Abakozi b’Imiryango Mpuzamahanga yita ku’Impunzi mu Rwanda irashinjwa guzihohotera

Umuyobozi uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi mu Rwanda, Azam Saber, yamaganye ihohoterwa ryo gusambanya impunzi asaba abayobozi b’inkambi guharanira uburenganzira bw’impunzi, aho ku zisambanya

 

Yabisobanuye muri aya magambo aho yagize ati “Iki kintu gikwiye kwitonderwa kandi ni ingirakamaro, ni ibibazo byabajijwe impunzi. Buri gihe iyo hatanzwe amakuru nk’aya tugomba kubikurikirana duhereye mu mizi. Abantu bashinzwe gufasha impunzi ntibakabaye ari bo bazihohotera cyangwa ngo bakoreshe umwanya bafite ba zisambanya:”

Yongeyeho ko hafashwe ingamba kugira ngo abakiri bato batajya ahantu bashobora guhura n’ababakorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina, anasaba ko amategeko y’u Rwanda akwiye kugira uruhare mu guhana ababashora muri ibyo bikorwa.

Muri iyo raporo yasohotse kuruyu wa 7 Werurwe 2017, habajijwe abantu 1,989 barimo abagore bangana 56% na 44% b’abagabo.bemeza ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rihari rihari.

Nkuko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa, Xhinua biravuga ko abasaga 70%, bavuze ko mu nkambi babamo haba ihohoterwa rikabije rishingiye ku gitsina.

Iyo raporo yakozwe muri Mata 2016, yakorewe mu nkambi zose ziri mu Rwanda zirimo izicumbikiye impunzi z’abanye-Congo ndetse n’inkambi y’impunzi za Abarundi ziherereye mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe.

Iyi raporo mpuzamashyirahamwe yiga ku mibanire y’abagore n’abagabo mu nkambi, yagaragaje uko impunzi ziri mu Rwanda zibayeho, maze itunga agatoki imiryango nterankunga, abayobozi b’inkambi, n’imiryango ituranye n’aho zicumbitse kuba bamwe mu bazikorera ihohoterwa rishingiye ku gusambanya impunzi.

Aha niho umuyobozi uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi mu Rwanda, Azam Saber, yahereye yamagana ibyo bikorwa asaba abayobozi b’inkambi guharanira uburenganzira bw’impunzi.

JPEG - 68.1 kb
Umuyobozi uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi mu Rwanda, Azam Saber arikumwena Minisitiri Mukantabana ufite impunzi mu inshinganoze

Aho yagize ati”: Iki kintu gikwiye kwitonderwa kandi ni ingirakamaro, ni ibibazo byabajijwe impunzi. Buri gihe iyo hatanzwe amakuru nk’aya tugomba kubikurikirana duhereye mu mizi. Abantu bashinzwe gufasha impunzi ntibakabaye ari bo bazihohotera cyangwa ngo bakoreshe umwanya bafite babahohotere by’umwihariko abagore.”

PNG - 416.2 kb
Inkambi ya Kigeme iherereye mu karere ka Nyamagabe

Yakomeje avuga ko hafashwe ingamba kugira ngo abakiri bato batajya ahantu bashobora guhura n’ababakorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina, anasaba ko amategeko y’u Rwanda akwiye kugira uruhare mu guhana ababashora muri ibyo bikorwa.

JPEG - 33.8 kb
Inkambi ya Mahama ihereye mu karere ka Kirehe icumbikiye impunzi z’Abarundi

Naho Minisitiri Ushinzwe gucyura Impunzi no gukumira ibiza, Seraphine Mukantabana yavuze ko guverinoma yamagana ibikorwa bibi byose bishobora gukorerwa impunzi.

JPEG - 58.5 kb
Minisitiri Ushinzwe gucyura Impunzi no gukumira ibiza, Seraphine Mukantabana

U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga 125 000 ziri mu nkambi esheshatu mu gihugu hose, rukagira n’abandi basaga 32,00 baba mu mijyi, barimo abaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abahunze imvururu zo mu Burundi.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *