Perezida Kagame yasuye Abanyarwanda baba mu Bwongereza

Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Werurwe 2017 yasuye Abanyarwanda baba mu Bwongereza abashimira uruhare bagira mu iterambere ry’ u Rwanda.

Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter Perezidansi y’ u Rwanda yavuze ko Perezida Kagame yabwiye Abanyarwanda bari I London mu Bwongereza ko atari kuva muri uwo mujyi atabasuhuje.

Umukuru w’ igihugu yari yitabiriye ikiganiro n’ Ikinyamakuru Wall street Journal cyandika inkuru z’ ubukungu.

Perezida Kagame yabwiye abo banyarwanda ko magingo aya u Rwanda rugeze ahashimije aho abafite ingufu bafasha abatazifite.

Yagize ati "Ndabashimira ko muhesha ishema igihugu cyacu. Guhura namwe bituma twongera kugira imbaraga ibibazo duhangana nabyo bikoroha"

Ati “U Rwanda dutuyemo ubu rwunze ubumwe aho abafite ingufu bafasha abatazifite. Abo ni bo turi bo. Ndabashimira kuko muhesha agaciro igihugu cyacu. Guhura na mwe byongera ingufu zacu ndetse n’ibibazo duhura na byo bikoroha.”

Amafoto







 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *