Abashoferi b’amagare mu karere ka Gisagara bishimira iterambere bagezeho

Abatwara abantu kumagare  mu karere ka Gisagara bibumbiye muri koperative COTAVESA(Cooperative Tax Velo Save)barishimira ibyo bamaze kugeraho,babikesha umurimo bakora,aho benshi bahamya ko imibereho yabo yahindutse nyuma yo gufata umwanzuro wo gutinyuka akazi benshi bafataga nk’agasuzuguritse,kuribo bakaba baramaze kumenya agaciro gafite.

Bavuga ko batagishaka kwitwa abanyonzi bitewe n’inyito iri jambo ryahabwaga kera, aho kunyonga byavugaga kwica, ngo bahisemo kwitwa abashoferi nkabandi bakoresha iri zina kuko nabo batwara abantu ku magare.

Mu kiganiro aba basore bagiranye n’ikinyamakuru Imenanews.com,bagaragaje uburyo babashije kwiteza imbere mu buryo butandukanye,hagamijwe kwikura mu bukene.

Usengimana J Paul

Usengimana J Paul ukora umurimo wo gutwara abagenzi akoresheje igare  yagize ati”Gukora umurimo wo gutwara abantu kumagare byamvanye mu bukene bukabije narimfite mbere,kuko  binyinjiriza inyungu muburyo bwose bushoboka , mbere na mbere nkaba mbasha gutunga umuryango wanjye,byongeye kugez’ubu namaze kwiyuzuriza inzu,nkaba mbasha kwizigama,ndetse rwose mfite icyizere ko mugihe nzaba nshaka gushaka umugore,nta yindi nkunga nzakenera uretse umusaruro nkura mu kazi nkora”

Sibomana Pascal

Sibomana Pascal nawe afasha abantu mungendo zabo akoresheje igare, akaba yemeza ko ibyo akesha umurimo akora ntacyo yabigereranya.Yagize ati”Akazi dukora turakishimiye kuko ubusanzwe iyo ukora akazi ukishimiye nta kabuza ubasha gutera imbere,kuri ubu namaze kugera kuri byinshi birimo kuba narabashije kwiyubakira inzu, kandi  nkaba mfite n’ibindi bikorwa bitandukanye byunganira akazi ko gutwara igare, birimo ubworozi bw’amatungo atandukanye”

Nkuko aba batwara abantu kumagare bagiye babihurizaho,mu mbogamizi bafite basanga ahanini ari uko imihanda yo mukarere ka Gisagara bakoreramo itarabasha kugeramo kaburimbo,aha ariko, ubuyobozi bw’akarere bukaba butanga icyizere ko mu gihe gito imihanda irimo kubakwa izaba yamaze kurangira.

Iri terambere uru rubyiruko rwo mu karere ka Gisagara kimwe n'abandi bakora aka kazi mu Rwanda bavuga ko babigezeho nyuma y’uko bashyizwe igorora na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *