego rw’Akarere ka Gisagara, yavuze ko mu myaka itandatu ishize umushinga wakoze ibikorwa byinshi birimo kubungabunga ubutaka, gutera ibiti, kurwanya isuri, gufata amazi y’imvura no guteza imbere ibikorwa bibungabunga ibidukikije kandi byinjiriza abaturage.

    Yagize ati: “Twishimira impinduka zagaragaye mu baturage no mu bidukikije. Ahantu henshi hari harangiritse harasubiranyijwe, abaturage bahabwa ubumenyi n’ibikoresho bibafasha kongera umusaruro no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe. Mugiraneza Project igiye gukomeza aho Green Amayaga yasoreje.”

    Abaturage bungukiye muri uyu mushinga bavuga ko ibikorwa byawo byabafashije kuva mu bibazo by’isuri, amapfa ndetse n’umusaruro muke.

    Mukansanga Amina, umwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara wungukiye muri Green Amayaga, yavuze ko mbere ubutaka bwe bwangirikaga kubera isuri ariko ko nyuma yo kwigishwa uburyo bwo kubungabunga ubutaka no gukoresha amaterasi, umusaruro w’ubuhinzi wiyongereye.

    Yagize ati: “Mbere twasaruraga bike kubera ubutaka bwari bwarangiritse. Green Amayaga yadufashije kubaka amaterasi no kubungabunga ubutaka. Ubu umusaruro wariyongereye kandi imibereho y’umuryango wanjye yarahindutse.”

    Undi muturage, Sengiyumva Jean Paul, yavuze ko umushinga wamufashije gusobanukirwa akamaro ko kubungabunga ibidukikije no kugira uruhare mu bikorwa byo gutera ibiti no kurwanya isuri.

    Yagize ati: “Twabonye inyungu nyinshi muri uyu mushinga. Ubutaka bwacu bwararinzwe, amazi araboneka kandi umusaruro urazamuka. Twize ko kubungabunga ibidukikije ari bwo buryo bwo kubaka ejo hazaza heza.”

    Mu gihe Green Amayaga yasojwe nyuma y’imyaka itandatu, abafatanyabikorwa n’abaturage bagaragaje icyizere ko Mugiraneza Project, yatangijwe kuri uyu munsi, izakomeza guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije no kongera ubushobozi bw’abaturage bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

    Icyumweru cy’Igihugu cy’Ibidukikije cyatangiriye i Gisagara kikaba kizakomeza kurangwa n’ibikorwa bitandukanye bigamije gukangurira abaturage kurushaho kwita ku bidukikije no kubyaza umusaruro amahirwe aturuka mu kubibungabunga.

    By: Florence Uwamaliya 

  • Nduhungirehe yasabye amahanga gushyira igitutu kuri RDC

    Nduhungirehe yasabye amahanga gushyira igitutu kuri RDC

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasabye Umuryango Mpuzamahanga n’abafatanyabikorwa b’akarere gukorana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu buryo bwubaka kandi bugamije gutanga ibisubizo bifatika ku bibazo by’umutekano bimaze igihe biremereye akarere k’Ibiyaga Bigari.

    Yabisabye ku wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi, mu kiganiro yagiranye n’abadipolomate bahagarariye ibihugu n’imiryango itandukanye mu Rwanda.

    Umukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yagarutse ku ruhare rw’amahanga mu gushyigikira inzira z’amahoro no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho hagati y’impande zirebwa n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo, agaragaza ko ari ngombwa ko amahanga afasha RDC gushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje.

    Yagaragaje kandi ko kutabikora bishobora gutuma hakomeza kwimakazwa uburyo bwo gushakira ibisubizo mu ntambara aho gushakira amahoro mu nzira za politiki n’ibiganiro.

    Yagize ati: “U Rwanda rurahamagarira Umuryango Mpuzamahanga n’abafatanyabikorwa bose gukorana na RDC mu buryo bwubaka kandi butanga umusaruro ugaragara mu gushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje.”

    Yakomeje avuga ko kunanirwa gukurikirana ibyo RDC yemeye bishobora gufatwa nko gushyigikira uburyo icyo gihugu gikomeje gukoresha bwo gushaka ibisubizo binyuze mu mbaraga za gisirikare.

    Minisitiri Nduhungirehe yavuze kandi ko kugira ngo amahoro arambye aboneke mu karere, hakenewe igitutu gishyirwa ku mpande zose mu buryo bungana ndetse no gukurikirana neza ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro n’amasezerano aba yarafashwe.

    Ati: “Hatabayeho igitutu gikozwe mu buryo buboneye ku mpande zose no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho, ntidushobora gushyiraho ibyangombwa n’impamvu zikenewe kugira ngo amahoro arambye aboneke mu karere k’Ibiyaga Bigari.”

    Minisitiri Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ibi, mu gihe hakomeje ibiganiro n’imbaraga za dipolomasi bigamije kurangiza amakimbirane amaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa RDC.

    Kuri ubu impande zitandukanye zikomeje gushishikarizwa guha umwanya ibiganiro no kubahiriza ibyo ziba zarumvikanyeho kugira ngo haboneke amahoro n’umutekano birambye.

    U Rwanda runenga amahanga kuba akomeje kurushyiraho igitutu rwonyine rukanafatirwa ibihano rushinjwa kugira uruhare mu makimbirane yo muri Congo Kinshasa no kutubahiriza amasezerano ya Washington, mu gihe Kinshasa bayasinyanye yananiwe kubahiriza ibyo yiyemeje ahubwo ikaba ikomeje intambara n’umutwe wa AFC/M23 bahanganye.

  • Perezida Trump yasoje inama ikomeye kuri Iran nta mwanzuro afashe

    Perezida Trump yasoje inama ikomeye kuri Iran nta mwanzuro afashe

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasoje inama ikomeye yamaze amasaha abiri mu cyumba cy’ibihe bidasanzwe [Situation Room] nta mwanzuro ufatika atangaje. Yigaga ku cyakorwa ngo intambara ya Iran ihagarare.

    Iyi nama yahuje Perezida Trump n’abajyanama be mu by’umutekano w’igihugu.

    Mbere y’uko iyi nama iba, Perezida Trump yari yatangaje ko agiye gufata “umwanzuro wa nyuma” ku masezerano y’agateganyo yagombaga gutuma umuhora wa Hormuz ufungurwa no gutangiza ibiganiro kuri gahunda y’intwaro kirimbuzi za Iran.

    Uyu mwanzuro wari utegerejwe cyane, dore ko abayobozi benshi b’ibigo bikomeye ku Isi bakomeje kugaragza impungenge ku rwego rw’ubukungu mu gihe uyu muhora wakomeza gufungwa, zirimo nk’itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli n’ibindi.

    Mu gukomeza gushyira igitutu kuri Iran, mbere y’iyi nama Minisitiri w’Imari muri Amerika, Scott Bessent, yatangaje ko baherutse gufatira asaga miliyari 1$ ya Iran mu mafaranga koranabuhanga [cryptocurrency].

    Nyuma y’inama, Ibiro bya Perezida byasohoye itangazo ryemeza ko inama yarangiye, ariko ntibyatangaza umwanzuro wafashwe.

    Iryo tangazo ryagize riti “Perezida Trump azakora gusa amasezerano abereye Amerika kandi yubahiriza imirongo ye ntarengwa. Iran ntiyemerewe na rimwe gutunga intwaro za kirimbuzi”.

    Mu gihe ibi byabaga, Minisitiri w’Intambara wa Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko amasezerano yose y’amahoro yagerwaho na Iran yaba ari “amasezerano meza”.

    Ku rundi ruhande, Iran yatangaje ko ibintu bitaranozwa.

    Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yavuze ko amasezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi ataragerwaho.

    Ibi kandi bije mu gihe urwego rushya rwa Iran rushinzwe kugenzura umuhora wa Hormuz rwavuze ko ruzakomeza imirimo yarwo rudahagaze nubwo rwafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Mu gihe ibi byose byabaga, ku rundi ruhande mu Burasirazuba bwo Hagati ibintu byakomezaga kudogera.

    Ibitero bya Israel muri Liban byibasiye abasivili mu buryo bukomeye, aho Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana ryavuze ko mu cyumweru gishize abana 11 bicwaga cyangwa bagakomereka buri munsi.

    Intambara Amerika yashoje muri Iran ikomeje kugira ingaruka ku bukungu bw’Isi mugihe Trump ariwe ugomba kuyishyiraho iherezzo

  • Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yatoye itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina

    Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yatoye itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina

    Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yemeje umushinga w’itegeko ugira icyaha kurwamana n’uwo muhuje igitsina no gushyigikira cyangwa kumenyekanisha ibikorwa by’abaryamana bahuje ibitsina n’abandi bafite amwe muri ayo mahitamo [LGBTQ+].

    Umuntu uzajya ahamywa ibyaha byo kuryamana n’uwo bahuje igitsina, ashobora kuzajya ahabwa igifungo kigera ku myaka itatu. Ni mu gihe ukwirakwiza cyangwa utanga ubutumwa bushikariza abantu ibikorwa by’abaryamana n’abahuje ibitsina ashobora gufungwa hagati y’imyaka itandatu n’icumi.

    Uyu mushinga ukubiyemo ingingo zinyuranye zirimo ivuga ko kugaragaza ko uri umugore cyangwa w’umugabo uryamana na bagenzi bawe, kuryamana n’ababo mu byiciro byombi, wahinduye igitsina cyangwa ibindi byiciro bya LGBTQ+, bishobora guhanishwa igifungo cy’imyaka igera kuri itatu.

    Uyu mushinga w’itegeko kandi ugaragaza ko buri wese afite “inshingano yo gutanga amakuru” ku nzego z’umutekano mu gihe hagaragaye ibikorwa nk’ibi bibujijwe.

    Ibi bibaye mu gihe abayobozi b’amadini bashyize igitutu kuri Perezida John Dramani Mahama kuva yajya ku butegetsi mu mwaka ushize, basaba ko hashyirwaho amategeko akarishye ahana abaryamana bahuje igitsina.

    Uyu murongo mushya Ghana yafashe ntiwishimiwe n’imiryango mpuzamahanga irimo na Human Rights Watch, yavuze ko bishyira ubuzima bw’abantu ba LGBTQ+ mu kaga ndetse “bigahamagarira abaturage gucungana no kuregana”.

    Imibanire y’abahuje ibitsina isanzwe ibujijwe muri Ghana hashingiwe ku mategeko yasizwe n’ubukoloni bw’Abongereza.

    Umuntu wese ugaragaza ko ari ‘inshuti’ cyangwa ashyigikiye abantu ba LGBTQ+, na we ashobora guhanishwa igifungo.

    Gusa ariko iri tegeko niryemezwa rizakuraho ibihano ku banyamategeko, abanyamakuru n’abakora mu rwego rw’ubuzima bazajya batanga serivisi zabo ku bantu bisanga mu cyiciro cya LGBTQ+. Ibi bivuze ko ntawe uzahanirwa guha serivisi runaka uryama n’uwo bahuje igitsina.

    Ghana yari yatoye umushinga w’itegeko nk’uyu mu mwaka wa 2024 ariko ntiwemezwa nyuma y’uko uwahoze ari Perezida Akufo-Addo atawushyizeho umukono bitewe n’inzitizi zo mu rwego rw’amategeko.

    Perezida Dramani ni we ugomba gushyira umukono kuri uyu mushinga w’itegeko kugira ngo ryemezwe ritangire gukurikizwa.

    Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal yo yemeje itegeko nk’iri muri Werurwe, riteganya igifungo kigera ku myaka 10 ku bikorwa by’imibonano mpuzabitsina bikozwe n’abahuje ibitsina.

    Iri tegeko rinagira icyaha igikorwa cyo “gushyigikira” abaryamana n’abahuje ibitsina. Uganda na yo yashyizeho igihano cy’urupfu ku byaha bimwe na bimwe bikorwa n’abaryamana bahuje ibitsina mu 2023.

    Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yatoye itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina