Bashunga Abouba yatewe n’abantu bataramenyekana bangiza inzu ye ku buryo bukomeye

Mu ijoro ryo Gatatu tariki ya 12 Ukuboza 2018,  mu rugo rw’umunyezamu wa Rayon Sports Bashunga Abouba yatewe n’abantu bataramenyekana bikekwa ko bamuhoraga ko yaraye atsindishije ikipe maze bangiza inzu ye kuburyo bukomeye.

Ibi bije nyuma yaho ku munsi w’ejo tariki 12 ukuboza 2018 habaye umukino wahuje Rayon Sports  na APR FC ibitego bikarangira APR FC itsinze ibitego 2-1 cya Rayon Sports  mu mukino w’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2018/2019.

Imbarutso yabyose bikekwa ko yatewe n’igitego bamutsinze ku munota wa nyuma ku mupira Michel Rusheshangoga yateye asa nuwuhinduye imbere y’izamu ariko uyoboka mu izamu  Bashunga asimbutse kuwukuramo asanga wamurenze.

Ahagana mu saa munani z’ijoro ni bwo abantu batamenyekanye bateye urugo rw’uyu mugabo aho atuye ku Ruyenzi, batera amabuye ku nzu ye ndetse bamena ikirahure kimwe.

Bashunga Abouba yemereye itangazamakuru ko ibi byabayeho, ngo bamushinjaga ko yabatsindishije kuko yavuganye nabo bari hanze y’igipangu babuze uko binjira ariko yabarebaga bari abantu bagera kuri 5, gusa ubu iki kibazo cyamaze kumenyeshwa polisi.

Bashunga Abouba ni umunyezamu ubanzamo ku buryo buhoraho wa Rayon Sports kuva aho bakame ahagarikiwe ndetse bikarangira agiye gukina mugihugu cya Kenya.

Inzu ya Bashunga yigirijweho nkana kuburyo budasanzwe

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *