Inzobere zihangayikishijwe n’igabanywa ry’inkunga ya Amerika mu kurwanya SIDA

Inzobere mu bijyanye no kurwanya Virus itera Sida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zihangayikishijwe no kuba icyo gihugu kigiye kugabanya inkunga y’amadolari cyageneraga ibikorwa byo kurwanya icyo cyorezo.

Zivuga ko ibyo bizatuma ibikorwa byariho bigamije kurwanya icyorezo cya Sida bihagarara, bigatuma iyo ndwara irushaho kwiyongera hirya no hino ku Isi.

Visi perezida w’Umuryango utegamiye kuri Leta utera inkunga ibikorwa by’ubushakashatsi kuri Sida amfAR, Dr. Greg Millet, yavuze ko mu ntangiriro z’uyu mwaka Guverinoma ya Amerika yatangaje ko igiye kugabanya miliyoni 242 z’amadolari zingana na 6%, ku nkunga yageneraga ibikorwa by’ingoboka no kurwanya Sida mu ngengo y’imari yayo ya 2018.

Yagize ati “Ibi bizagira ingaruka zikomeye ku bantu bakuru basaga 253,000 n’abahabwaga imiti ya Sida 50,00, abasaga 40, 000 bashobora kubura ubuzima.

CNN dukesha iyi nkuru, yatangaje ko izo nzobere zihangayikishijwe n’uko vuba aha abasaga miliyoni 1.8 banduye virusi ya Sida cyangwa kuba abasaga miliyoni yarabishe mu 2016, bakagira impungnge ko ibintu bishobora kuba bibi kurushaho mu gihe umuterankunga ukomeye (Amerika) mu bikorwa byo kurwanya Sida yagabanyije inkunga.

Dr. Greg Millet yashimangiye ko gahunda yo kugabanya iyo nkunga mu 2018 bizatuma ibikorwa bigabanuka, avuga ko n’ibyo bishimira bagezeho byaturutse ku nkunga ikomeye yatanzwe binyuze mu kigega cya Perezidansi ya Amerika cy’ingoboka (PEPFAR) n’Ikigega Mpuzamahanga utera inkunga ibikorwa bitandukanye by’iterambare (Global Fund) kandi Amerika aka ari yo muterankunga ukomeye.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *