Kunshuro yayo ya gatanu Kaminuza ya UTB yahaye abagera kuri 917 impamyabumenyi

Kuva mu mwaka wa 2006 nibwo Kaminuza yigisha ibijyanye n’Amahoteri , Ubukerarugendo ,Ikoranabuhanga ndetse n'Ubucuruzi (University of Tourism Technology an Business Studies (UTB)  yabonye izuba ,kur'ubu imaze guter'intambwe ishimishije,ibi bikaba bigaragarira ahanini kumibare y'Abanyeshuri bayigana kuko ubu ibarirwamo abagera kuri 4800 biga mu mashami atandukanye,aho amasomo bahabwa  bayakurikiranira kucy'icaro cy'iyi Kaminuza kiri m'Umujyi wa Kigali ndetse no mu Intara y'Uburengerazuba,Akarere ka Rubavu.Iyi Kaminuza kandi izwiho gutanga uburezi bufite ireme,aho abayirangijemo babasha guhangana ku'isoko ry'umurimo bakegukana intsinzi.

Kuri uyu wa kane Tariki 09 Werurwe 2016  ku inshuro yayo ya gatanu yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri bagera kuri  917 bagiye bakurikirana amasomo   mu mashami atandukanye atangirwa  muri iyi kaminuza.

Mu mpanuro zahawe abanyeshuli  barangije muri iyi kaminuza harimo gushishikarizwa gutinyuka bakabyaza umusaruro ubumenyi bahawe nkuko byagiye bigarukwaho n'Abayobozi mu myanya itandukanye muri kaminuza ya UTB. Byumwihariko  Umuyobozi  mukuru wa Kaminuza Bwana  Callixte KABERA yagize  ati:''Abanyeshuri basoje amasomo yabo bose  bakwiye kwigirira icyizere aribyo bizabatera imbaraga zo gutangira kubyaz'umusaruro ibijyanye n'ubumenyi bakuye muri kaminuza yabo cyane ko byinshi mu bumenyi bahakuye bibahesha amahirwe menshi azabafasha guhindura ubuzima kuko kobona imirimo bitazabagora”.

Abayobozi bakuru mur'iyi kaminuza  mu nama batanga butsa  aba banyeshuri ko bagomba  kurangwa no guhora bazirikana indangagaciro za Kaminuza barangijemo aho serivisi nziza,zizewe kandi zinoze, aribyo bigomba kuba umuco kandi akaba aribyo bizatuma bahora bifuzwa na benshi babikesha ubumenyi mubyo bize,ibi bikaba byarashimangiwe na Madame Zulfat MUKARUBEGA

Bwana Kabera Callixte umuyobozi mukuru wa UTB

 Madamu Zulfat Mukarubega

Madame Joyce NIYONSABA (iburyo)

Umunyeshuli warangije mu'ishami ry'ubukerarugendo(Tourism) Madame Joyce NIYONSABA  yadutangarije ko  nyuma y'urugendo rutoroshye rusaba imbaraga n'ibindi byinshi, byiyongeraho n'inshingano z'Umugore mu muryango,atewe ishema n'ibyishimo bidasanzwe no kuba arangije mur'iyi Kaminuza,aho  agiye gushyira mubikorwa ibyo yize nk'umunyeshuli wakurikiye amasomo ye neza ndetse akabasha kuyatsinda kurwego rushimishije n'amanota meza aza kumwanya wa Second Class Upper Division  bivuze ko yabonye Destinction.

Uyu munyeshuli kandi yafashe umwanya wo gushimira Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME wahaye ijambo Umugore, kuko aribyo birushaho kubongerera ubushobozi ,ndetse bagatinyuka bakafata inshingano zirimo no kwiga bakaminuza ,ibi bikaba bimwe munkingi y'iterambere n'ubukungu bw'u Rwanda.Ibyishimo Joyce NIYONSABA yagize yavuze ko  bije bikurikiranye n'umunsi w'Umugore ku'Isi ,aho yatanze ubutumwa buhamagarira bagenzi guhora baharanira kwigira no kwihesha agaciro byo nkingi y'Amajyambere arambye.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *