Umuhanzi Tonzi yiyeguriye ibikorwa by’urukundo yita kubafite ubumuga

Umuhanzi akaba n’umuramyi  mundirimbo z’Imana Clementine Uwitonze  umaze kubaka izina akaba azwi nka  Tonzi muri muzika , yatangarije Imenanews.com  ko kuri ubu yashyize imbaraga mu  kuzajya agera ku miryango yose  ifite abana bafite ubumuga hakarebwa uko  bagezwa mu bigo bibarera bakitabwaho ,hagamijwe kurengera ubuzima bwabo,kubageza ku iterambere bityo ntibaheranwe n’ibibazo.

Umuhanzi Tonzi

Iyi gahunda avuga ko yizeye ko izafasha by’umwihariko abo bana kurushaho kubaho neza abafite impano zikagaragara hakarebwa uburyo zatezwa imbere zikabyazwa umusaruro ,abandi na bo  bakigishwa gukora imirino inyuranye aho kubaho bigunze kandi bashoboye.

Iki gikorwa avuga ko yagitangiye kandi hakaba hari icyizere cyo kugera kuntego, gusa ngo hakaba  hari imbogamizi yagiye ahura nazo ariko agahamya  ko zitizigeze zimuca intege muri  gahunda yihaye kugeza ubwo yahuye  na mugenzi we  yagejejeho icyo gitekerezo bagahuza  bakiyemeza gufatanya.

Avuga ko hari abana batangiye kurererwa mu kigo kitwa “Izere mubyeyi” kibarizwa mu Busanza mu Mujyi wa Kigali ngo gusa azakomeza kuganira n’ibigo bitandukanye byita ku bana bafite ubumuga kugira ngo ibyo bigo bifate n’abandi bana bakigaragara hirya no hino  nyamara bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.

Yagize ati “Nzakomeza kuganira n’ibigo binyuranye kugira ngo abana batandukanye  bafite ubumuga bashyirwe muri ibyo bigo kugirango babashe gukurikiranwa no gufashwa mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Ibikorwa  by’urukundo Tonzi yatangije abinyuza mu mushinga yise “Birashoboka dufatanyije.”

Mu rwego rw’ubukangurambaga hagamijwe kugaragaza ko abafite ubumuga nabo ari ab’agaciro,ubushize Tonzi na bagenzi be bakoze indirimbo yiswe “c’est possible”, yerekana ko umuntu ubana n’ubumuga nawe ashoboye kwiteza imbere, agateza imbere umuryango n’igihugu cyose muri rusange.

Umuhanzi  Tonzi yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zagiye zinakundwa cyane harimo iyitwa : Na ijue, Sijja muvako, Uhorana nange, Shima Imana.

 

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *