Papa Faransisiko yisubiyeho anasaba imbabazi ku cyemezo cye

Papa Fransisiko yasabye imbabazi kuri uyu wa mbere nyuma y’amagambo yavuze yo gukingira ikibaba umwepiskopi wo muri Chili ushinjwa  ubusambanyi.

Mu gihe yari mu ndege yerekeza  i Rome nyuma y’uko asoje  urugendo yari amazemo icyumweru  muri Chili na Peru, Papa yabwiye abanyamakuru ko amagambo yavuze mu gusubiza ikibazo cyabajijwe ku bishinjwa Umwepiskopi Juan Barros mu cyumweru gishize,yakomerekeje benshi.

Mu cyumweru gishize nibwo , Papa Fransisiko yasubije umunyamakuru ati “Umusi muzanzanira ibimenyetso bifatika  mushingiraho mushinja  Umwepiskopi Barros, nzagira icyo nzabivugaho,ariko kuva nta gihamya na kimwe kimushinja mufite,nibintu byumvikana nkibidakwiye kwemerwa nk’ukuri aka kanya. ”

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *