Miss Africa irushanwa rya mbere rigiye kubera mu Rwanda

Irushanwa ry’ ubwiza rya Miss Africa rigiye kubera ku Rwanda ku nshuro yaryo ya mbere. Biteganyijwe ko rizitabirwa n’ibihugu bisaga 30 byo ku mugabane w’Afurika.

Ni irushanwa ryateguwe na Kompanyi ya ‘Mind Africa’ isanzwe itegura ibitaramo binyuranye.

Iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’abakobwa b’ubwiza bo mu bihugu bitandukanye ngo rizajya ribera mu Rwanda buri mwaka nk’uko abaritegura babitangarije Umuseke.

Mukubu Jordan umwe mu baritegura avuga ko ubu bamaze kwandikira ibihugu bigera kuri 40 byo muri Afurika ariko bo ngo bakaba bifuza 30 gusa.

Abakobwa bazitabira iri rushanwa bazagera i Kigali mbere y’italiki ya 14 Ukuboza kuko ‘Boot Camp’ izatangira taliki ya 15 isozwe kuri 20 Ukuboza naho kuri 21 Ukuboza 2018 irushanwa risozwe hatorwa Miss Africa.

Hazatorwa Miss n’ibisonga bye bibiri. Uzegukana iryo Kamba azahabwa $5000 n’ ibindi bihembo.

Abo ba Miss bose bazitabira irushanwa kandi ngo aho kuba ndetse n’itike y’ indege izabazana mu Rwanda byose bazabibakorera bo icyo basabwa ni ukuzana ibyangombwa byabo gusa.

Mu bihugu 30 bizitabira 24 bifite abakobwa bari guhatana muri Miss World mu bushinwa, ngo bamwe bazarivamo bahita bakomereza i Kigali muri Miss Africa 2018.

Gutora Miss Afica bizabera muri Kigali Convention Centre kandi ngo nta gihindutse ni naho na Boot Camp yabera.

Jordan Mukubu uyobora Mind Africa yateguye iri rushanwa

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *