AmakuruImibereho myizaMu MahangaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsRecent NewsUncategorized

Hategerejwe icyemezo cya Trump ku gahenge k’iminsi 60 hagati ya Iran na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byemeranyije ku kongera igihe cy’agahenge ho iminsi 60, mu gihe impande zombi zikiganira ku zindi ngingo zikomeye zizatuma zigirana amasezerano yo guhagarika intambara burundu.

Amakuru Reuters yatangaje ko yahawe n’abantu bizewe, avuga ko impande zombi zemeranyije ku kongera agahenge ku wa Kane tariki 28 Gicurasi 2026.

Bivugwa kandi ko Iran yemeye ko izarekura amato yose agakomeza gukoresha umuhora wa Hormuz.

Bivuze ko muri iki gihe cy’agahenge impande zombi zahagarika kurasana, mu gihe zikiganira ku ngingo zikomeye zirimo n’umugambi Amerika ishinja Iran wo gushaka gutunga intwaro za Nucléaire.

Uretse guhagarika imirwano, iyi minsi y’agahenge ishobora gukorwamo ibindi bikorwa birimo kuba Iran yategura ibisasu yateze mu muhora wa Hormuz bitarenze iminsi 30.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na zo zishobora guhagarika umwanzuro zafashe wo gufunga ibyambu bya Iran, ndetse iki gihugu kikemerwa gukomeza gucuruza peteroli yacyo.

Nubwo impande zombi zamaze kwemeranya kuri iyi minsi 60 y’agahenge, hatagerejwe ijambo rya nyuma rya Perezida Trump kugira ngo gatangazwe.

Muri Mata 2026 nibwo Amerika na Iran byemeranyije ku gahenge ka mbere, ariko mu minsi ishize impande zombi zatangiye gushinjanya ku karengaho, kubera ibitero iki gihugu cyagabye kuri Iran, nayo igasubiza mu buryo bwo kwiherera.

Loading