Imyiragaragambyo irwanya leta yakomeje muri Sudani

Igipolisi cyo muri Sudani cyakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya imyigaragambyo irwanya leta mu murwa mukuru Kharthoum no mu mujyi wa Omburman.

Imbarutso y’iyi myigaragambyo yatangiye mu kwezi gushize yari izamuka ry’igiciro cy’umugati na lisansi.

Sudani ihanganye n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu kivugwamo ibura ry’amafaranga y’amadovize.

Abari mu myigaragambyo bakomeje kugenda basaba ko Perezida Omar al-Bashir ava ku butegetsi ariko ibyo ntabwo abikozwa.

Arashinja ibihugu byo hanze kuba inyuma y’iyo myigaragambyo imurwanya.

Kuva yatangira, inzego zishinzwe umutekano muri Sudani zakoresheje amasasu nyayo mu kugerageza gutatanya abayirimo.

Abategetsi baravuga ko abantu 22 bishwe kuva mu kwezi gushize. Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ivuga ko umubare w’abamaze kugwa muri iyo myigaragambyo uri hejuru cyane ku buryo abamaze gupfa ahubwo babarirwa byibura kuri 40.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *