Itsinda rya Urban Boys rigiye guhura n’abanyamakuru

Manzi James(Humble Jizzo)

Nyuma y’inkuru nyinshi zimaze iminsi zicicikana mu bitangazamakuru bikorera hano mu Rwanda zivuga ku itandukana ry’itsinda rikunzwe n’abatari bacye hano mu Rwanda “Urbano Boyz” bitewe n’ukutumvikana hagati y’abasore bagize iri tsinda aribo “Safi Madiba na Nizzo Kaboss” badakunda kuvuga rumwe kugeza naho Safi yerekeje i Kampala gukorerayo indirimbo ye na Meddy bigaragaza ko ashobora kuba yaripakuruye iritsinda. Nyuma yibyavuzwe byose rero Manzi James(Humble Jizzo) yatumiye abanyamakuru mu buryo bwo kubaha amakuru ahamye kandi yizewe.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yashyizeho itangazo ritumira abanyamakuru mu kiganiro mbwiraruhame bifuza gutangiramo amakuru yizewe y’aho iri tsinda rihagaze ndetse n’ejo hazaza haryo. Iki kiganiro kizaba Tariki ya 10 ugushyingo 2017 ku isaha ya saa cyenda z’umugoroba muri Olympic Hotel iherereye Kimironko mu karere ka Gasabo.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *