AmakuruHEALTHImibereho myizaMuri AfurikaNewsPoliticsPolitikiUbuzimaUncategorized

Tedros wa OMS yageze i Kinshasa kandi yitezwe no kujya na Ituri

Umukuru w’ishami rya ONU ryita ku buzima ku isi OMS/WHO mu ijoro ryacyeye yageze i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo gufasha kuyobora ibikorwa byo kurwanya Ebola.

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus byitezwe kandi ko azakomeza akagera no mu bice byo mu burasirazuba bw’iki gihugu bikomerewe n’indwara ya Ebola ubu bivugwa ko imaze kwica abarenga 200 mu gihe abayanduye barenga 1,000 kugeza ubu.

Tedros amaze iminsi atanga ubutumwa bw’icyizere no kwifatanya na Congo avuga ko batari bonyine, kandi ko azakora ibishoboka byose ngo abafashe.

Ageze i Kinshasa yagize ati: “Iki cyorezo gishobora guhagarikwa”.

Yavuze ko abahanga barimo kugerageza guhagangana n’ubu bwoko bushya bwa Ebola Bundibugyo bwamaze ibyumweru, cyangwa amezi, bukwirakwira butaraboneka, mu karere k’icyaro mu ntara ya Ituri.

Bitandukanye n’andi moko ya Ebola yabonetse mbere, ubu bwa Bundibugyo ntabwo burabonerwa urukingo kugeza ubu, abahanga bakaba bakomeje gukora ngo barugereho.

Ibihugu bimwe ubu byahagaritse ingendo ziva n’izijya muri DR Congo, birimo na Uganda igihugu gituranyi na Congo.

Loading