Nyamagabe:Abakorera muri selling Point barahavuga Imyato

Kwibumbira hamwe mu makoperative ni imwe mu nzira yihutisha iterambere bigatuma abantu babasha kwizamura no kunoza umwuga wabo,ndetse bakayigiramo byinshi mu gihe bikozwe neza,bamwe mu bo mu karere ka Nyamagabe  barishimira icyo gikorwa.

COOANYA (Cooperative des Artisant de Nyamagabe) ni  Koperative  ikorera imirimo yayo mu karere  ka Nyamagabe ,Umurenge wa  Gasaka,  ikaba ifite mu nshingano zayo  ibikorwa  bitandukanye by’imyuga ,bikorerwa ahashyizwe  Selling point  hazwi nk’Agakiriro muri rusange.

 

 

Rwagakiga Tharcisse Perezida wa  koperative  

Ngendahimana jean Paul ni umunyamuryango akaba  n’umujyanama  muri iyi koperative avuga ko kuba bakorera muri selling point bibafasha kubona abakiriya,nkabantu bakorera ahantu hasobanutse kurusha aho bakoreraga mbere,bityo bakabasha kwitezimbere,akaba ashishikariza n’abandi kurushaho kwitabira gukorera hamwe,kuko ari yo nzira yo kwihutisha iteranbere.

Yagize ati” Kera tugikorera ahantu hatandukanye byasaga no gutatanya imbaraga zacu,ariko aho tumariye kwibumbira mu makoperative byatumye tubasha kwagura ibitekerezo byacu kuko dusangizanya ubumenyi dufite,byumwihariko kuba noneho dukorera hamwe mu gakiriro byatumye turushaho kubona abakiliya bitworoheye.”

 

 

Ngendahimana J paul Umujyanama

Uyu mujyanama kandi yaboneyeho kugaragaza ko  hakwiye gushimangirwa gahunda yo guhamaagarira n’abandi bataraza gukorera mu gakiriro ko bashyirwaho itegeko kuko hakiri abagikorera ibikorwa nk’ibyo bakora ahantu hatandukanye,ibyo we abona nka kimwe mubikidindiza imikorere yabo bitewe no gusaranganya abaguzi.

 

Agira ati”Leta ikwiriye gushyira imbaraga kubakorera mu kajagari bakaza gukorera mu dukiriro kuko ari byo byihutisha iterambere  kuko abantu bakorera hamwe  bityo ntibanyanyagize imbaraga  kandi bagakorera mu mucyo “.

Koperative COOANYA yatangiye mu mwaka wa 2015,ikaba yemewe kuko yabonye ubuzima gatozi kuwa 07 Ukuboza,Umwaka wa  2016. Igizwe n’abanyamuryango 16 buri wese akaba yaratanze umugabane shingiro w’amafaranga  ibihumbi ijana (100.000Rwf.)

Gahunda yo kwibumbira mu makoperative ni umurongo Leta yihaye hagamijwe gusubiza ibibazo by’abaturage mu kuzamura imibereho yabo no kubakangurira gukorera hamwe bakihangira imirimo nkinkingi yo kwihutisha iterambere.

 

                                                                                                                                             

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *