Ibihugu bitatu bigiye kohereza Inkura eshanu mu Rwanda

Pariki eshatu zo mu bihugu bitatu byo ku mugabane w’u Burayi zahuje imbaraga kugira ngo zishakishe uburyo zakohereza mu Rwanda, inkura z’umukara bigaragara ko zigenda zikendera ku Isi.

Inkura eshatu z’ingore n’ebyiri z’ingabo ziturutse muri pariki ya Dvur Kralove muri Repubulika ya Tchèque, Flamingo Land mu Bwongereza na Ree Park Safari muri Danemark nizo zizoherezwa mu Rwanda.

News 24 ivuga ko mbere yo koherezwa muri Pariki y’Akagera hagati ya Gicurasi na Kamena 2019, zizabanza guhurizwa muri Tchèque kugira ngo zibanze zimenyerane.

Umuyobozi wa Pariki ya Dvur Kralove, Premysl Rabas, yavuze ko u Rwanda rwari rwaracitsemo inkura aho iya nyuma yahagaragaye mu 2007, ubu bigaragara ko rushobora kongera kuzakira zikabaho neza ndetse zikororoka.

Izi nkura zizagera mu Rwanda zisanga izisanzwe muri Pariki y’Akagera, zagejejwe mu gihugu muri Gicurasi 2017 zikuwe muri Afurika y’Epfo ndetse zikaba zaratangiye kororoka.

Kugeza ubu ku Isi hose habarurwa inkura z’umukara 900 gusa, 99 muri zo ziba mu bigo 22 byororerwamo inyamaswa bibarizwa ku mugabane w’u Burayi.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *