Abagore: Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 agiye guhatanira itike y’igikombe cy’Isi

Ikipe y’igihugu y’abagore y’abatarangeje imyaka 20 izatangira guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi cya 2018 kizabera mu Bufaransa ku mukino wa mbere aho ishobora gukina n’u Burundi cyangwa Djibouti.

Nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) u Rwanda ruri mu makipe 19 muri Afurika agiye guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi aho mu ntangiriro za Mutarama umwaka utaha wa 2018 amakipe abiri agomba gukina igikombe cy’Isi azaba yamenyekanye.

U Rwanda ruzahera mu ijonjora rya mbere aho ruzahura n’ikipe izaba yatsinze hagati y’u Burundi na Djibouti zizahura mu ijonjora ry’ibanze rizaba muri Nyakanga na Kanama uyu mwaka.

Iyi mikino yo gushaka itike, izatangira tariki ya 21kugeza 23 Nyakanga 2017.

Amavubi umukino ubanza azawukina hagati y’itariki ya 15 n’iya 17Nzeli naho uwo kwishyura iwukine tariki ya 1 Ukwakira uyu mwaka.

Mu ijonjora rya kabiri, ikipe izaba yakomeje hagati y’u Rwanda n’iyatsinze hagati y’u Burundi na Djibouti, izahura n’izaba yakomeje hagati ya Afurika y’Epfo na Namibia mu Gushyingo uyu mwaka.

Uko ibihugu bizahura mu ijonjora rya mbere kuva tariki ya 15 kugeza 17 Nzeli uyu mwaka

Burundi/Djibouti vs Rwanda

South Africa vs Namibia

Morocco vs Senegal

Nigeria vs Tanzania

Tunisia vs Libya/Sierra Leone

Guinea vs Cameroun

Algeria vs Ghana

Ethiopia vs Botswana/Kenya.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *