Papa Francis yemeye ubwegure bwa karidinali Wuerl

Papa Francis yemeye ubwegure bwa Karidinali Donald Wuerl, wayoboraga Arkidiyosezi ya Washington kuva mu 2006, ushinjwa gukingira ikibaba abapadiri basambanyije abana.

Muri Nzeri nibwo karidinali Wuerl w’imyaka 77 yatangaje ko yifuza kwegura. Icyifuzo cye cyahawe umugisha na Papa Francis kuri uyu wa Gatanu, ariko amusaba gukomeza kuyobora kugeza igihe hazabonekera uwamusimbura.

Karidinali Wuerl avugwaho guhishira bamwe mu bapadiri bari mu bagera kuri 300 bo muri diyosezi zitandukanye muri Amerika bashinjwa gusambanya abana basaga 1.000 ku gahato mu myaka 70 ishize.

Gusa Papa Francis yavuze ko Karidinali Wuerl afite ibimenyetso n’ibihamya bihagije by’uko yasobanura impamvu yakoze ibyo bamwe bamushinja, kandi ko byari gushoboka kumvikanisha icyamuteye gukora ibyo bamwe bita guhishira ibyaha no kutita ku kinyabupfura cy’abo yari abereye umuyobozi, ndetse no gukora amwe amakosa bamushinja.

Ati “Nyamara ubupfura bwawe usanganywe, ntibwaguteye kunyura mu nzira yo guhangana. Ku bw’ibyo rero unteye ishema, ndagushimiye.”

Iri shema Papa yatewe na Karidinali weguye ryakongeje umujinya w’abatari bake muri Amerika.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *