Amajyaruguru: Bakajije umurego mu gufata abateye abana inda

Mu gihe kugeza ubu hari umukwabu wo gushaka abagabo bateye abana b’abakobwa inda batarageza ku myaka y’ubukure, hari bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko uburyo buri gukoreshwa bukwiriye kwigwaho neza ngo kuko gufunga umuntu wigeze gutera inda mu myaka itanu ishize bigira ingaruka ku watewe inda n’umwana wavutse.

Umubare utari muto w’abana basambanyijwe bakanaterwa inda ni wo watumye inzego z’Ubuyobozi zihagurukira iki kibazo mu buryo budasanzwe kuri ubu uvuzwe wese ko yateye inda umwana ataruzuza imyaka y’ubukure n’aho yaba yarabikoze mbere bikamenyekana uwo yasambanyije yarakuze ubu ari kubiryozwa.

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko hagakwiriye gukoreshwa ubushishozi bundi busa nko kudohora ngo kuko mbere bitashyizwemo imbaraga bigatuma uwateraga umwana inda yaritaga ku mwana na nyina, none ubu nawe akaba ari gutabwa muri yombi hatarebwe aho uwo mwana na nyina basigaye.

Hari uwagize ati“Nanjye ndi umugore banteye inda ntarageza ku myaka y’ubukure ariko ubu narakuze murumva bidateye inkeke gufunga umuntu kandi yafashaga umwana na nyina ndetse bombi bamaze gukura ?”

Imibare ikabije kandi iteye inkeke benshi banavuga ko ariyo ntandaro yo guhagurukira iki kibazo birenze ibyari bisanzwe ni abasaga ibihumbi 17 bagaragajwe mu mwaka wa 2016 ko batewe inda batagejeje ku myaka y’ubukure, umubare wakwiyongera cyane mu gihe hamenyekana n’abasambanyijwe ariko ntibaterwe inda.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *