Hari Uturere tutazitabira shampiyona ya Sitball

Shampiyona y’Igihugu ya Sitball icyiciro cyayo cya kabiri (Phase 2) izaba tariki ya 4 Werurwe 2017, ikazabera mu duce dutandukanye tw’igihugu, ariko Uturere twose harimo nka ka Kamonyi ntikazayitabira.

Mu Ntara y’Amajyepfo iyi mikino izabera mu Karere ka Muhanga, Uturere tuzahahurira ni: Gisagara, Ruhango, Muhanga na Huye. Uturere tw’iyi Ntara tutazitabira iyi mikino ni Nyanza, Kamonyi na Nyamagabe nk’uko ikinyamakuru izubarirashe.rw kibikesha ubuyobozi bwa Komite y’Igihugu y’Imikino y’abantu bafite ubumuga (NPC Rwanda).

Mu Ntara y’Iburasirazuba, iyi mikino izabera mu Karere ka Kayonza. Ikipe itazitabira iyi mikino ni iy’Akarere ka Nyagatare.

Mu Ntara y’Uburengerazuba, iyi mikino izabera mu Karere ka Rusizi.

Mu Ntara y’Amajyaruguru izabera mu Karere ka Burera.

Muri Kigali iyi mikino izabera mu Karere ka Nyarugenge, ikazitabirwa n’amakipe nka Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *