RDC: Kera kabaye Etienne Tshisekedi ashobora kuzashyingurwa mu gihugu cyamavuko

Umunyamabanga mukuru w’ishyaka rya UDPS, Jean-Marc Kabund-A-Kabund, yatangaje kuri uyu wa Gatandatu ko umurambo wa umunyapolitiki Étienne Tshisekedi uzakurwa mu Bubiligi ugacyurwa mu gihugu cy'amavuko  muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo kuwa 12 Gicurasi 2017.

 

Tshisekedi wamenyekana cyane mu kutavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa yitabye Imana kuwa 1 Gashyantare 2017, aguye mu bitaro byo mu Bubiligi.

Umurambo watinze mu Bubiligi bitewe n’ukutumvikana hagati y’umuryango we, ishyaka rye rya UDPS na Guverinoma ya Congo.

Ariko nk’uko tubikesha Radio Okapi, Umunyamabanga mukuru w’ishyaka rya UDPS yabwiye itangazamakuru ko hamaze kumvikanwa ko azashyingurwa ku cyicaro cy’iri shyaka muri komine ya Limete i Kinshasa.

Guverinoma ya Congo yari yanze ko ashyingurwa ku cyicaro cy’ishyaka igendeye ku kuba nta rimbi riba mu mujyi, ahantu hatuwe.

UDPS yasabye ko ishyingurwa rye ryazacungirwa umutekano n’ingabo za Congo zifatanyije n’iza Loni zishinzwe kubungabunga amahoro muri Congo (MONUSCO).


Umurambo w'umunyapolitiki Étienne Tshisekedi umaze amezi arenga abiri mu Bubiligi


Impirimbanyi Étienne Tshisekedi izashyingurwa ku cyicaro cy'ishyaka rye rya UDPS muri RDC

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *