Mme wa Perezida wa Benin yasuye Isange One Stop Center

Iki gikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2016, cyari kigamije kumusangiza imikorere ya Isange One Stop Centre ndetse n’akamaro kayo, nk’uko Dr A.C.P Nyamwasa Daniel uyobora iki kigo yabitangaje.

Yagize ati “Nk’uko mubizi Isange One Stop Center ni ikigo cyakira abana n’abagore bakorewe ihohoterwa, bagafashwa kuvurwa, bakagirwa inama, bagahabwa ubutabera, bakanafashwa gusubira mu buzima busanzwe byose bikorwa ku buntu.

Ibi ni byo twasangije uyu muyobozi, tumwereka n’ibyo bamwe mu bahuye n’ihohoterwa bamaze kugeraho , babikesha ubufasha bwa Madame Jeannette Kagame.

Nyuma y’uru ruzinduko Madame Claudine Talon yakomereje urugendo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali aho yagiye kunamira imibiri isaga ibihumbi 250,000 ihashyinguye.

JPEG - 330.9 kb
Madame Jeanette Kagame amuha ikaze muri Isange One stop centre iherereye Kacyiru
JPEG - 415.9 kb
Madame Claudina Talon aramutsa abayobozi ba Isange One stop Centre
JPEG - 255.4 kb
ACP Daniel Nyamwasa Umuyobozi wa Isange One Stop Centre asobanurira uyu muyobozi ibikorwa bya yo
JPEG - 251.2 kb
Bamusangije uburyo Isange One Stop Centre ifasha abahohotewe bakabasha gusubira mu buzima busanzwe
JPEG - 360.6 kb
Bimwe mu bikorwa abahohotewe babashije gukora babikesha ubufasha bwa Madame Jeannette Kagame
JPEG - 306.3 kb
Hatanzwe ubuhamya bw’abahawe serivisi na Isange One stop Centre
JPEG - 293.1 kb
Madame Claudine Talon Yasinye mu gitabo cy’abashyitsi
JPEG - 243.7 kb
ACP Daniel Nyamwasa yavuze ko uyu muyobozi yaje kwigira kuri Isange One Stop centre kugirango azabisangize abo mu gihugu cye

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *