AmakuruEconomyHEALTHibidukikijeImibereho myizaMu MahangaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsRecent NewsUbukunguUbutaberaUbuzimaUncategorized

Trump yahagaritse ibitero byari biteganyijwe kuri Iran iri joro

Nta mwanya wari ushije, Perezida Donald Trump ateguje Iran ko aza kuyirasa bikomeye, hadaciye umwanya “uyu mukuru w’igihugu cya America” ukomeje kubyinisha Isi muzunga, yavuze ko ibyo bitero byari biteganyije yabisubitse.

Ku rubuga rwe rwa Social Truth,  Trump yatangaje ko yahagaritse ibitero byari biteganyijwe iri joro kuri Iran.

Yanditse ko ibitero bitakibaye akurikije ko ibiganiro na Repubulika ya Islam ya Iran byageze ku rwego rwo hejuru rw’ubuyobozi bwa Iran, kandi bikemezwa.

Ati “Nka Perezida wa Leta zunze ubumwe za America, nahagaritse ibitero byari biteganijwe kuri Iran muri iri joro.”

Perezida Trump yavuze ko ibiganiro n’ingingo za nyuma, haba mu mushinga no mu buryo burambuye, byemejwe n’impande zitandukanye zirimo, leta zunze Ubumwe za America, Israel, Saoudi Arabia, Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), Qatar, Turukiya, Pakistan, Bahrein, Kuwait, Jordan, Misiri, n’abandi.

Yavuze ko gahunda yo gukumira amato America yashyizeho mu Muhora wa Hormuz izakomeza gukurikizwa kugeza ubwo ariya masezerano asinywe.

Perezida Trump avuga ko igihe n’ahantu amasezerano azasinyirwa bizatangazwa vuba.

Donald Trump yari yatangaje ko muri iri joro Amerika izakurasa Iran “bikomeye”, kandi ko America yongeye kureba uko yagenzura isoko ryose irya petrol na gaz bya Iran mu gihe kitari icya kure.

Nyuma y’iryo terabwoba rya Trump, ubuyobozi bukuru bw’igisirikare muri Iran bwavuze ko igihe “icuruzwa rya petrol na gaz ryaba ku bantu bamwe, ubwo n’ibindi bya rorera.”

Ubuyobozi bukuru bwa gisirikare bwa Iran bunasubije America ko izabona igusubizo “gikaze kurusha mbere” nigerageza kugaba ibitero bishya kuri Iran.

Abayoboye ingabo ba Iran bavuga ko Amerika ivuga iby’amasezerano ariko nyuma igakora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, ibyo bita “kwivuguruza gukabije”.

Loading