Umuhanzi Oliver Mtukudzi yapfuye

Umunya-Zimbabwe wubatse izina rikomeye muri muzika ku rwego mpuzamahanga, Oliver Mtukudzi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatatu azize uburwayi bwari bumaze ukwezi bwaramuheranye.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Zimbabwe byatangaje ko Mtukudzi yitabye Imana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 23 Mutarama 2019, muri The Avenues Clinic mu murwa mukuru Harare.

Uyu musaza w’imyaka 66 yari amaze ukwezi arwaye. Ikinyamakuru TshisaLive cyatangaje ko inzu yatungarizagamo indirimbo yitwa Gallo Records yemeje aya makuru ariko nta kindi barengejeho.

Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko babajwe n’urupfu rw’uyu musaza ufite amateka akomeye mu muziki wa Jazz.

Yamenyekanye cyane imbere y’ubwigenge bwa  Zimbabwe mu 1980 igihe yifatanyaga  n’abarwanyi ari kumwe n’umuririmbyi Thomas Mapfumo, mu njyana  y’umudiho wo kwibohora ku butegetsi bwa  Ian Smith.

Mtukudzi yakoreye mu ruganda rwa muzika  imyaka 40, atunganya alubumu 67.

Alubumu ye ya nyuma yumvikanamo  ibibazo bya  politike n’imibano bitifashe neza magingo aya  mu gihugu cya Zimbabwe.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *