Rwatubyaye Abdul na Imanishimwe ku rutonde rw’abakinnyi Rayon Sports igiye gukoresha muri iyi sezo

Imanishimwe Emmanuel werekeje mu ikipe ya APR FC, Rwigema Yves APR FC ikivuga ko ari uwayo ndetse na Rwatubyaye Abdoul APR FC yatanze mu gihugu cya Romania, ni bamwe mu bakinnyi bagaragara ku rutonde iyi kipe yatanze muri Ferwafa, initegura kuzatanga muri CAF ngo bazayifashe mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Imanishimwe Emmanuel wagize uruhare mu mukino APR FC iheruka gutsindamo Rayon Sports 3-0, ngo ubuyobozi bw’ikipe yahozemo bwatunguwe n’uburyo Ferwafa itarimo gukemura ikibazo cye ngo kive mu nzira, aho byanarangiye umuyobozi w’iyi kipe Gacinya Denis abajije iki kibazo mu nteko rusange ya Ferwafa iheruka kubera i Musanze, nk’uko yaje kubidutangariza nyuma.

Yagize ati: “Nabajije Ferwafa niba yararangije guca urubanza kuko mu ikipe y’igihugu nabonye bamuhanagara bakavuga ko ava muri APR kandi Ferwafa ifite ikirego cyacu”.

“Nabivugiye mu nteko rusange ntanga urugero kuko bitari no ku murongo w’ibyirwa, bambwira ko mbere yuko shampiyona itangira bizaba byamenyekanye niba ari umukinnyi wa Rayon Sports cyangwa se niba azahanwa”.

Imanishimwe na Shasir bombi bashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi Rayon Sports izifashisha

Mu gihe ikibazo cya Imanishimwe cyari kitarabonerwa igisubizo, ikipe ya Rayon Sports yahise ijya mu ikipe ya APR FC, ikuramo undi mukinnyi Yves Rwigema, umukinnyi ubuyobozi bwa APR butangaza ko ari uwabwo ku buryo bwemewe n’amategeko kuko akibafitiye amasezerano.

“ Nta mwanya uhari wo kuvuga kuri ibyo kuko nta cyabaye, uretse kuba yarakuriye mu ishuri rya ruhago ryacu, Yves Rwigema yari anadufitiye amasezerano. Ese abamusinyishije baba bafite ibaruwa imurekura(release letter)?”.

Yves Rwigema yasinyiye Rayon Sports nubwo APR FC ikivuga ko ari umukinnyi wayo

Kuri aba bakinnyi bose bari mu bibazo, hiyongeraho Rwatubyaye Abdoul iyi kipe yasinyishije ariko akaba atari yagera mu myitoza na rimwe. Amakuru agera ku IGIHE, avuga ko uyu wahoze ari myugariro wa APR FC, kuri ubu yibereye muri Romania aho ashobora no gutangira gukina vuba, ni nyuma yo kubona ibaruwa imusohora muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu.

Rayon Sports, yaraye itsinze Amagaju ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Huye kuri uyu wa Gatanu. Iyi stade, ni yo iyi kipe izanahuriraho na Mukura kuri iki cyumweru, aho ikomeje kwitegura shampiyona izatangira tariki ya 14/10/2016 igasozwa tariki ya 26/6/2017.

Abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka wa shampiyona mushya:

1. Bashunga Abouba
2. Imanishimwe Emmanuel
3.  Irambona Eric
4.Ishimwe Issa Zappy
5. Kakure Mugheni Fabrics
6. Kwizera Pierrot
7. Manishimwe Djabel
8. Nahimana Shasir
9. Mussa camara
10.Mugisha François
11. Manzi Thierry
12. Romami Frank
13. Rutinywa Gonzarez
14. Rwatubyaye Abdul
15. Rwigema Yves
16. Senyange Yvan
17.Muhire Kevin
18. Munezero Fiston
19.Mutuyimana Evariste
20. Ndayishimiye Eric Bakame
21. Niyonzima Olivier Sefu
22.Mutsinzi Ange
23. Nova Bayama
24.Nshuti Dominique Savio
25. Nsengiyumva Idrissa
26. Nsengiyumva Mustapha
27. Ndayisenga J d’ Amour

Rwatubyaye yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi bazakinira Rayon Sports nubwo itari yamuca iryera kuva yamusinyisha

Rutahizamu Camara ari ku rutonde rwa Rayon Sports ya 2016-2017

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *