AmakuruHEALTHNewsPoliticsPolitikiUbuzimaUncategorized

OMS yatanze umuburo ku bwiyongere bw’abanduye hantavirus

Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagaragaje ko bashobora gukomeza kubona abantu banduye hantavirus nyuma y’uko hamaze kuboneka abantu 11 bayanduye.

Ibi yabitangaje ku wa 12 Gicurasi 2026 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Madrid muri Espagne, avuga ko ukurikije uko iyi virusi imeze bishoboka ko abantu bakomeza kuyandura.

Ati “Kugeza ubu nta kimenyetso cy’uko turi kubona icyorezo gishya gikomeye ariko ibintu bishobora guhinduka, ukurikije uko icyorezo kimeze birashoboka ko haboneka ubundi bwandu mu byumweru biri imbere.”

Hantavirus ni indwara iterwa na virusi zikunze kuba mu ngugunnyi/inkegesi (rodents) cyane cyane imbeba.

Abantu bashobora kuyandura binyuze mu guhumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa, cyangwa amacandwe y’izo ngugunnyi/inkegesi.

Bayandura kandi binyuze mu gukora ahantu handuye umuntu akikora ku munwa, ku izuru, cyangwa mu maso, kurya cyangwa kunywa ibiribwa n’amazi byanduye.

Iyi virusi yatangiye kugarukwaho cyane ubwo abantu 150 bari mu bwato bwa M/V Hondius bari mu butembere bavuye muri Argentine muri Werurwe 2026 ariko bamwe batangira kugenda bapfa, biza gutahurwa ko ari Hantavirus iri kubahitana.

Ubwo bwato bwahise busa n’ubugiye mu kato kuko bwaheze mu nyanja hafi y’Ibirwa bya Canary kuko ibihugu bitandukanye byanze kubwakira, byanga ko ababurimo bashobora kuba bafite iyi ndwara bakaba bayanduza abandi.

Icyakora Espagne yaje kubwemerera guhagarara ku kirwa cya Tenerife, ibindi bihugu bitangira gukurikiranira hafi abaturage babyo ndetse no kubacyura.

Ku rundi ruhande ariko OMS yagaragaje ko nubwo iki cyorezo kitoroshye kitazakwirakwira nka Covid 19.

Loading