Digital: Uburyo bwatumye amajwi n’amashusho bisakara mu Rwanda kugera kuri 90% by’igihugu – RURA

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro RURA kiratangaza ko uburyo bwa Digital u Rwanda rwinjiyemo bwatumye aho amajwi n’amashusho bigera mu Rwanda hiyongera biva ku kigero kiri hagati ya 40 na 45% bigera ku kigero cya 90%. Kuri ubu umuyoboro wakorerashwaga na Television 1, ushobora gukoreshwa na Television zigera kuri 18.

Abaturage nabo bavuga ko uburyo bwa Digital bwatumye babasha kureba Televiziyo zitandukanye no gukurikirana ibibera hirya no hino kw’ isi.

RURA ivuga ko kugeza ubu aho amajwi n’amashusho bitaragera ahanini ari ukubera imiterere yaho nk’ahiganje cyane imisozi.

download

Kugeza ubu mu Karere u Rwanda rurimo ka Afurika y’ iburasirazuba, ibihugu bigize uyu muryango byamaze kuva mu buryo bwa Analogue bijya mu buryo bwa Digital, igihugu cy’u Burundi ni cyo gusa gisigaye kitaratangira iyi gahunda.

Jean Baptiste Mutabazi, ushinzwe itumanaho muri RURA, yavuze ko icyari kigenderewe u Rwanda rwinjira mu buryo bwa digital kwari ukugirango umuntu ushaka gukurikirana amakuru runaka atabura ubwo burenganzira bwe.

Yakomeje avuga ko ubu buryo bwa digital bwatumye ubu hashobora gushingwa televiziyo nyinshi kuko umurongo umwe gusa ushobora gukoreshwa na televiziyo 18 nk’uko iyi nkuru dukesha RBA ivuga.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *