Huye:Abaturage bamaze gusobanukirwa akamaro ko kugira Ubwisungane mu kwivuza

Abaturage bo mu karere ka Huye bishimira ko gahunda yo kugira ubwisungane mu kwivuza,ari zimwe mu ngamba Leta yabashyiriyeho ikaba  yarabafatiye runini mu kubungabunga ubuzima bwabo muri rusange .

U Rwanda ni kimwe mubihugu byubahiriza kandi bigaha agaciro  Abaturage babyo,by’umwihariko mu rwego rw’ubuzima ,Abaturage bakaba barashyiriweho gahunda y’ubwisungane mu kwivuza(Mutuelle de Sante)nk’imwe mu nkingi y’imibereho myiza ndetse n’iterambere ry’abatuye Igihugu muri rusange.

Akarere ka Huye gaherereye mu Intara y’amajyepfo,ni kamwe mu turere tugize Igihugu cy’u Rwanda aho usanga Abaturage bahatuye barahinduye imyumvire mu rwego rw’ubuzima ndetse bakarushaho gusobanukirwa akamaro ko kugira ubwisungane mu kwivuza, bakanitabira gutanga umusanzu wateganijwe wa buri gihembwe uko umwaka utashye.

Ikinyamakuru Imena cyegereye bamwe mubaturage  batuye Akarere ka Huye by’umwihariko mu gace gaherereye mu murenge wa Rusatira hakaba hari n’ikigo nderabuzima maze abo twahasanze badutangariza ibyiza bakesha kugira ubwisungane mu kwivuza.

Bimwe mubyo Abaturage batangaza ko biri mu byiza bakesha kugira ubwisungane mu kwivuza harimo kuba nta murwayi ukirembera mu rugo,ubutabazi n’ubuvuzi bwihuse k’umubyeyi ugiye kubyara no guhabwa serivisi zose zitangirwa ku bigo nderabuzima ndetse no kubitaro.

Uzabakiriho Veneranda

Uzabakiriho Veneranda twasanze ku kigo nderabuzima cya Rusatira,yadutangalije ko mbere yo kugira ubwisungane mu kwivuza yahoraga ahangayitse,ariko kuri ubu akaba yumva umutima we utekanye.

Yagize ati “Ndashimira Leta yadushyiriyeho iyi gahunda kuko yatugobotse,tugatandukana n’indwara ziganjemo Malariya yaduhezaga hasi. Njyewe nagize n’amahirwe yo huhabwa mutuelle y’ubuntu kuko ndi umukene,ariko ndashishikariza n’abandi kuyitunga kuko iratugoboka tukivuza ntambogamizi”

Niyobuhungiro Antoinette

Niyobuhungiro Antoinette, nawe  twamusanze ku kigo nderabuzima cya Rusatira ndetse akaba atwite.Uyu nawe ashimangira akamaro ko kugira ubwisungane mu kwivuza.Yagize ati “Mutuelle n’iyambere kandi n’ingenzi kuko igihe cyose irakugoboka iyo uyifite,cyane ko nkubu ariyo imfasha kuzarinda mbyara,ariko iyo ntayigira sinari kuzabona ubwishyu bwo kwivuza no mugihe cyo kubyara”

Kayiranga Muzuka Eugene (Photo archive)

Kayiranga Muzuka Eugene Umuyobozi w’Akarere ka Huye yadusobanuriye ko ubwisungane mu kwivuza mu karere hose, Abaturage bamaze gusobanukirwa neza akamaro kabwo kugirango babashe kwivuza,ko ndetse bamaze no gusobanukirwa ibyerekeye no gushyirwa mu byiciro n’uburyo bikurikiranwa,haba hari utishimiye ikiciro yahawe akamenya uburyo abibaza.Yagize ati”Abatuye Huye bamaze gusobanukirwa akamaro ku gutunga ubwisungane mu kwivuza ndetse n’akamaro bibafitiye, kandi bikaba bigikomeza cyane ko abaturage  bamaze kubyumva neza bagasobanukirwa n’uruhare rwabo kuko babikanguriwe bihagije, bikaba ari no guhozaho kugirango harengerwe ubuzima bwa benshi”

Ubuyobozi  mukarere ka Huye butangaza ko  abamaze kwishyura  igihembwe cy’umwaka wa 2017 na 2018 bageze ku kigereranyo cya41%,aho umwaka washize bari bageze kuri 82,5%,ibi ngo bikaba bitanga icyizere cyo kuzagera ku mibare ishimishije..

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *