Umugore wo muri Maroc uba mu gihugu cya United Arab Emirates ‘yishe umukunzi we aramuteka’

Abashinjacyaha bavuga ko umugore wo muri Maroc ashinjwa kwica umukunzi we nyuma akagabura ibisigazwa bye nk’ifunguro ariha abakozi bakomoka muri Pakistani bakorera mu gihugu cya United Arab Emirates.

Abashinjacyaha bavuga ko yishe uyu mukunzi we w’umugabo mu mezi atatu ashize, ariko bakavuga ko byamenyekanye vuba aha ubwo habonekaga iryinyo ry’umuntu mu mashini ivanga ibiribwa yifashishwa mu guteka.

Ikinyamakuru The National cya leta ya United Arab Emirates, cyatangaje ko yemereye polisi ko yakoze icyo cyaha, avuga ko icyo gihe cyari icy'”ubusazi”.

Uyu mugore uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko, agiye kuburanishwa mu gihe hategerejwe gukorwa iperereza.

Yari amaze imyaka irindwi akundana n’uwo mukunzi we. Nkuko bitangazwa n’iki kinyamakuru The National, yamwishe amaze kumubwira ko afite gahunda yo gushaka undi mugore wo muri Maroc.

Nubwo polisi itahishuye uburyo yishwe, yavuze ko uyu mukunzi we yagabuye ibisigazwa by’umurambo we yabivanze n’ifunguro gakondo rimenyerewe muri United Arab Emirates rigizwe n’umuceri n’inyama, akarigaburira bamwe mu bakomoka muri Pakistani bakorera hafi aho.

Byamenyekanye ari uko umuvandimwe w’uwo mugabo agiye kumureba iwe mu mujyi wa Al Ain, uri ku mupaka na Oman. Icyo kinyamakuru gitangaza ko ari bwo yabonye iryinyo ry’umuntu mu mashini ivanga ibiribwa yifashishwa mu guteka.

Uwo mugabo yahise amenyesha polisi ko umuvandimwe we yaburiwe irengero, nuko nyuma yo gukorera ibizamini by’ingirabuzimafatizo (DNA) kuri iryo ryinyo, polisi isanga ari iry’uwo muvandimwe we.

Nkuko bitangazwa na polisi, uwo mugore yabanje kubwira umuvandimwe wa nyakwigendera ko yamwirukanye. Ariko igitangazamakuru Gulf News cy’i Dubai cyatangaje ko nyuma yo guhatwa ibibazo na polisi, uwo mugore yaguye igihumure, yemera ko ari we wishe umukunzi we.

Amakuru avuga ko uwo mugore yajyanwe mu bitaro ngo harebwe niba nta bibazo by’uburwayi bwo mu mutwe afite.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *