Ibiciro by’ibinyobwa bidasembuye bya Coca-Cola byazamutse

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Kanama,2016 Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye mu Rwanda, Bralirwa Ltd, rwatangaje ibiciro bishya ku binyobwa bidasembuye bya Coca-Cola.

Ibiciro byazamutse mu buryo bukurikira:

Coca-Cola yo mu icupa ry’ikirahuri rya Santilitiro (Cl), 30 n’irya 50, n’iyo mu icupa rya plastiki rya santilitiro (Cl) 30 byiyongereye.

Coca- Cola yo mu icupa ry’ikirahuri rya Cl 30 ubusanzwe yaguraga amafaranga 300 ubu yashyizwe kuri 350 na ho iyo bingana yo mu icupa rya plastiki yaguraga 350 ishyirwa kuri 450.

Coca-Cola yo mu icupa ry’ikirahuri rya Cl 50 yaguraga amafaranga 450 yashyizwe ku mafaranga 500. Ibiciro by’ibindi binyobwa bidasembuye ntacyo byahindutseho.

Umuyobozi wa Bralirwa, Jonathan Hall, yavuze ko bongereye ibiciro kuri iki kinyobwa bitewe n’uko gisaba byinshi mu kugikora no kugicuruza.

Ibi biciro biratangira kubahirizwa kuri uyu mbere tariki 22 Kanama 2016.

Hari hashize imyaka ine Bralirwa idahindura ibiciro by’ibinyobwa bidasembuye. Ibiciro by’inzoga ntacyo byahindutseho.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *