Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ryagaragaje ibitaragenze neza mu matora aheruka

Ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda(NFPO) ryagaragaje ibitaragenze neza mu matora aheruka mu Rwanda y’abajyanama rusange na 30% by’abagore.

  • Hari aho indorerezi yageze ishaka gukoresha ingufu
  • Hari aho basangaga nta mpapuro z’itora na wino kandi ahandi amatora yatangiye
  • I Rulindo hari abaturage babajije niba Paul Kagame atari mu batorwa
  • Abakorerabushake bamwe bagowe no gusoma Icyongereza cyanditse ku byangombwa by’indorerezi

Ibi byatangajwe mu nama rusange yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Werurwe 2016.

Muri rusange amatora yagenze neza, ukurikije raporo yatanzwe n’indorerezi 100 za NFPO zakoreye hirya no hino mu gihugu mu gihe cy’amatora, ariko zisaba bike bikosorwa.

Raporo yagejejwe kuri NFPO n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wayo Burasanzwe Oswald, irimo bimwe mu bibazo byagaragaye mu gihe cy’amatora, n’icyo basaba inzego zitandukanye kubikosora.

Ibibazo byagaragaye, nko mu ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Rukomo, ku biro by’itora bya APAPEGI Cyuru hari ibikoresho by’itora bitari bihari ubwo habaga amatora y’abajyanama rusange.

Ibyo bikoresho birimo wino n’impapuro nini babaruriraho amajwi. Ikibazo cy’impapuro cyanagaragaye mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kinyababa kuri site ya Murambo.

Hari kandi ubukangurambaga bwagaragaye ko butakozwe neza mu turere twa Rulindo, aho abaturage bazaga babaza niba Paul Kagame ari ku rupapuro rw’itora.

Mu ntara y’Amajyepfo, indorerezi zasabwe kujya mu cyumba kimwe zibuzwa kwinjira mu bindi ku biro by’itora bya Butare Catholique. Kuri site ya EP Kiruhura mu Murenge wa Rusatira muri Huye, hari abavanyemo kandidatire ku munota wa nyuma, ariko ntihamanikwa amatangazo abuza abaturage kubatora.

Indorerezi kandi zangiwe kwinjira ku byumba by’itora byo kuri site ya Giseke mu Murenge wa Mwendo muri Ruhango. Mu karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyarusange kuri site ya GS Nyarusange, basanze lisiti z’abakandida zikimanitse ku nzugi z’ibyumba by’itora ku munsi w’itora, kandi bitemewe kuko bifatwa nko gukomeza kwiyamamaza amatora yatangiye.

Mu karere ka Nyanza, kuri site ya Nyanza A, abakorerabushake banze ko indorerezi zikurikirana ibarura ry’amajwi.

Mu ntara y’Iburasirazuba, hagaragaye ibibazo by’abatarakiriye indorerezi neza, n’abatangaga amakarita y’itora ku munsi nyir’izina w’amatora, ahatari wino, ahari kashe ya ‘Yatoye’idakora n’ibindi.

Mu ntara y’Iburengerazuba, hagaragaye ikibazo cy’abakorerabushake bagorwaga n’ururimi rw’Icyongereza rwanditse ku byangombwa by’indorerezi, babanzaga gusaba ibisobanuro byinshi.

Muri iyo ntara kandi, hari n’abakandida bavanyemo kandidatire ntibyamenyeshwa abatora, bituma imfabusa ziba nyinshi.

Mu mujyi wa Kigali Indorerezi zahejwe kuri site ya Kingdom mu Murenge wa Kicukiro. Mu Murenge wa Gahanga kuri site ya Gahanga II, hari indorerezi y’umukandida yabwiraga abantu uko batora. Kuri site ya GS Kacyiru II, batoreye mu igorofa ntibyorohereza abafite ubumuga.

NFPO yagaragaje ibikwiye kunozwa

Abaturage bakwiye kurushaho kugira umwete wo kwitabira amatora ku gihe, cyane cyane ku matora asaba umubare wa ngombwa ngo atangire.

Komisiyo y’igihugu y’amatora yasabwe gushyira mu Kinyarwanda, urwandiko ruhabwa indorerezi (Accreditations, Bags) kugira ngo bifashe abatora gutanga serivisi nziza.

Kurushaho gusobanurira abakorerabushake n’abayobora amatora akamaro k’indorerezi n’uburenganzira bwazo mu gukurikirana ibikorwa by’amatora.

Ibindi birimo gutanga amakuru ku bakandida bavanyemo kandidatire ku buryo abatora babimenya ndetse no guhugura abakorerabushake.

Senateri Tito Rutaremara yagaragaje ko hari ikibazo cy’indorerezi zijya zitwara nabi kuri site z’itora, bigatuma hari bamwe bakorerabushake nabo babafata nabi. Yatanze urugero rw’indorerezi y’umunyamahanga yashatse gukoresha imbaraga mu ntara y’Amajyaruguru.

Ku bijyanye n’abatoreye aho abafite ubumuga batagera,yagaragaje ko atari ikibazo gifite ubukana budasanzwe kuko nta magorofa menshi zitorerwamo mu Rwanda, asaba ko hakwiye kwigwa uburyo abagize ikibazo bazajya boroherezwa, hagashyirwaho utugare tubafasha, kuba bahekwa n’ibindi bibafasha.

Urebye raporo yatangajwe na NFPO, ijya gusa n’iyatangajwe ubwo habaga amatora ya referendumu.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *