Uruganda Bralirwa rwazamuye ibiciro kuri bimwe mubyo rukora

Zimwe mu nzoga zazamutseho amafaranga agera ku ijana 100Rwf

Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa rwatangaje impinduka ku biciro bya bimwe mu binyobwa bisembuye birimo Primus, Legend na Turbo King.

Icupa rya santilitiro 33 rya Primus riri kugura amafaranga y’u Rwanda 400, irya 50 cl riragura 600 rivuye kuri 500 na ho irya 72 cl riragura 800 rivuye kuri 700.

Icupa rya Legend ya 30cl kuri ubu rigura amafaranga y’u Rwanda 600, Turbo King ya 33cl iragura 500, Turbo King 50 cl ikagura 700 naho Amstel ya 33cl iragura 700.

Bralirwa itangaza ko igiciro cy’inzoga zirimo Mutzig, Mutzig-Lite, Huza na Heineken ndetse n’icy’ibinyobwa bidasembuye (Fanta) na byo ari ibisanzwe.

Bralirwa, yatangaje ko uhereye mu mwaka wa 2011, igiciro cy’ibinyobwa bya Bralirwa kitigeze gihinduka, nyamara ikiguzi cy’ibyakoreshwaga mu kwenga inzoga cyo cyakomeje kuzamuka umunsi ku wundi.

Ivuga ko byari ngombwa cyane ko umusaruro w’ibyo binjiza uzamuka mu rwego rwo kwirengera impinduka zigaragara ku isoko ry’ibyo bahaha.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *