Kirehe: Havutse umwana ufite ibisa n’imitwe ibiri

Mu Karere ka Kirehe u ejo ku wa Gatatu tariki 22 Kamena,2016 umukobwa w’imyaka 18 yabyaye umwana w’umuhungu ufite imitwe ibiri nyuma y’iminota mike ahita yitaba Imana.

Umuyobozi w’ikigo Nderabuzima cya Rwantonde ,Bushishi Eusebe, yatangarije KigaliToday ko uwo mukobwa yagejejwe mu kigo nderabuzima, umuforomo amusuzumye asanga umwana atameze neza mu nda, mu gihe batumije Imbangukiragutabara (Ambulance) mu bitaro bya Kirehe, uwo mukobwa ahita abyara.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uwo mwana akimara kuvuka, hashize umwanya ahita apfa.

Ati “Yabyaye umwana ufite imitwe ibiri iteye ku gihimba kimwe, nyuma yo kumukorera amasuku ahita apfa. Ubu nyina aracyitabwaho n’abaganga.”


Ibi ngo si ubwa mbere bibaye muri aka karere kuko tariki 23 Gashyantare 2016, mu bitaro bya Kirehe havukiye na none umwana ufite imitwe ibiri na we aza kugwa mu bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) nyuma y’icyumweru ubwo yitabwagaho n’abaganga.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *