Umuhanzi Alain Muku yaje kwifatanya n’Abanyarwanda mubihe bya Noheri n’Ubunani

Nyuma y’igihe umuhanzi  Alain MUKU wamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye zakunzwe n’abanyarwanda nka MUREKATETE, GROLIA,  MUSEKEWEYA n’izindi nyinshi kuri ubu yashyize hanze indirimbo n’amashusho yazo zose zifuriza abantu noheli nziza.

Ubusanzwe uyu muhanzi ni umwe mubahora baharanira iterambere ry’umuzikinyarwanda  dore ko mu myaka ishije yakoresheje amarushanwa yo kuzenguruka I Gihugu ashaka abana bafite impano yo kuririmba ariko badafite ubushobozi  amarushanwa  yise Hanga Higa .

Mukiganiro twagiranye Mukuralinda yavuze  atigeze ahagarika umuziki nkuko benshi babiketse ahubwo ko hari byinshi yarari gutegurira abanyarwanda n’abakunzi b’umuziki we muri Rusange , yavuze kandi impamvu yatumye asohora indirimbo 3 icyarimwe za Noheli ko ari uko yabonaga ko abahanzi benshi badakunda kwita kundirimbo za Noheli  wasangaga muri iyi minsi abantu bacuranga indirimbo za kera gusa .

Indirimbo 3 uyu muhanzi yashyize hanze ni ni izi:

IJORO RITUJE(Silent_Night-Douce_Nuit),

Noheli_Nziza_(We_Wish_You_A_Merry_Christmas),

Inzogera_zivuga_-_Jingle_bells_-_Vive_le_vent

Uyu muhanzi kandi avuga ko ari gutegura uburyo yakora ibitaramo byo kuzenguruka ibice bitandukanye by’Igihugu aririmbira abakunzi b’ibihangano bye nkuko yagiye abisabwa n’abatantu  batadukanye, yanashimangiye ko  afitiye abanyarwanda indirimbo nyinshi zikubiyemo ubutumwa bugiye butandukanya bwafasha abanyarwanda muri gahunda zitandukanye zishyizwe imbere na Leta.

Alain Mukuralinda ni umwe mubahanzi bakora umuziki yibanda kungeri zitandukanye  harimo urukundo ,iyobokamana n’ibindi indirimbo 3 ashyize hanze za Noheli zije zisanga izindi  nazo za Noheli yakoze mbere harimo iyamenyekanye hano mu Rwanda cyane yise  “GROLIA”

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *