Tanzaniya:Umunyamuziki Ali Kiba yapfushije umubyeyi

Se w’umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Ali Kiba, yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa kane azize uburwayi.

Ikinyamakuru cya Bongo 5 cyanditse ko Saleh Kiba yaguye mu bitaro bya Muhimbili mu Mujyi wa Dar es Salaam, aho yivurizaga.

Uyu mubyeyi wari ugeze mu za bukuru, ntabwo yakundaga kugaragara mu itangazamakuru nk’abandi babyeyi b’ibyamamare ndetse byatumye hari abavuga ko umuhungu we yamutereranye n’ubwo bitari byo.

Ali Kiba yigeze kuvuga ko nyina ari we wamufashije cyane mu muziki we kuruta se, ari nayo mpamvu atajya akunda kumuvugaho.

Ikiriyo kiri kubera mu rugo rwe Kariakoo, mu Mujyi wa Dar es Salaam.

Saleh Kiba umubyeyi wa Ali Kiba

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *