USA:Trump yarahiye ko atazivuguruza niba Leta itarekuye akayabo asaba

Ikindi cyumweru  cy’umurimo  cyatangiye kuri uyu  wa mbere muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ariko ibihumbi by’abakozi ba leta bo basabwe kwigumira  mu ngo zabo kuko imirimo ya leta yahagaritswe.

Bamwe muri bo bashobora kuzagaruka ku mirimo yabo, ariko ibijyanye no  guhembwa bakaba babyibagiwe.

Perezida Donald Trump ejo kucyumeru yatangaje ko yumva neza    ibihe bitoroshe barimo byo gukora batizeye guhembwa, ariko abasaba gushaka uko baba birwanaho kuko atazemera ko leta yongera gusubukura akazi  adahawe miliyali  eshanu z’amadolari asaba zo kwubaka urukuta ku mupaka Amerika ihana na Mexique.

Ibiganiro byahuje ejo ku cyumeru abayobozi bo mu biro bya Perezida White House,barimo icyegera cy’umukuru w’igihugu Mike Pence ,hamwe na bamwe mu bafasha mu nama nshingamategeko kur’icyo kibazo cy’urukuta ntamwanzuro byatanze , ariko Trump avuga ko ubwumvikane bushobora  kugerwaho  mu minsi mike iri imbere benshi mu binangiye bamaze kugerwaho n’ingaruka zabyo.

Abakozi ba leta bagera ku  ibihumbi 800 basubijwe  iwabo,  ib’ingenzi bakenerwa  cyane nabo barimo barakora badahembwa muri iyi minsi leta yaharitse imirimo yayo.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *