Inama y’abaminisitiriku izavuguta umuti kubajyaga batsindwa imanza bakabura ubwishyu

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda iravuga ko nyuma y’aho hari hashize iminsi hari ikibazo cy’abantu batsindwa mu nkiko basabwa ubwishyu bakabubura, ibi ngo bigiye gukemurwa vuba.

Iki kibazo ni kenshi cyagiye kigarukwaho n’inzego zitandukanye cyane cyane iz’ubutabera, aho bamwe mu baburana mu nkiko batsindwa, basabwa kwishyura ibyo bangije bakiregura ko nta bwishyu bafite.

Ubwo Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yakoraga isesengura rya raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu y’umwaka 2015-2016, yavuze ko aya ari amahirwe akomeye kuba iki kibazo kigiye kuvanwa mu nzira.

Kuri Depite Nyirarukundo Ignacienne, we avuga ko bitumvikana uburyo umuntu akora icyaha, byarangira hakavugwa ko adafite ubwishyu.

Yagize ati “Ni gute umuntu ufite ubushobozi bukora icyaha wavuga ko adafite ubwishyu? Ubundi uwo muntu ntiyagombye no kuba afite ubushobozi bwo gukora icyaha, ubu se abantu bajye bicara bakore ibyaha kuko bazi ko badafite ibyo kwishyura? Ubwo buri wese yajya yicara akora ibyaha uko ashatse.”

Mu gusubiza iki kibazo, Depite Byabarumwanzi François uyobora Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yavuze ko ubu umushinga w’itegeko rivanaho izi mbogamizi ugiye kujyanwa mu nama y’abaminisitiri.

Agira ati “Twari dufite ikibazo gikomeye cyane aho abantu batsindwaga mu nkiko, ariko ugasanga uwo muntu atagira igare, nta sambu mbese nta kantu na kamwe agira, ubu rero iki kibazo kigiye gukemuka kuko umushinga w’itegeko ugiye kujyanwa mu nama y’abaminisitiri, ku buryo mu gihe umuntu azajya akora icyaha niba adafite ubwishyu, ajye akora imirimo noneho ibyo yakoze inyungu ivuyemo yishyure wa wundi yakoreye icyaha.”

Aba badepite bavuga ko abajyaga bakora ibyaha bizeye ko batazakwa ubwishyu, ibi ngo bigiye gushyirwaho iherezo.

Kugeza ubu kandi minisiteri y’ubutabera ikaba yahawe amezi atatu kuba iki kibazo ngo cyamaze gukemurwa

Depite Byabarumwanzi François uyobora Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga amategeko.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *