Abahinzi nimusohore amasuka kuko umuhindo uzaba mwiza”Meteo-Rwanda”

Ikigo cy’ igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ Ikirere, Meteo Rwanda kiratangaza ko imvura y’umuhindo iteganijwe izaba itanga icyizere kuburyo izaba ihagije nk’isanzwe igwa mu bihe byiza,bityo hakaba hari amahirwe menshi yo kuzatanga umusaruro w’ubuhinzi buzakorwa neza.

Amakuru atanga icyizere ari muyakusanijwe  mu cyegeranyo cy’Iteganyagihe ryakorewe igihe  cy’ umuhindo ni uguhera mu kwezi kwa 9 uyu mwaka kugera mu kwezi kwa 12 uyu mwaka,aho ikigo cy’ igihugu gishinzwe iteganyagihe Meteo rwanda cyashyize ahagararara kuri uyu wa kane. Nkuko John Semafara uyobora ikigo gishinzwe iteganyagihe abivuga ngo ikirere kirerekana ko imvura izagwa ku buryo izaba ihagije ikanatanga umusaruro mwiza.

Ibi ngo biraterwa ahanini nuko ubushyuhe bwo mu nyanja ngari bumaze igihe buri ku gipimo mpuzandengo cy’ ubushyuhe busanzwe ni ukuvuga ubushyuhe butiyongera cg se ngo bugbanuke.

Meteo Rwanda ivuga ko muri rusange mu gihugu hose imvura y’ umuhindo iteganijwe gutangira mu cyumweru cya 2 cya Nzeri ,imvura y’ awo nayo ikaba ishobora  kuzatangira gucika guhera mu cyumweru cya 3 cy’ ukuboza kugeza mu cyumweru cya 1 cya Mutarama 2018 uhereye i Burasirazuba ugana iburengerazuba bw’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa Meteo, John Ntaganda Semafara

Twahirwa Anthony Umuyobozi ushinzwe itegenyagihe

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *