Blog

  • Abaturage barimo guhunga umujyi nyuma y’ibitero bya Israel

    Abaturage barimo guhunga umujyi nyuma y’ibitero bya Israel

    Abaturage b’umujyi wa Tyre muri Liban barimo guhunga ibitero birimo kugabwa n’igisirikare cya Israel kuri uyu mujyi uri mu majyepfo ya Liban.

    Ikigo cy’ubutabazi kivuga ko ahantu ho gucumbikira abahunze amazu yabo huzuye abantu.

    Ingabo za Israel zari zaraburiye abatuye uyu mujyi kuwuvamo bakajya mu majyaruguru y’uruzi rwa Zahrani.

    Ikinyamakuru NNA cyavuze ko hari abasivile bishwe mu bitero bya Israel mu majyepfo ya Liban.

    Muri iki gitondo kandi habayeho ibitero by’indege mu mijyi yegeranye ya Nabatieh na Kfar Sir, mu gihe Jibchit yakubiswe n’ibisasu, nk’uko NNA ibivuga.

    Ku wa mbere, Minisiteri y’ubuzima ya Liban yavuze ko ibitero bya Israel mu majyepfo ya Liban byahitanye abantu bagera kuri 14, barimo barindwi mu karere ka Nabatieh na batanu muri Tyre.

  • Abimukira 300 berekezaga mu Bwongereza barashimuswe baterwa ubwoba ko bazakurwamo impyiko

    Abimukira 300 berekezaga mu Bwongereza barashimuswe baterwa ubwoba ko bazakurwamo impyiko

    Abimukira

    Abimukira barenga 300 berekezaga mu Bwongereza mu mpeshyi ishize bashimuswe, bakorerwa iyicarubozo ndetse banaterwa ubwoba ko bazakurwamo ingingo zabo ku ngufu.

    Abo basore bose bakomoka muri Kurdistan muri Iraq, bafatiwe muri Libya n’itsinda ry’abarwanyi basabye ikiguzi cy’amadolari 5,000 kuri buri muryango w’abo bagabo, banabatera ubwoba ko bazabakuramo impyiko niba badahawe ayo mafaranga vuba.

    Twaganiriye na bamwe mu bafashwe bugwate nyuma bakaza kurekurwa, tunabona ibimenyetso by’amafoto bigaragaza ko hashobora kuba harabayeho kubagwa ku gahato.

    Bagaragaje ibimenyetso by’iyicarubozo, kandi zavuze ko bafungiwe ahantu habi cyane, aho abantu bagera ku 180 bafungiwe mu cyumba kimwe.

    Bivugwa ko hari umuntu umwe wafashwe bugwate wapfuye, kandi kugeza ubu ntibiramenyekana umubare w’abagifunzwe.

    Abarwanyi bagombaga kuyobora abimukira muri Libya kugera ku nkombe za Mediterane. Ariko, havutse amakimbirane yo kwishyura hagati yabo n’umucuruzi w’abakurdi bo muri Iraq witwa Noah Aaron, wari wateguye urwo urugendo rw’abimukira.

    Aaron ubu yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 mu Bufaransa azira ibyaha bitandukanye byo gucuruza amafaranga no gucuruza abantu.

    Amakuru arambuye ku ishimutwa ryaba bantu yagaragaye mu iperereza riherutse gukorwa na BBC ku wundi mucuruzi w’abantu witwa Kardo Jaf, ryatumye atabwa muri yombi mu kwezi gushize.

    Raporo y’ikigo cy’ubushakashatsi cy’Abongereza cya Chatham House ivuga ko aba bacuruzi bombi bakoranye mu bihe byashize.

    Bombi bakomoka mu mujyi wa Ranya muri Kurdistan yo muri Iraq, agace kavugwa ko “gafite imiyoboro y’ubucuruzi ikora cyane.”

    Muri Gashyantare(2), itsinda ry’iperereza rya BBC ryari ririmo gukora iperereza kuri Jaf muri Ranya ubwo umugabo wo muri ako gace yabegeraga avuga ko umuhungu we ari mu basore bafashwe bugwate.

  • Kenya: Polisi yarashe uwigaragambyaga yamagana ikigo cy’abanduye Ebola

    Kenya: Polisi yarashe uwigaragambyaga yamagana ikigo cy’abanduye Ebola

    Polisi ya Kenya yarashe umwe mu bigaragambyaga bamagana ikigo Amerika ishaka gushyira muri Kenya kizajya cyakira Abanyamerika bakekwaho icyorezo cya Ebola. Uwarashwe yahise apfa.

    Patrick Wahome wateguye imyigaragambyo mu mujyi wa Nanyuki, bamagana iki kigo n’abandi baturage bavuze ko umugabo warashwe yishwe n’ibikomere by’isasu yarashwe mu mutwe.

    Umuvugizi wa Polisi muri Kenya yavuze ko ntacyo azi kuri ibi bikorwa.

    Ikigo cyagombaga kubakwa byari biteganyijwe ko kijyamo ibitanda 50. Kigomba kubakwa mu Kigo cya Gisirikare cya Laikipia.

    Kugeza ubu muri RDC byemejwe ko abarenga 500 ari bo banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo mu gihe 101 yabahitanye.

    Mu cyumweru gishize abantu babiri baguye muri iyi myigaragambyo muri Nanyuki, nyuma y’uko ubutegetsi bwa Kenya na Amerika bishimangiye ko bigomba kubaka iki kigo.

    Polisi ya Kenya yarashe umuntu wigaragambyaga ahita apfa

  • Abanya Somaliya bagendereye u Rwanda mu gushaka inzira y’ubumwe n’ubwiyunge iwabo

    Abanya Somaliya bagendereye u Rwanda mu gushaka inzira y’ubumwe n’ubwiyunge iwabo

    Itsinda ry’intumwa zo ku rwego rwo hejuru zaturutse muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Ibikorwa bya Leta n’Ubwiyunge muri Somalia, ziri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda.

    Izi ntumwa ziherekejwe n’abayobozi bo muri Kaminuza ya Somalia (Somali National University), zakiriwe kandi n’ubuyobozi bukuru bw’Ikigo cy’ u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye.

    Gahunda y’uru ruzinduko izibanda ku kungurana ibitekerezo no gusangira ubumenyi hagati y’izi nzego, cyane cyane ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda binyuze mu Kigo cyita ku masomo ajyanye no gukumira amakimbirane. (Center for Conflict Management). Ibiganiro bizibanda ku buryo bwo guteza imbere amasomo ajyanye n’amahoro n’ubwiyunge.

    Hateganyijwe kandi n’biganiro byo ku rwego rwa tekiniki bizagaruka ku buryo bw’imyigishirize, itegurwa rya gahunda z’amasomo, ndetse no gushyiraho ubufatanye bukomeye mu rwego rw’uburezi.

    Ibi bigamije gufasha mu kubaka ibihugu byanyuze mu makimbirane, binyuze mu kongerera imbaraga inzego z’uburezi n’iterambere rirambye.

    Uru ruzinduko rugaragaza ubufatanye bukomeje gukura hagati y’u Rwanda na Somalia, by’umwihariko mu bijyanye no kubaka amahoro, ubwiyunge, no guteza imbere inzego za leta n’uburezi.

    U Rwanda na Somalia bisanzwe bifitanye umubano ishingiye ku masezerano atandukanye y’ubufatanye harimo ayo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, kurwanya iterabwoba n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro no kurwanya icuruzwa ry’abantu.

    Ibi bihugu kandi byifatanya mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ikwirakwizwa ry’intwaro nto rinyuranyije n’amategeko, guhanahana amakuru no gusangira ubunararibonye hagati ya Polisi no guteza imbere amahugurwa no kubaka ubushobozi.

  • Icyicaro gikuru cy’umuryango w’ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Nil kigiye kwimurirwa mu Rwanda

    Icyicaro gikuru cy’umuryango w’ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Nil kigiye kwimurirwa mu Rwanda

    Inama ya y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena, yameje ivugurura ry’amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bisangiye uruzi rwa Nil, ahesha uwo muryango uburenganzira bwo kugira icyicaro mu Rwanda.

    Ibihugu 11 nibyo bihuriye ku ruzi rwa Nil, harimo u Rwanda, u Burundi, Repubulika ya Demokarasi ya Congo(DRC)Egypte, Eritrea, Ethiopia, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo, Tanzania ndetse na Uganda.

    Muri iki gihe, icyicaro gikuru cy’uwo muryango, giherereye ahitwa Entebbe muri Uganda, ariko ukagira n’izindi nzego ebyiri z’ingenzi zikora ku rwego rw’uturere twihariye, ari zo; ‘Nile Equatorial Lakes Subsidiary Action Program (NELSAP-CU)’ ifite icyicaro cyayo gikuru i Kigali mu Rwanda, ndetse na ‘Eastern Nile Technical Regional Office (ENTRO)’, ifite icyicaro cyayo gikuru i Addis Ababa muri Etiyopiya.

    Umuryango uhuza ibihugu bisangiye uruzi rwa Nil, washinzwe mu mwaka wa 1999,ibikorwa byawo by’ingenzi bikaba byibanda ku nshingano eshatu z’ibanze ari zo, guteza imbere ubufatanye mu bihugu bihuriye ku ruzi rwa Nil, gutanga urubuga ku rwego rw’Akarere rutagira aho rubogamiye, rufasha ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Nil, kubaka icyizere hagati yabyo ndetse no gusangira amakuru n’ibipimo bijyanye n’umutungo w’amazi, no kuganira no kumvikana ku ngamba na politiki zo gucunga amazi bisangiye.

    Ikindi ugucunga umutungo w’amazi neza, bijyana no gukoresha uburyo bwo guteganya no kumenyesha hakiri kare ibijyanye n’ibiza biterwa n’amazi, nko gushyiraho ‘System’ imenyekanisha hakiri kare ko hari amapfa mu kibaya cya Nili (Nile Basin Drought Early Warning System) cyangwa se niba hari imyuzure igiye kubaho (Flash Flood Early Warning System), hagamijwe gufasha abaturage n’inzego zibishinzwe kwitegura no kugabanya cyangwa gukumira ingaruka z’ibyo biza.

  • U Rwanda rugiye kubaka uruganda rushya rw’isukari muri Nyagatare

    U Rwanda rugiye kubaka uruganda rushya rw’isukari muri Nyagatare

    U Rwanda ruri kuvugana n’abashoramari bo muri Kenya, kugira ngo bazane uruganda rwabo rukora isukari mu gihugu, kuko hakiri icyuho cy’umusaruro w’imbere mu gihugu.

    Nzoia Suar, uruganda rucungwa na RAI, ari na we mushoramari u Rwanda rushaka ko aza mu Rwanda

    Minisitiri Prudence Sebahizi yabivugiye mu kiganiro yatangiye mu Nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, aho yavugaga politiki ya Leta y’inganda y’imyaka icumi 2024-2034.

    Sebahizi yavuze ko uruganda rw’isukari rwa Kabuye, rudashoboye guhaza isoko ryo mu gihugu, kuko inganda zikenera isukari zigenda ziyongera, ndetse n’abayikoresha mu ngo bakaba bagenda biyongera.

    Kabuye ubu ngo iri gutanga munsi y’icumi ku ijana byisukari igihugu gikeneye.

    Minisitiri Sebahizi agira ati “ikibazo si ukugabanuka kw’iyo uruganda rutanga, ahubwo ikibazo nuko umusaruro rutanga utigeze wiyongera, kandi abakenera isukari bo bakiyongera.”

    Kuri ibi rero, Sebahizi yavuze ko bakeneye inganda byibuze ebyiri cyangwa eshatu nshya, kugira ngo baze bunganire urwa Kabuye.

    Yagize ati “Turimo turavugana n’abandi bashoramari, baza tukabaha imirima bahingamo ibisheke, maze bagatanga isukari isoko ryacu rikeneye. Muri iyi minsi, turimo kuvugana n’uruganda rw’Isukari rwo muri Kenya rwitwa RAI kugira ngo ruzaze kubaka uruganda mu Rwanda.”

    Uru ruganda, ngo rwasabye hegitari ibihumbi cumi na kimwe byo kubakaho no guhingaho ibisheke bizakoreshwa mu ruganda, kandi ngo zabonetse mu Mutara.

    Sebahizi yagize ati “Ni uruganda rufite ikoranabuhanga dukeneye. Uretse isukari, ruzaduha n’ingufu z’amashanyarazi, green energy biturutse mu mirimo yarwo. Ikindi, ruzaduha na Ethanol ikenerwa mu gukora inzoga.”

    Aha, ku kamaro k’uruganda, no kuba rushobora kuzaba ruhenze, Sebahizi yasubizaga depite Tumushime wagaragaje impungenge ko ubutaka buzaba bucye, kandi bukenewe n’ibindi bihingwa.

    Sebahizi yavuze ko harimo inyungu nyinshi kurusha ibibazo. Uru ruganda icyakora, ngo ntiruzaboneka mbere y’imyaka ine.

    Sebahizi, yavuze ko isukari ari igicuruzwa gihenze cyane, aho yavuze ko nyuma y’ibikomoka kuri Peteroli, igicuruzwa gitumizwa hanze gitwara menshi ari isukari.

    Mu mwaka wa 2025, u Rwanda rwatumije hanze toni 195,610 z’isukari, zifite agaciro ka miliyoni 145 z’amadolari ya Amerika (Miliyari 212 Frw uyu munsi).

    Mu mwaka wa 2024, igihugu cyari cyatumije hanze toni 308,000 z’isukari, zifite agaciro ka miliyoni 238 z’amadolari (hafi miliyari 348 Frw). Isukari yari iya gatatu mu bicuruzwa byatumijwe hanze bifite agaciro kanini nyuma ya lisansi na rizikori.

  • Le Disc Golf s’installe au Rwanda : un sport qui unit nature, éducation et jeunesse

    Le Disc Golf s’installe au Rwanda : un sport qui unit nature, éducation et jeunesse

    Le Rwanda continue de diversifier ses activités sportives tout en renforçant son engagement en faveur de la protection de l’environnement. C’est dans cette dynamique que le disc golf, une discipline déjà populaire dans plusieurs régions du monde, fait officiellement son entrée dans le pays grâce à un partenariat entre le Parc de Nyandungu et la Fondation Paul McBeth.

    Situé au cœur de Kigali, le Parc de Nyandungu est reconnu pour son rôle dans la restauration des écosystèmes et la conservation de la biodiversité. Selon Kambogo Ildephonse, gestionnaire du parc, ce cadre naturel représente l’endroit idéal pour accueillir ce sport.

    Kambogo Ildephonse, gestionnaire du parc Nyandungu

    « Le disc golf est un jeu qui se pratique dans des espaces protégés. Nous avons estimé que Nyandungu était le lieu le plus approprié parce que notre mission est justement liée à la protection de l’environnement », explique-t-il.

    Contrairement à d’autres disciplines qui nécessitent des infrastructures lourdes, le disc golf s’intègre naturellement dans les paysages existants. Les joueurs évoluent à travers les arbres, les sentiers et les espaces verts sans modifier l’environnement. Au contraire, les éléments naturels deviennent une partie intégrante du parcours.

    Le principe du jeu est simple. Chaque participant reçoit un disque qu’il doit lancer vers des paniers métalliques installés à différents endroits du parcours. L’objectif consiste à atteindre chaque panier avec le moins de lancers possible. Cette apparente simplicité cache cependant un véritable défi mental.

    « Les joueurs doivent réfléchir à la trajectoire du disque, analyser les obstacles et trouver la meilleure stratégie pour atteindre leur cible. C’est un sport qui stimule la concentration et développe les capacités de réflexion », souligne Kambogo.

    Au-delà de son aspect sportif, le disc golf se distingue surtout par sa philosophie environnementale. Israel Mwanguzi, coordinateur de l’Association Professionnelle de Disc Golf pour l’Afrique de l’Est et représentant de la Fondation Paul McBeth, insiste sur cette particularité.

    « Nous travaillons en harmonie avec la nature. Le respect des arbres, de la biodiversité et de tous les organismes vivants fait partie des principes fondamentaux de notre discipline. Nous voulons que les joueurs apprennent à coexister avec leur environnement », affirme-t-il.

    Pour les promoteurs du projet, la protection de l’environnement n’est pas seulement un objectif secondaire, mais une valeur essentielle intégrée dans les règles du jeu. Chaque parcours est conçu de manière à préserver les écosystèmes tout en offrant une expérience sportive enrichissante.

    La jeunesse occupe également une place centrale dans cette initiative. Les responsables du programme considèrent les enfants comme les futurs ambassadeurs du sport et de la conservation de la nature.

    « Les grands joueurs de demain sont les enfants d’aujourd’hui. Il est important d’identifier et de développer les talents dès le plus jeune âge afin de leur offrir des perspectives d’avenir », explique Mwanguzi.

    Israel Mwanguzi, coordinateur de l’Association. Professionnelle de Disc Golf pour

    Selon lui, les bénéfices du disc golf dépassent largement le cadre de l’activité physique. Cette discipline contribue au développement de l’esprit critique, de la confiance en soi, de la capacité de prise de décision et du sens des responsabilités.

    L’introduction du disc golf au Rwanda marque ainsi une étape importante dans la promotion d’un sport durable, accessible et respectueux de l’environnement. À travers cette initiative, le Parc de Nyandungu et la Fondation Paul McBeth démontrent qu’il est possible d’allier activité sportive, éducation environnementale et développement de la jeunesse.

    Dans un contexte mondial où la protection de la nature devient une priorité, le disc golf apparaît comme un exemple concret d’une pratique sportive capable de contribuer à un avenir plus durable tout en inspirant les généra

    By: Florence Uwamaliya

  • Rwanda marks World Environment Day as REMA celebrates 20 years of Environmental Stewardship

    Rwanda marks World Environment Day as REMA celebrates 20 years of Environmental Stewardship

    Protecting the environment and advancing development are not competing priorities; they must move together if Rwanda is to achieve sustainable and resilient growth,” Minister of Environment Dr. Arakwiye Bernadette said as Rwanda celebrated World Environment Day 2026 and the 20th anniversary of the Rwanda Environment Management Authority (REMA).

    The celebrations, held at the rehabilitated Gikondo Wetland in Kigali, brought together government officials, development partners, environmental experts, academics, private sector representatives, youth, and local communities under the theme “A Global Call for Climate Action.”

    Addressing participants, Dr. Arakwiye highlighted Rwanda’s environmental achievements and reaffirmed the country’s commitment to climate action, ecosystem restoration, and sustainable development. She noted that environmental protection remains at the heart of Rwanda’s development agenda and emphasized the need for stronger collaboration to address the growing impacts of climate change.

    The Minister pointed to several milestones achieved in recent years, including the Green Gicumbi and Green Amayaga projects, which have restored degraded landscapes, created green jobs, strengthened climate resilience, and improved livelihoods for thousands of households.

    She also highlighted the recent launch of Rwanda’s first Automatic Upper Air Station in Huye District, describing it as a major step toward improving climate forecasting and supporting evidence-based decisions. According to her, reliable climate data is essential for helping countries make informed investments and reduce losses associated with climate-related disasters.

    Dr. Arakwiye outlined three key priorities guiding Rwanda’s environmental sector: sustainable landscape management, climate-smart agriculture, and sustainable urban development. She stressed that as Rwanda continues to urbanize, economic growth must be accompanied by cleaner air, sustainable transport systems, responsible waste management, and environmentally friendly industrial development.

    While reflecting on the importance of environmental governance, she praised REMA for its contribution over the past two decades in ensuring environmental compliance, promoting awareness, and supporting the implementation of environmental policies and regulations.

    Providing a historical perspective on the institution’s journey, REMA Director General Juliet Kabera explained that the idea of establishing REMA originated from Rwanda’s Environmental Policy adopted in 2003. She noted that despite the numerous reconstruction challenges facing the country at the time, Rwanda’s leadership understood that sustainable development could not be achieved without healthy ecosystems.

    Kabera recalled that REMA was officially established in 2006 and immediately began laying the foundation for environmental management through initiatives such as wetland mapping, environmental impact assessments, and the development of environmental regulations.

    Among the landmark achievements she highlighted was Rwanda’s ban on plastic bags in 2008, a policy that has since become internationally recognized as a model for environmental protection. She also pointed to the development of the Green Growth and Climate Resilience Strategy and the restoration of degraded ecosystems such as Gishwati-Mukura, which has since become a national park and UNESCO Biosphere Reserve.

    The celebration also recognized the role of young people in environmental conservation. University students who demonstrated exceptional leadership through environmental awareness campaigns and innovative sustainability initiatives received awards in recognition of their contribution to protecting the environment.

    Award recipients expressed gratitude for the recognition and pledged to continue mobilizing fellow youth to actively participate in climate action and environmental stewardship.

    Participants also commended the strong collaboration between government institutions, private sector actors, civil society organizations, development partners, and local communities, noting that such partnerships have been instrumental in achieving Rwanda’s environmental progress over the past two decades.

    As REMA marks 20 years of service, stakeholders emphasized that the journey toward environmental sustainability is far from over. They called for increased climate finance, stronger partnerships, and accelerated action to address the challenges posed by climate change.

    The celebration concluded with a renewed commitment to ensuring that environmental protection remains a cornerstone of Rwanda’s development ambitions, while empowering future generations to continue building a greener and more resilient nation.

    The rehabilitated Gikondo Wetland in Kigali Capital City

    By: Florence Uwamaliya 

  • Miliyari 600 zose ! Igihombo u Rwanda watewe n’inkangu n’imyuzure

    Miliyari 600 zose ! Igihombo u Rwanda watewe n’inkangu n’imyuzure

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), kirahamagarira abaturarwanda kugira uruhare n’ijambo mu bikorwa byo gukumira no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

    Ku gihugu nk’u Rwanda kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije ni umwanya mwiza wo gukomeza kubakira ku byagezweho mu kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hagamijwe guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije (Green Economy).

    Ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe cyugarije Isi muri rusange, ku buryo n’u Rwanda nk’Igihugu rugerwaho n’ingaruka, kuko nko mu 2023, imyuzure n’inkangu byatwaye ubuzima bw’abantu 131, binatera igihombo cya Miliyari 609Frw.

    Aha niho Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, ahera avuga ko gukumira no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe ari uruhare rwa buri wese.

    Abigarukaho kuri uyu munsi mpuzamahanga wahariwe ibidukikije, Kabera yagize ati “Ibi biratwereka ko buri Muturarwanda wese mu nzego zitandukanye, agomba kugira uruhare n’ijambo mu bikorwa byo gukumira no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, kubera ko ibikorwa bya muntu ni byo bituma imihindagurikire y’ibihe ikomeza kwiyongera bikabije.”

    Yungamo ati “Turasaba inzego zose zaba iza Leta, iz’abikorera, imiryango itari iya Leta, abacuruzi, urubyiruko n’Abanyarwanda muri rusange, guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi muri iki gihe. Turahamagarira buri Munyarwanda kurushaho kubungabunga ibidukikije aho dukorera n’aho dutuye, kwirinda no kurwanya ihumana riterwa na pulasitike no gukoresha ibikoresho bitangiza ibidukikije.”

    Abaturarwanda baranasabwa kubungabunga ibishanga, inkombe z’imigezi, n’ibiyaga, no kwirinda kubikoresha nabi. Gutera ibiti no kubungabunga amashyamba, gucunga neza imyanda no kwimakaza isuku.

    Abikorera n’abafatanyabikorwa mu iterambere barahamagarirwa gukomeza gushora imari mu bikorwa birengera ibidukikije, basana urusobe rw’ibinyabuzima, hanatezwa imbere ubukungu burambye.

    Umunsi mpuzamahanga wahariwe ibidukikije w’uyu mwaka (2026), urimo kwizihizwa ku nsanganyamatsiko igira iti “Dufatanye guhangana n’imihindagurikire y’ibihe”. Aho abaturarwanda basabwa kumva ko hakenewe ibikorwa byihuse kandi bihuje imbaraga mu guhangana n’ibibazo biterwa n’imihindagurikire y’ibihe.

    U Rwanda rukomeje gushyira imbere kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe binyuze muri gahunda zitandukanye.

    Mu 2020 rwabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyashyikirije Umuryango w’Abibumbye ingamba zijyanye no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hagamijwe kugabanya imyuka ihumanya ikirere (NDC 3.0).

    Ni ingamba zagombaga kugeza mu 2030, zari zitezweho guhindura imikorere isanzwe mu byiciro bitandukanye birimo ubuhinzi, gucukura amabuye y’agaciro, gucunga imyanda, amazi n’ibindi, ku buryo imyuka ihumanya ikirere izagabanukaho 38%, igasigara kuri 16%.

    Muri izo ngamba, u Rwanda ruteganya ko mu 2030, ruzaba rugeze ku kigereranyo cya 20% by’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, moto zikaba ari 30% naho imodoka z’abantu ku giti cyabo zikazaba ari 8%.

    Kuva mu 2020 ubwo mu Rwanda hatangiraga kwinjira cyane imodoka zikoresha amashanyarazi, kugeza mu mpera za 2024, mu Rwanda habarurwaga izirenga 7000, ubariyemo izikoresha amashanyarazi yonyine n’iziyakoresha hamwe na lisansi (Hybrid).

    Iyi gahunda yagombaga gutwara Miliyari 11 z’Amadolari harimo Miliyari 5.3 azakoreshwa mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’iyangirika ry’ikirere zamaze kubaho, n’andi Miliyari 5.7 azakoreshwa mu gushyiraho ingamba zishobora gukumira iyangirika ry’ikirere. U Rwanda rwabashije kubona Miliyari 4.5 z’Amadolari yo gukoresha muri ibyo bikorwa, muri NDC irangiye ya 2020-2025.

    Mu Kwakira 2025, u Rwanda rwatangije ku mugaragaro gahunda y’Igihugu yo Kubungabunga urusobe rw’Ibinyabuzima (National Biodiversity Strategy and Action Plan) ya 2025-2030, hagamijwe iterambere rirambye.

    Mugihe k’imvura nyinshi inkangu n’imyuzure byibasira ibikorwa by’abaturage
  • Twifuza ko Amerika iba umuhuza utabogamye – Amb Nduhungirehe

    Twifuza ko Amerika iba umuhuza utabogamye – Amb Nduhungirehe

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rushima Amerika ku ruhare rwayo mu gushaka  ko akarere kagira amahoro arambye ariko rwifuza ko yaba umuhuza mu biganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  utagira ruhande abogamiyeho.

    Ibi yabigarutseho  ubwo ku mugoroba wo kuwa 4 Kamena 2026, yifatanyaga na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 ishize Amerika ibonye ubwigenge.

    Iyi sabukuru y’ubwigenge bwa Amerika yizihijwe mu gihe Amerika n’u Rwanda byizihiza isabukuru y’imyaka 64 bimaze bigiranye  ubufatanye.

    https://googleads.g.doubleclick.net/pagead/ads?client=ca-pub-7378890677867071&output=html&h=280&slotname=4270116443&adk=3895107024&adf=4291863038&pi=t.ma~as.4270116443&w=796&fwrn=4&fwrnh=0&lmt=1780665791&rafmt=1&armr=3&format=796×280&url=https%3A%2F%2Fumuseke.rw%2Ftwifuza-ko-amerika-iba-umuhuza-utabogamye-amb-nduhungirehe%2F&host=ca-host-pub-2644536267352236&fwr=0&rpe=1&resp_fmts=3&asro=0&aiactd=0&aicctd=0&ailctd=0&aimartd=4&aieuf=1&aicrs=1&uach=WyJXaW5kb3dzIiwiMTUuMC4wIiwieDg2IiwiIiwiMTQ4LjAuNzc3OC4xNjgiLG51bGwsMCxudWxsLCI2NCIsW1siQ2hyb21pdW0iLCIxNDguMC43Nzc4LjE2OCJdLFsiR29vZ2xlIENocm9tZSIsIjE0OC4wLjc3NzguMTY4Il0sWyJOb3QvQSlCcmFuZCIsIjk5LjAuMC4wIl1dLDBd&abgtt=7&dt=1780666497946&bpp=55&bdt=139&idt=55&shv=r20260604&mjsv=m202606010101&ptt=9&saldr=aa&abxe=1&cookie=ID%3Dba5965f619db24d2%3AT%3D1780666304%3ART%3D1780666304%3AS%3DALNI_MaZi_9hJhPN2sQIMnrpAUAXKRERbw&gpic=UID%3D00001426ce55f4ab%3AT%3D1780666304%3ART%3D1780666304%3AS%3DALNI_MY9JudsaTWK9r0RT6rZX-sc7xfKEA&eo_id_str=ID%3Df05c817c94de22f5%3AT%3D1780666304%3ART%3D1780666304%3AS%3DAA-AfjaeG1SFTZs1SHX_tcLjQtv2&prev_fmts=0x0%2C796x280&nras=1&correlator=5373536001997&frm=20&pv=1&rplot=4&u_tz=180&u_his=5&u_h=720&u_w=1280&u_ah=672&u_aw=1280&u_cd=32&u_sd=1.5&dmc=8&adx=20&ady=1735&biw=1265&bih=551&scr_x=0&scr_y=0&eid=95390667%2C95390788%2C31098929%2C95393138&oid=2&pvsid=1667827673919311&tmod=1505956445&uas=1&nvt=6&ref=https%3A%2F%2Fumuseke.rw%2F&fc=1920&brdim=0%2C0%2C0%2C0%2C1280%2C0%2C1280%2C672%2C1280%2C551&vis=1&rsz=%7C%7CEebr%7C&abl=CS&pfx=0&fu=128&bc=31&bz=1&pgls=CAEaBTYuOS40~CAEQBBoHMS4xNzkuMA..~CAEQBRoFNC4xLjA.&ifi=3&uci=a!3&btvi=2&fsb=1&dtd=68

    Minisitiri Amb Nduhungirehe  avuga ko muri iyo myaka irenga 60 ishize u Rwanda na Amerika bifatanya  byatanze umusaruro.

    Ati “ Ubufatanye bw’u Rwanda na Amerika, ni ubufatanye bwatanze umusaruro mu bintu bitandukanye nk’ibijyanye n’Ubuzima, ishoramari, ubucuruzi, guhanga udushya ,umutekano n’ibindi ku buryo dufatanya mu guteza imbere imibereho y’abaturage b’u Rwanda kandi tukaba tubyishimiye.”

    Am Nduhungirehe avuga ko Amerika ari umufatanyabikorwa mwiza w’ u Rwanda  kuko  ari urwa gatandatu mu kohereza amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tungsten.

    Mu Ukwakira umwaka ushize, bwa mbere u Rwanda rwohereje ku isoko rya Amerika amabuye y’agaciro ya Tungsten biciye mu masezerano y’ubufatanye mu by’amabuye y’agaciro ibihugu byombi byagiranye.

    Yongeraho ko Amerika ari n’umuhuza mu biganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bifuza ko aba umuhuza udafata uruhande.

    Ati “ Twizera yuko Amerika yadufasha ngo tugarure amahoro arambye mu karere, ikadufasha mu buhuza, ihuza impande zombi ku buryo butabogamye ari byo bizatugeza ku mahoro arambye mu karere.”

    Kuva muri Kamena 2025 hasinywa amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC muri Amerika na nyuma ku wa 4 Ukuboza 2025, RDC yakomeje kurenga ku byo impande zombi zari zemeranyijeho.

    U Rwanda rwo rwavuze kenshi ko rwiteguye kuyubahiriza, ndetse rugakuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho, mu gihe RDC izaba yaranduye burundu FDLR.

    Amerika yagiye ishinja  u Rwanda ndetse yanafatiye ibihano igisirikare cyarwo ,  RDF na bamwe mu basirikare bakuru , ibashinja gufasha AFC/M23 .

    Abafatiwe ibihano barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga; Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Gen Maj Vincent Nyakarundi, Umuyobozi w’Umutwe udasanzwe mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Stanislas Gashugi n’Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatanu y’Ingabo z’u Rwanda, Gen Maj Ruki Karusisi ndetse na RDF nk’urwego.

    Ni ibihano byo mu rwego rw’ubukungu, aho ababifatiwe baba badafite uburenganzira ku mitungo yabo iri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyangwa se igenzurwa n’umuntu uri muri Amerika, kuko ihita ifatirwa ikajya mu maboko y’Ibiro bya Amerika bishinzwe kugenzura umutungo wo mu mahanga, OFAC (Office of Foreign Assets Control).

    Gusa u Rwanda rwishimira umubano hagati y’ibihugu kuko bifatanya mu bintu bitandukanye haba mu bukungu, umutekano, ubuzima, uburezi n’iterambere, umaze imyaka myinshi kandi ugenda uhinduka bitewe n’inyungu z’impande zombi.

    Mu ukuboza umwaka ushize, u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu rwego rw’ubuzima, afite agaciro ka miliyoni 228$ [miliyari 330 Frw], akubiyemo intego yo gushyigikira urwego rw’ubuzima mu Rwanda.

    Usibye u rwego rw’ubuzima, u Rwanda rwagiranye amasezerano y’ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bijyanye n’ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri (Nuclear) mu buryo bwa gisivili.

    Aya masezerano azwi nka Nuclear Cooperation Memorandum of Understanding (NCMOU) yasinywe ku ya 19 Gicurasi 2026 i Kigali.

    Aya masezerano  arimo ingingo zishingiye ku gutanga ubumenyi ku banyeshuri b’Abanyarwanda bajya kwiga muri Amerika mu bijyanye n’ingufu za Nikeleyeri, (nucléaire), gutera inkunga ibikorwa bijyanye n’imishinga ya Nileleyeri ( nucléaire)  n’izindi ngingo.

    ibihugu byombi byagiye bigirana amasezerano
    Byari ibiroro byahujwe no kwishimira ubufatanye bw’u Rwanda na Amerika
    Amerika n’u Rwanda biheruka gusinyana amasezerano mu bijyanye na Nikeleyeri