Indege y’intambara yo mu bwoko bwa ‘drone’ yaturikiye ku nzu ya ‘apartment’ muri Romania itera inkongi y’umuriro inakomeretsa abantu babiri, nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ingabo y’iki gihugu mu gitondo kuri uyu wa gatanu,
Byabereye mu mujyi wa Galati wo mu burasirazuba mu gihe Uburusiya bwariho bugaba ibigero muri Ukraine hafi y’umupaka na Romania, nk’uko iyo minisiteri ibivuga.
Ikigo gishinzwe ubutabazi muri Romania cyavuze ko ibiturika byose iyi drone yari itwaye hamwe na yo, byaturitse, bigatera umuriro ku igorofa rya 10 ry’iyi apartment.
Mu myaka ine ishize y’intambara ‘drones’ z’Uburusiya zagiye ziyobera mu bihugu byo hafi ya Ukraine biri muri OTAN, ariko ubu ni ubwa mbere abaturage ba Romania bahakomerekeye.
Inzego z’ubutabazi zivuga ko abantu babiri bajyanywe kwa muganga kuvurwa ibikomere naho abagera kuri 70 bikaba ngombwa ko bavanwa mu nzu zabo kubera umuriro.
Mu itangazo bagize bati: “Imwe muri izo drones zinjiye mu kirere cya Romania, yabonywe na radar ikinjira mu mujyi wa Galati, yihonda ku gisenge cy’inzu ya ‘apartment’, ibyahise bivamo umuriro”.
Urukiko Rukuru rwa Nairobi muri Kenya rwahagaritse by’agateganyo umugambi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo gushyira muri iki gihugu ikigo kizajya cyakira abakekwaho icyorezo cya Ebola.
Kuva umuganga w’Umunyamerika, Dr. Peter Trafford, yanduriye Ebola mu ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Amerika yafashe icyemezo cyo kujya yohereza i Burayi Abanyamerika bakekwaho kwandura iki cyorezo.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo byamenyekanye ko Amerika iteganya gushyira muri Kenya ikigo kizajya cyakira Abanyamerika bose bakekwaho Ebola, baba bavuye muri RDC cyangwa ibindi bihugu by’akarere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, yatangaje ko ubutegetsi bwabo buzakora ibishoboka kugira ngo hatazagira umurwayi wa Ebola cyangwa uyikekwaho ukandagira mu gihugu.
Rubio yagize ati “Ntitwakwemera kandi ntituzemera ko abanduye Ebola binjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”
Ku wa 28 Gicurasi 2026, Leta ya Kenya yemereye Amerika gushyira iki kigo mu birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere bya Laikipia mu Ntara ya Mount Kenya.
Amerika yari yateganyije ko iki kigo cyagombaga gutangira gukora kuri uyu wa 29 Gicurasi, inzobere mu rwego rw’ubuvuzi z’Abanyamerika zigatangira gufasha abari mu kato.
Umuryango Katiba Institute uharanira iyubahirizwa ry’amategeko muri Kenya waraye utanze ikirego mu Rukiko Rukuru rwa Nairobi, ugaragaza ko icyemezo cyo gushyira iki kigo muri Laikipia kinyuranyije n’amategeko.
Umucamanza Patricia Nyaundi yashingiye kuri iki kirego, yanzura ko Leta ya Kenya itemerewe kwemera ko Amerika ishyira iki kigo muri Laikipia mu gihe hataraba urubanza rwo kumva impamvu zatanzwe na Katiba Institute.
Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwanzuye ko ruzumva ikirego cya Katiba Insitute tariki ya 2 Kamena 2026.
Umucamanza Patricia Nyaundi yasabye Leta ya Kenya gutegereza ikizava mu rubanza
À l’occasion de la Journée Mondiale de l’Hygiène Menstruelle célébrée le 28 mai, l’école GS Remera du district de Gasabo a accueilli une campagne de sensibilisation destinée à promouvoir une meilleure hygiène menstruelle et reproductive auprès des élèves. L’initiative a également permis de distribuer 100 serviettes hygiéniques réutilisables aux jeunes filles vulnérables afin de leur permettre de gérer leurs menstruations dans des conditions plus sûres et plus dignes.
Dans de nombreuses communautés, les menstruations demeurent entourées de tabous et de préjugés qui affectent la confiance en soi des adolescentes. Les spécialistes de la santé soulignent qu’une mauvaise gestion de l’hygiène menstruelle peut provoquer diverses infections et avoir des répercussions psychologiques liées à la stigmatisation, à la honte ou à l’isolement social.
Au cours de cette campagne, les élèves ont reçu des explications détaillées sur le cycle menstruel, la santé reproductive et les pratiques d’hygiène recommandées pendant les règles. Les organisateurs ont insisté sur l’importance de changer régulièrement les protections hygiéniques, de maintenir une bonne hygiène corporelle et de consulter un professionnel de santé en cas de complications.
Akimana Jeniffer, élève en première année du secondaire, a indiqué que certaines filles continuent d’adopter des pratiques inadaptées.
« Certaines élèves gardent la même serviette hygiénique pendant de longues heures sans la changer. Cela peut entraîner des mauvaises odeurs et augmenter le risque d’infections. Nous devons apprendre à prendre soin de notre santé », a-t-elle déclaré.
Elle a ajouté que les connaissances acquises au cours de cette séance permettront aux jeunes filles de mieux comprendre leur corps et d’adopter des comportements favorables à leur bien-être.
Parmi les bénéficiaires des serviettes réutilisables figure Turikumwe Aimée, élève de sixième année primaire. Elle estime que ce soutien contribuera à réduire les difficultés auxquelles sont confrontées de nombreuses adolescentes issues de familles vulnérables.
« Il m’arrivait parfois d’hésiter à changer ma serviette parce que je n’en avais pas d’autre à utiliser. Ces serviettes réutilisables vont nous aider à rester propres et à éviter certaines infections liées à une mauvaise hygiène », a-t-elle expliqué.
Les statistiques présentées lors de la rencontre révèlent que près de 99 % des filles du secondaire à GS Remera sont menstruées, tandis qu’environ 80 % des élèves à partir de la quatrième année primaire connaissent déjà leurs premières règles. Ces données montrent l’importance de renforcer les programmes de sensibilisation dès le plus jeune âge.
Marie Michelle Bazarama, responsable des affaires sociales au sein du Réseau des Femmes, a souligné que les garçons et les hommes doivent également être impliqués dans la lutte contre les préjugés liés aux menstruations.
« Les menstruations sont un phénomène naturel. Les filles ne devraient jamais être moquées ou exclues à cause de leurs règles. Nous devons sensibiliser toute la communauté, y compris les garçons et les parents, afin de mettre fin à la stigmatisation », a-t-elle affirmé.
Cette activité s’inscrit dans le cadre du projet SDSR-Rwanda mis en œuvre par le Réseau des Femmes en partenariat avec l’organisation canadienne L’AMIE et avec le soutien de Global Affairs Canada. Le projet est déployé dans les quinze secteurs du district de Gasabo pour promouvoir la santé sexuelle et reproductive des jeunes.
Au-delà de la distribution de serviettes hygiéniques réutilisables, les acteurs engagés dans ce programme rappellent que l’accès à l’information, à l’éducation et aux produits d’hygiène menstruelle demeure essentiel pour garantir aux adolescentes une bonne santé, préserver leur dignité et favoriser leur réussite scolaire. Pour eux, la lutte contre les tabous menstruels doit rester une priorité afin que chaque jeune fille puisse vivre ses règles sans peur, sans honte et sans discrimination.
Bazarama Marie Michelle (in charge of social welfare at Réseau des Femmes) Turikumwe Aimée(Student)Akimana Jeniffer (Student)Évariste Banzubaze Head Teacher of GS Remera School (Gasabo District)
Guverinoma ya Uganda yatangaje ko guhera kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, abava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 21 mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola.
Iki cyemezo kijyana no gufunga imipaka yose ihuza ibihugu byombi guhera uyu munsi, hashingiwe ku mabwiriza yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima mu gihe umubare w’abandura Ebola ukomeje gutumbagira muri RDC.
Leta ya Uganda yatangaje ko amashuri yo mu bice byegereye umupaka azakomeza gukora ariko ingamba zo gusuzuma abanyeshuri bayigamo zigiye gukazwa.
Ibitaramo, amarushanwa yo kwiruka n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi bidateguye neza birimo ibyo kwishimira igikombe ikipe ya Arsenal iherutse kwegukana byahagaritswe.
Tariki ya 21 Gicurasi, Leta ya Uganda yari yafashe icyemezo cyo gukumira mu gihe cy’ibyumweru bine abagenzi bose bajyayo baturutse muri RDC, bakoresheje inzira zo ku butaka no mu kirere.
Iki cyemezo ariko cyakomoreraga imodoka zitwara ibicuruzwa kugira ngo ubucuruzi hagati y’impande zombi bukomeze nta nkomyi, hakazwa ingamba zo gusuzuma abashoferi ariko guhera kuri uyu wa 27 Gicurasi byahindutse.
Ibihugu birimo u Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Bahamas na byo byafashe ingamba zikumira abanyamahanga baturuka muri RDC kubera iki cyorezo, ariko byemerera abenegihugu kwinjira nubwo bazajya bashyirwa mu kato.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rigaragaza ko abarenga 900 ari bo bikekwa ko banduye Ebola muri RDC, mu gihe 221 ari bo bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo.
Umunye-Congo ni we winjije Ebola muri Uganda. Abantu barindwi bose bagaragaye mu Mujyi wa Kampala ni bo bamaze kwandura, barimo umwe wapfuye.
Imipaka ya Uganda na RDC yafungiwe abanyamahanga bose
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira Thierry, yavuze ko amategeko ahana umuntu utanga amafaranga agamije gukoresha undi imibonano mpuzabitsina.
Ibi byagarutsweho ku wa 25 Gicurasi 2026, mu kiganiro cyateguwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) ku bufatanye na RIB.
Ati “Kirazira gutanga ikiguzi ku mibonano mpuzabitsina. Ni ukuvuga ngo wowe ujya kugura ni wowe itegeko rireba.”
Itegeko nimero 51/2018 ryo ku wa 13 Kanama 2018 ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi mu rivuga ibikorwa bibujijwe birimo no kwishyura umuntu hagamijwe gukora imibonano mpuzabitsina.
Ingingo ya 24 ivuga ko umuntu agamije inyungu, ushishikariza, woshya, uyobya, ureshya, uhatira undi gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa gukoresha ubundi buryo hagamijwe kuyimushoramo; gutanga ikiguzi agamije ubwe gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa kugitangira undi muntu ngo ayikore; gucumbikira umuntu abizi neza ko aje gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina; gutangaza, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ko afasha ushaka gukora imibonano mpuzabitsina; gufasha, guhagarikira cyangwa kurengera abizi ushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina; kuyobora amazu akorerwamo ibikorwa byo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, gushora imari muri bene ayo mazu cyangwa gucunga umutungo azi neza ko ukomoka kuri ayo mazu; gutanga abizi ahantu ngo hakodeshwe kugira ngo hakorerwe ibikorwa byo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi aba akoze icyaha.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yamaze guhamagara abakinnyi 27 izifashisha mu mikino ibiri ya gicuti iteganya guhuriramo n’amakipe y’ibihugu bya Comores na Tanzanie.
Mu bakinnyi bahamagawe harimo Noam Emeran, wahoze akinira ikipe ya Manchester United mu byiciro by’abato, mbere yo kwerekeza muri FC Groningen yo mu Buholandi akinira ubu.
Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga ari mu bo umutoza Stephen Constantine yahamagaye, yitezweho kongera imbaraga mu busatirizi no kurema uburyo bw’ibitego bw’Amavubi.
Urutonde rw’abahamagawe rugaragaraho kandi bamwe mu bakinnyi basanzwe ari inkingi za mwamba z’Amavubi barimo Mutsinzi Ange wa Zira FK, Bizimana Djihad wa CS Constantine, Mugisha Bonheur wa Al Masry na Kavita Phanuel Mabaya ukinira Birmingham Legion.
Mu izamu, Constantine yahisemo Niyongira Patience wa Police FC, Hakizimana Adolphe wa APR FC na Kwizera Olivier wa Rayon Sports.
Mu bwugarizi hagaragaramo kandi Imanishimwe Emmanuel wa AEL Limassol, Nshimiyimana Yunusu, Niyigena Clement na Byiringiro Jean Gilbert ba APR FC.
Hagati mu kibuga harimo Kwizera Jojea wa Rhode Island, Kury Johan Marvin wa AC Bellinzona, Ruboneka Jean Bosco wa APR FC ndetse na Muhire Kevin wa Jamus SC.
Mu basatira izamu harimo Innocent Nshuti wa Al Wafaq, Abeddy Biramahire wa Assabah, Uwinéza René wa Kiyovu Sports, Joy Slayd Mickels wa Karvan FK na Mbonyumwami Taiba wa Marine FC.
Iyi mikino ya gicuti izafasha Amavubi gukomeza kwitegura amarushanwa ari imbere, harimo imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027.
Biteganyijwe ko u Rwanda ruzabanza gukina na Tanzania mbere yo kwisobanura na Comores.
Abantu 37 bari bafungiye muri gereza zitandukanye zo mu mujyi wa Kinshasa bakekwaho gukorana na AFC/M23, barekuwe n’ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa kiri gufatwa nk’intambwe ishobora kuba ifitanye isano n’ibiganiro bya Doha bikomeje hagati y’impande zihanganye.
Umunyamakuru Steve Wembi wegereye AFC/M23 avuga ko muri abo bantu 37 barekuwe, 22 bari bararangije ibihano byabo mbere y’uko bafungurwa.
Nubwo nta tangazo ryasohowe n’ubutegetsi bwa Congo cyangwa AFC/M23, iri fungurwa riri gusobanurwa nk’ikimenyetso cy’ikorwa ry’ingamba zo kubaka icyizere hagati y’impande ziri mu biganiro.
Mu byumweru bishize, ibiganiro bya Doha bihuza impande zombi byakomeje kwibanda ku buryo bwo kugabanya ubushyamirane no gushyiraho uburyo bwatuma impande zombi zigera ku masezerano arambye.
Abasesenguzi bavuga ko irekurwa ry’aba bantu rishobora kuba rigamije gutanga ubutumwa bwa politiki no kugaragaza ubushake bwa Kinshasa bwo gushyigikira ibiganiro biri kubera muri Qatar.
Hari kandi ababona ko bishobora gufungura inzira y’uko na AFC/M23 yakora igikorwa nk’icyo, harekurwa abantu ifunze cyangwa abasirikare yaba ifite mu maboko yayo.
Ikibazo cy’imfungwa kimaze igihe ari imwe mu ngingo zikomeye mu mishyikirano hagati ya leta ya Congo na AFC/M23, cyane cyane ku bantu bashinjwa gukorana n’uyu mutwe cyangwa abafatiwe mu bice biriho imirwano.
Muri Mata uyu mwaka ubwo impande zombi zahuriraga i Montreux mu Busuwisi, zari zumvikanye kurekura imfungwa 477, zirimo 311 zo ku ruhande rwa AFC/M23.
Icyo gihe Leta n’inyeshyamba banihaye iminsi 10 yo kuba bamaze guhanahana izo mfungwa, ariko ishira nta gikozwe.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, avuga ko muri iki gihe ikoranabuhanga ryakataje, rikoreshwa cyane no mu gukora ibyaha, bityo ko guhagarara ku miryango ya Banki urinze abajura bitagihagije.
IGP Namuhoranye avuga ko ibishobora guhungabanya umutekano bigenda bihindura isura, cyane cyane hifashishwa ikoranabuhanga, gusa ngo Polisi na yo iri maso.
Agira ati “Polisi y’Igihugu na yo yashyize imbere uburyo bwo gucunga umutekano yifashishije ikoranabuhanga, cyane cyane hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), ndetse n’urusobe rwa serivisi zihurijwe hamwe zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga. Muri iki gihe, abajura bashaka kwiba banki ntibagikeneye kumena inzugi zayo, yemwe ntibakinakeneye kugera aho iyo banki yubatse. Gushyira rero abapolisi gusa ku miryango ya banki ngo tuyirinze ibisambo, ntibyabuza ko yibwa kuko ntibikiri ngombwa ko ibyaha bigendana n’ababikora”.
Ati “Gutegerereza umunyabyaha ku mupaka ntibihagije, kuko yohereza ibyaha we akisigarira iyo. Polisi y’u Rwanda izakomeza gushyira imbaraga mu kwiyubaka kugira ngo ihangane n’iryo hindagurika”.
Yungamo ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gushyira imabaraga mu mahugurwa no kurushaho kunoza imikorere, na byo biganisha ku kurinda umutekano w’Abanyarwanda.
Ati “Twongeye gushimangira ko dukomeye ku ntego yo kurinda umutekano w’abaturarwanda n’ibyabo, kubaha serivisi inoze no kurangwa n’ubunyamwuga n’ubunyangamugayo”.
IGP Namuhoranye ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gicurasi 2026, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwizihiza imyaka 25 Polisi y’u Rwanda imaze ivutse, ndetse no kwakira ba Ofisiye bashya 436 ba Polisi barangije amasomo, igikorwa cyabereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, cyitabiriwe na Perezida Paul Kagame, abayobozi batandukanye, inshuti n’imiryango y’abo bapolisi.
U Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biyongereye imikoranire mu bya gisirikare n’umutekano, mu gihe ingabo z’ibihugu byombi zikomeje imirwano n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Minisitiri w’Ingabo wa RDC, Guy Kabombo Muadiamvita, ku wa Kabiri yagiriye uruzinduko i Bujumbura rwasize yakiriwe akanagirana ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru na mugenzi we w’u Burundi, Marie Chantal Nijimbere.
Ni ibiganiro byibanze ku mutekano w’akarere k’ibiyaga bigari.
Muri ibyo biganiro byabereye mu muhezo, impande zombi zaganiriye ku kurushaho kurinda imipaka zisangiye, gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare, ndetse no gushakira ibisubizo by’igihe kirekire ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu karere; nk’uko itangazamakuru ryo mu bihugu byombi ribivuga.
Amakuru kandi avuga ko impande zombi ziyemeje gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yasinywe ku wa 6 Werurwe 2023.
Muri uko guhura kandi abatekinisiye b’impande zombi banakoze ibiganiro bigamije gusuzuma uko ubufatanye buriho bwashyirwa mu bikorwa neza, ndetse no kwihutisha gahunda z’umutekano zisanzweho hagati y’ibi bihugu byombi.
Ubu bufatanye burushaho kugaragara mu gihe u Burundi bukomeje kuba umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Kinshasa, mu ntambara irwanamo na AFC/M23.
RDC n’u Burundi byombi byemeza ko imikoranire y’igisirikare ari ingenzi mu guhangana n’imitwe yitwaje, ndetse no kurinda imipaka ihuriweho.
Ku ruhande rw’u Burundi, Minisitiri Nijimbere yashimangiye ko gukomeza ubufatanye bwa gisirikare ari ingenzi mu kurwanya ibibazo by’umutekano muke bigira ingaruka ku bihugu byombi.
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, yahaye abapolisi 436 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bato ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP), nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo igihe.
Ni mu muhango wabereye mu Ishuri rya Polisi ry’i Gishari mu karere ka Rwamagana.
Perezida Kagame yashimiye abapolisi ku kuba bakomeje kurangwa n’izo ndangagaciro mu butumwa boherezwamo hanze y’imbibi z’u Rwanda.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko ibimaze kugerwaho na Polisi y’u Rwanda “byavuye ku gufatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo izindi nzego z’umutekano, ariko cyane cyane bikaba byaragizwemo uruhare rukomeye n’Abanyarwanda ubwabo.”
Yakomeje agira ati: “Uyu muco mwiza wo gukorera hamwe ni mbaraga twifitemo tugomba kurinda kandi tugomba kuzubaka.”
Perezida Paul Kagame yibukije ko imiterere y’umutekano ikomeje kugenda ihinduka, ndetse ibyaha bikaba bikomeje kugenda bikorwa mu buryo bugoye bukurikirana, buhindagurika kandi bukambikiranya imipaka.
Yavuze ko ku bw’ibyo, imikorere ya Polisi y’u Rwanda na yo igomba kujyana n’igihe, yizeza ko Polisi izakomeza kubakirwa ubushobozi, ubunyamwuga ndetse abapolisi bakongererwa ubumenyi mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bishya bigenda bigaragara.
Ati: “Gukomeza kubaka ubushobozi mu kongera ubumenyi, ubunyamwuga n’ibikoresho bijyanye n’igihe bigomba kuba ku isonga niba dushaka gukumira no guhangana n’ibibazo bishya bigenda bigaragara.”
Perezida Paul Kagame yaboneyeho gusaba ba Ofisiye bashya binjiye muri Polisi kuzagaragariza ibyo bigiye mu mahugurwa basoje mu bikorwa, abasaba kuzaca ukubiri na ruswa ahubwo bakuzuza inshingano zabo uko bikwiye.
Ati: “Amahugurwa murangije ntabwo yabateguraga mu buryo bw’umwuga gusa, ahubwo yabubatsemo indangagaciro zifasha gusobanukirwa neza icyo gukorera igihugu n’abaturage bivuze. Tubatezeho kwanga ruswa, gushishoza mu gufata ibyemezo no kuzuza inshingano zanyu uko bikwiye.”
Umuhango wo gusoza amahugurwa ya bariya ba Ofisiye wanahuriranye n’isabukuru y’imyaka 25 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.
Perezida Kagame yamenyesheje umuryango mugari wa Polisi ko iyi sabukuru ari “umwanya wo kwisuzuma no kongera gushimangira indangagaciro n’imikorere biranga uru rwego.”
Yasabye abapolisi by’umwihariko kuba abanyamwuga ndetse no kwicisha bugufi mu kazi bakorera u Rwanda n’abarutuye, kugira ngo icyizere bafitiwe n’abaturage ndetse n’ubufasha babaha bikomeza gushinga imizi.